
Umukinnyi wa filime w’umunyamuryango wa Hollywood, Lupita Nyong’o, yatangaje ko amaze imyaka irenga 10 ahanganye nβindwara ikomeye yβibibyimba (fibroids) byafashe nyababyeyi ye. Ibi yabitangarije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yavuze ko yahisemo gushyira ahagaragara ibyamubayeho kugira ngo agire nβabandi bagore nβabakobwa atinyura.
Lupita, wβimyaka 42, yavuze ko yamenye ko afite ibibyimba 30 kuri nyababyeyi ye mu mwaka wa 2014, ubwo yari amaze gutsindira Academy Award azwi cyane nka Oscar kubera uruhare rwe muri filime 12 Years a Slave. Icyo gihe, mu gihe isi yose yamuteraga amashyi nβibisingizo, we ngo yari atangiye urugamba rukomeye ku buzima bwe bwite.
“Mu 2014 ubwo nari ku gasongero k’umwuga wanjye, nabwiwe ko mfite ibibyimba 30 bifashe nyababyeyi. Byari ibihe bikomeye cyane mu buzima bwanjye, ariko nabihishe igihe kirekire kuko numvaga ari isoni no gutinya kumvwa nabi,” Lupita yabitangaje ku rubuga rwe rwa Instagram.
Yakomeje avuga ko igihe kigeze ngo avuge ibyamubayeho, kugira ngo n’abandi bakobwa n’abagore bahura nβibibazo bisa nβibye batinyuke gusaba ubufasha hakiri kare.
“Abagore benshi bahura nβiki kibazo ariko bakaceceka kubera ubwoba, ipfunwe cyangwa kutamenya aho bahera. Ndi hano kugira ngo mbabwire ko atari wowe wenyine. Nanjye naciye muri byo kandi birashoboka kubaho, kwivuza no gukomeza ubuzima.”
Indwara yβibibyimba byo muri nyababyeyi izwi mu ndimi zβamahanga nka uterine fibroids ni ibibyimba biba bitari kanseri bikaba bifata inyuma cyangwa imbere muri nyababyeyi yβumugore. Ni indwara ikunze kwibasira abagore benshi, cyane cyane abari hagati yβimyaka 30 na 50.
Nubwo atari kanseri, ibi bibyimba bishobora gutera ibibazo bikomeye birimo:
Kuribwa mu nda yβiburyo cyangwa ibumoso, amaraso menshi mu gihe cyβimihango, Kunanirwa gusama cyangwa guterwa inda, Kubura amahoro mu mubiri bitewe nβububabare buhoraho
Kugeza ubu, Lupita ntiyavuze niba yarabazwe cyangwa niba yakomeje kwivuza uko imyaka yagiye ihita, ariko yashimangiye ko abayeho neza kandi afite icyizere.
Mu butumwa bwe, Lupita yavuze ko yafashe umwanzuro wo kudakomeza guceceka ku byo yanyuzemo. Yasabye abagore gukunda imibiri yabo, kwipimisha kare, no kudategereza ko uburwayi bukura ngo aribwo bashaka ubufasha.
“Ndashaka kubwira buri mugore wese ko kwita ku buzima bwawe atari ubwibone cyangwa kwigira. Ni ubushishozi. Kandi ni urukundo. Rukunda ubuzima bwawe nβubwβabazagukunda,” yagize ati.
Uyu mukinnyi wβicyamamare azwiho ubwitange mu gusakaza ubutumwa bufasha sosiyete, byβumwihariko mu birebana n’uburinganire, ubuzima bwiza nβicyizere ku bagore bo muri Afurika no ku isi hose.
Abaganga bagaragaza ko iyi ndwara ishobora kwitabwaho hakiri kare, iyo umugore yihutiye kwisuzumisha igihe atangiye kubona ibimenyetso bidasanzwe, cyane cyane ibijyanye nβimihango idasanzwe, ububabare bukabije mu nda no kuba atwita bikagorana.
Hari uburyo butandukanye bwo kuvura ibi bibyimba:
Imiti igabanya ububabare no kugabanya ubunini bwβibibyimba, kubaga no kubikuramo burundu, no gukoresha uburyo bwa laser cyangwa radiology yihariye
Lupita Nyongβo yongeye kugaragaza ko atari umunyamwuga gusa mu byo akora, ahubwo ko ari nβumunyabuntu ukunda gutanga urugero. Gutinyuka kwe kuvuga ku burwayi bwamubereye igikomere mu buryo bwihariye, bishobora kuba isomo nβicyizere ku bakobwa nβabagore benshi ku isi.
Mu gihe isi yamushima ku buhanga bwe mu gukina filime, ubu noneho hari abandi bamushima kubera ubutwari bwe bwo kuvuga ibyo benshi bahitamo guceceka.















