Ikipe ya Manchester City ikomeje kwerekana ubushake bwo kugura umukinnyi wo hagati wa Nottingham Forest, Morgan Gibbs-White, aho ubu barimo gutegura intambwe ikomeye mu biganiro bigamije kumwegukana mu mpeshyi iri imbere.
Amakuru aturuka hafi yโiyi kipe yโumutoza Pep Guardiola aravuga ko Morgan Gibbs-White ari umwe mu bakinnyi bamaze igihe bifuzwa cyane, ndetse bashobora gutanga igiciro kinini kugira ngo bamwegukane mbere y’uko isoko ryo kugura no kugurisha ritangira.
Manchester City yizeye ko kuganira ku bijyanye nโamasezerano ye bwite bitazaba ikibazo kuko nโumukinnyi ubwe yagaragaje ko yifuza gukina ku rwego rwo hejuru no mu mikino ya UEFA Champions League.
Ariko icyโingenzi kirimo gukomera ni uko Nottingham Forest itaragaragaza ubushake bwo kumurekura vuba, dore ko bacyifuza ko ayibera igikoresho cyโingenzi mu rugendo rwo gushaka itike yo gukina imikino yโi Burayi mu mwaka utaha.
Morgan Gibbs-White, wโimyaka 24, yagaragaje ubuhanga nโimbaraga muri Premier League yโuyu mwaka, aho yitwaye neza cyane mu mikino ya Forest.
Yagize uruhare rukomeye mu bitego nโimipira yahawe bagenzi be, ibintu byatumye amakipe akomeye atangira kumwifuza birimo na Tottenham, Arsenal nโandi. Icyakora, City ni yo isa nโiri imbere cyane muri aya marushanwa yo kumwegukana.
Nottingham Forest, nubwo iri mu bibazo byโimari (financial fair play), ikomeje gushaka uburyo bwose bwo kugumana Gibbs-White.
Gusa bishobora kutayorohera cyane niba City ikomeje kotsa igitutu ndetse ikanatanga amafaranga ahambaye ashobora kugurwamo abandi bakinnyi benshi.
Biteganyijwe ko mu byumweru biri imbere Manchester City izongera imbaraga mu biganiro, igashyira ku meza amafaranga ashimishije Nottingham Forest, kugira ngo yegukane uyu mukinnyi ukomeje kuzamuka mu rwego mu buryo bugaragara.
















