Kylian Mbappé na Arda Güler bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo mu kibuga, nyuma yo kugira uruhare runini mu ntsinzi ya PSG kuri Celta Vigo. Uyu mukino wabaye kuri uyu wa karindwi, doreko wasize aba basore bombi bari mu byishimo byinshi kubera imikino myiza bagaragaje n’ibikorwa bifatika bakoze.
Mbappé, rutahizamu ukomoka mu Bufaransa, yatsinze ibitego bibiri muri uwo mukino, agera ku bitego 36 mu marushanwa yose amaze gukina muri uyu mwaka w’imikino.
Ubu bushobozi bwo gutsinda no kuba ahora ateye ubwoba abugarije, bwatumye benshi bemeza ko ari we mukinnyi uri ku rwego rwo hejuru muri iyi myaka ya vuba.
Ibyo bitego bibiri byiyongereye ku ruhame rwe rw’intsinzi, byatumye yongera kwemeza ko ari umukinnyi udasanzwe.
Mbappé kandi yahaye Arda Güler umupira wavuyemo igitego, umupira wamugejeje ku bufatanye bwa 14 (goals/assists) mu mwaka we wa mbere muri PSG.
Arda, umukinnyi w’imyaka 19 ukomoka muri Turikiya, akomeje kugenda atera imbere, agaragaza ubuhanga n’icyerekezo cy’umukinnyi w’igihe kirekire.
Nubwo ari mu mwaka we wa mbere mu ikipe y’igihangange, uburyo akinamo, ubuhanga bwe bwo gusoma umukino n’ubushake afite bwo kwitanga ku bw’ikipe, byamuhesheje imitima ya benshi.
Abafana ba PSG n’abandi bakunzi b’umupira w’amaguru ntibahwemye kugaragaza ibyishimo byabo ku mbuga nkoranyambaga, bashima uruhare rwa Mbappé na Güler mu mikino iheruka.
By’umwihariko, uburyo aba bakinnyi bombi buzuzanya mu kibuga n’uburyo bafashanya mu gutsinda no gutanga imipira ivamo ibitego, bitanga icyizere gikomeye ku hazaza h’ikipe.
Uyu mukino wabaye umwanya mwiza wo kongera kwerekana ko Mbappé na Arda Güler ari abakinnyi bafite impano zitangaje, kandi bashobora kurushaho kuba ingenzi ku ikipe yabo. Nibakomeza gutya, PSG ifite amahirwe menshi yo guhatanira ibikombe byinshi uyu mwaka.
