Mu mukino wari witezwe na benshi wabereye ku kibuga cya Anfield Road, kipe ya Liverpool FC yahuye nβakaga itari yiteze ubwo Crystal Palace yayinyagaga ibitego 3-0, bituma abafana benshi basigara bagwa mu kantu. Dore ko ikipe ya Liverpool ikomeje gutungurana, kuko mu gihe abakinnyi ubwo bari mu kibuga barwana no gucyura atatu, rutahizamu Mohamed Salah we yagaragaye ari ku ntebe yβabasimbura, aseka ubona ko bitamutangaje kubona ikipe ya Crystal Palace ibatsinda, doreko yarimo kurya inanasi, ibintu byahise bica ibintu ku mbuga nkoranyambaga.
Abafana benshi babonye ayo mafoto nβamashusho bibaza niba Salah atari yirengagije ibiri kubera mu kibuga cyangwa se niba ari ikimenyetso cyβubwitonzi no kudashyira igitutu ku bandi bakinnyi. Kubwo kutagaragara neza mu mukino baherukaga gutsindwamo, umutoza Arne Slot yahisemo kutamukinisha.
Mu mashusho yafashwe na kamera za Sky Sports, Salah yagaragaye arimo kurya inanasi nβabandi bakinnyi aasa nkβureba umukino mu buryo bwihariye, bavuga amagambo asekeje. Ibyo byahise byinjira mu mitwe yβabafana bamwe bavuga bati: βEse Salah arimo kurya inanasi koko mu gihe ikipe ye iri gutsindwa?β
Nyuma yβumukino, umutoza Slot yavuze ati: βSalah ni umukinnyi wacu ukomeye, ariko uyu munsi ntiyari yiteguye gukina. Kuba yari ashyize hamwe nβabandi ku ntebe, byerekana ko yishimira kuba mu ikipe, nubwo tutatsinze.β
Hari nβabasesenguzi bβitangazamakuru bavuga ko Salah ashobora kuba yarashatse kugaragaza ko βkwitwara neza no gutuza mu bihe bikomeyeβ ari ingenzi kurusha kugaragaza umujinya. Umufana umwe yanditse kuri X (Twitter) ati: βNiba Salah yarari kwirira inanasi yishimiye intebe yabasimbuza, bivuze ko agifitiye icyizere ikipe ye.β
Ibyo byabaye isomo rikomeye ku ikipe ya Liverpool, kandi bikaba byerekana ko nubwo batsinzwe, Salah akiri umuyobozi mu mutima yβabafana ndetse akanabereka ko rimwe na rimwe, no mu bihe bikomeye, guhumeka no gusetsa ari ngombwa kugira ushire uburakakri ndetse bitewe no kuba atabyizera.
















