• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi

Umuhanzi ukiri muto, Mpano Yeah ni umwe mu rubyiruko rufite impano n’inyota yo gutanga ubutumwa binyuze mu bihangano byabo.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
July 10, 2025
in Imyidagaduro
0
Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi
0
SHARES
17
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Amazina ye nyakuri ni TUYISHIMIRE Jean Claude, ariko mu ruganda rwa muzika Nyarwanda, azwi cyane ku izina Mpano Yeah. Uyu musore ukiri muto, afite imyaka 19 gusa y’amavuko, yatangiye urugendo rwe rwa muzika ku mugaragaro mu mpera z’umwaka wa 2024, aho yasohoye indirimbo ye ya mbere mu kwezi kwa Ukuboza.

Mpano Yeah ni umwe mu rubyiruko rufite impano n’inyota yo gutanga ubutumwa binyuze mu bihangano byabo, n’ubwo inzira atari nziza nk’icyanzu. Nta bushobozi buhambaye bwo gukora muzika, ariko kandi ibyo ntibyigeze bimuca intege.

Yakomeje gukora ibihangano bye uko ubushobozi bwamwemereraga, akabikora abikunze, ndetse ahora yifuza ko ubutumwa atanga bwagera kuri benshi.

Indirimbo ya mbere ya Mpano yise ‘Akunyu’, yayikoranye n’umutima we wose, ariko ntiyabashije gusohoka uko yabiteganyaga kubera ikibazo gikomeye cy’amashusho. Uwo bari bayikoranye na Director DV, yamwibye amashusho yari yakoze, bituma indirimbo isohoka ituzuye. Ibyo ni bimwe mu byo yitesha kugira ngo adacika intege, ariko ntibyamuteye kuva ku nzozi ze.

Nyuma y’iyo ndirimbo ya mbere, Mpano Yeah yaje gushyira hanze iyitwa ‘Mon bébé’, aho yerekana urukundo ruva ku mutima, yifashishije amagambo yoroshye ariko arimo ubusizi n’ubutumwa bukomeye.

Iyo ndirimbo ni yo yatumye bamwe mu bakunzi ba muzika batangira kumumenya, ndetse abandi batangira kumushyigikira binyuze ku mbuga nkoranyambaga no kumushyigikira mu buryo bwo kumuha ubufasha butandukanye.

Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyiranze hanze ikomeje kuvugisha benshi

Kuri ubu, indirimbo ya gatatu yise ‘Bizakunda’ niyo iri kuvugisha benshi. Iyi ndirimbo ije mu gihe nyacyo, kuko ivuga ku buzima bushaririye abahanzi bato banyuramo, barimo kwihanganira inzitizi, agasuzuguro, no kubura ubushobozi, ariko bagakomeza kwizera ko ejo habo hazaba heza.

“Bizakunda” ni indirimbo ikubiyemo ubuzima bwa Mpano n’abandi bahanzi b’inzozi, aho baririmba n’umutima wabo wose, bagamije ko igihe kizagera bakumvwa na bose.

Indirimbo “Bizakunda” irimo gucurangwa kuri YouTube ndetse no ku mbuga zitandukanye zicuruza umuziki. Ku rubuga rwe rwa YouTube, iyi ndirimbo yagaragaje ko hari icyizere cyo kwamamara, kuko imaze kugera mu bitekerezo bya benshi.

Mpano Yeah, uvuga afite inzozi zihanitse, wifuza ko ubutumwa bwe bwagera ku bantu bose bafite impano ariko badafite aho bazikomereza. Ati: “Nta musore utagira inzozi, gusa ntizisohozwa na buri wese. Njye ndabizi ko bizakunda, kubera ko impano n’icyizere bifite imbaraga.” Uyu musore arasaba abantu bose, by’umwihariko abakunda umuziki nyarwanda, gukomeza gushyigikira abahanzi bato badafite aho bashingira, kuko nabo bafite inkuru nziza zavamo indirimbo nziza.

Amwe mu mafoto agize indirimbo ye

ADVERTISEMENT
Previous Post

Bruno K atangaje impamvu akunda gukundana n’abagore babyaye bonyine

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi

Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi

July 10, 2025
Bruno K atangaje impamvu akunda gukundana n’abagore babyaye bonyine

Bruno K atangaje impamvu akunda gukundana n’abagore babyaye bonyine

July 10, 2025
Abahawe Green Card bahindutse Abanyamerika bashobora gukurwaho ubwenegihugu bwa Amerika

Abahawe Green Card bahindutse Abanyamerika bashobora gukurwaho ubwenegihugu bwa Amerika

July 10, 2025
Jude Bellingham agiye kubagwa urutugu rw’ibumoso

Jude Bellingham agiye kubagwa urutugu rw’ibumoso

July 10, 2025

Recent News

Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi

Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi

July 10, 2025
Bruno K atangaje impamvu akunda gukundana n’abagore babyaye bonyine

Bruno K atangaje impamvu akunda gukundana n’abagore babyaye bonyine

July 10, 2025
Abahawe Green Card bahindutse Abanyamerika bashobora gukurwaho ubwenegihugu bwa Amerika

Abahawe Green Card bahindutse Abanyamerika bashobora gukurwaho ubwenegihugu bwa Amerika

July 10, 2025
Jude Bellingham agiye kubagwa urutugu rw’ibumoso

Jude Bellingham agiye kubagwa urutugu rw’ibumoso

July 10, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi

Mpano Yeah indirimbo ye ‘Bizakunda’ aherutse gushyira hanze ikomeje kuvugisha benshi

July 10, 2025
Bruno K atangaje impamvu akunda gukundana n’abagore babyaye bonyine

Bruno K atangaje impamvu akunda gukundana n’abagore babyaye bonyine

July 10, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com