Mukarujanga, umwe mu bakinnyi bakunzwe mu ruganda rwa filime nyarwanda, yongeye gusetsa no gutanga isomo mu mvugo yo kwerura akavuga ko “no mu bisanzwe akunda inyama cyane.” Ibi yabivuze nyuma yo gusangira inyama na Wamipango”, aho byatumye avugishwa kubera uburyo yahuje urwenya n’ubuzima bwe busanzwe.
Nyuma yo gutera abaraho akanyamuneza, Mukarujanga yahise akomoza ku kibazo yarabajijwe na Wamipango ku kijyanye n’uko umunyamakuru wa Isibo Radio, Djihad, yagize ibibazo byo kuba yatabw muri yombi. Mu ijambo rye, Mukarujanga yavuze ko kubana neza n’Abanyarwanda bisaba kuba umuntu wisanisha nabo, ukamenya uburyo bavuga, uko batekereza n’uko babaho. Yagize ati: “Icyo tubura ni ukumva ko ubuzima twese tubusangiye. Ariko nanone, mu mvugo yose ukoresha ugomba kwirinda guhungabanya undi.”
Uyu mukinnyi wa filime nyarwanda kandi ubimazemo igihe yongeye kwibutsa ko ururimi n’imvugo bifite ingaruka nini ku bantu batandukanye, bityo abahanzi, abanyamakuru n’abanyabigwi bakwiye kuba intangarugero mu gukoresha amagambo arimo ubwubahane. Yashishikarije urubyiruko n’abakora mu itangazamakuru kumenya imbibi z’urwenya n’izo gutanga ibitekerezo, kugira ngo hatagira ubihutarizwamo cyangwa ngo haboneke ibyo abavuga batatekerejeho ibihungabanya abandi.
Ku ruhande rwe, Mukarujanga yakomeje gushimira Abanyarwanda bamushyigikira, abasaba gukomeza kuganira no gukunda ibyabo, ariko buri wese akibuka ko amagambo avuga ashobora kubaka cyangwa gusenya.
















