• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza

Uwase Muyango yahishuye isura itari y'ubwamamare, asaba urubyiruko gutekereza kabiri mbere yo kurugiramo inzozi, avuga ko igitutu cyo ku mbuga nkoranyambaga gishobora gutwara amahoro y’umutima.

PRINCE by PRINCE
July 17, 2025
in Imyidagaduro
0
Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza
0
SHARES
2
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Uwase Muyango, umwe mu bamenyerewe ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda, yatanze ubutumwa bukomeye bugenewe cyane cyane abakobwa n’urubyiruko rwihutira gushaka ubwamamare, abibwira ko ari umuryango unyura umuntu mu byiza gusa, adasize inyuma ingaruka bibagiraho.

Uyu mugore uherutse kwisanga mu bihano by’imvugo ziremereye ku mbuga nkoranyambaga—ndetse bamwe bamwibasira ku buryo butarimo impuhwe—yanyuze ku rukuta rwe rwa Instagram atanga ubutumwa busa n’ubwuje uburibwe ariko burimo isomo rikomeye.

Muyango yagaragaje ko n’ubwo ubwamamare bushobora kugutambutsa ukagera kure, bugatuma ubona amafaranga, imyambaro myiza n’izina mu bantu, bitavuze ko byose biba ari umunezero gusa. Yagize ati:

“Ubwamamare bushobora kukugeza kure, bwagutungira ubuzima, ariko mbere yo kubwinjiramo banza witekerezeho. Niba udafite umutima ukomeye, wowe bireke. Iyi si yakurya uri muzima.”

Yibukije ko ku mbuga nkoranyambaga harimo igitutu cyinshi, urukundo rw’ibinyoma, amagambo y’abantu batigeze bamenya amateka yawe, ariko bakakwambika ibitutsi nk’abakuzi kuva kera. Ibyo byose, yavuze ko bishobora guhungabanya ubuzima bwo mu mutwe, ugatakaza amahoro y’imbere ndetse no kwigirira icyizere.

Yongeyeho ati:

“Abantu benshi bashaka kuba abamamare kuko babona abandi basa neza, bambaye neza, babayeho neza. Ariko ntibazi ikiguzi kiri inyuma y’iryo zina. Hari abantu benshi bafite amazina akomeye ariko ntibaryama amahoro. Niba ufite umutima woroshye, iby’ubwamamare byihorere.”

Mu butumwa bwe, Muyango yagarutse ku rundi ruhande abantu batitaho kenshi: izindi nzira z’ubuzima. Yagize ati:

“Hari inzira nyinshi ushobora kunyuramo ukagera ku bintu byiza, ukabona amafaranga, ukubaka izina, ariko utangije umutuzo wawe. Ntabwo ari ngombwa guhara amahoro yawe ngo winjire mu buzima bw’abantu bazi izina ryawe ariko batazi inkuru yawe.”

Ubutumwa bwa Muyango bugaragaza ko inyuma y’amazina akomeye n’imyambarire ya “Instagram” harimo akaga, igitutu n’amarira abantu batamenya. Avuga ko nta mwanya wo gusobanura byose uri ku mbuga nkoranyambaga, kuko buri wese aguha ishusho uko abyumva—niba uri mwiza cyangwa mubi, baguca urubanza batakumenye, bakagushyira mu mwanya utari uwawe.

Yagize ati:

“Abantu baguca imanza batakuzi, abandi bakagukunda babeshya, abandi bagushinja ibyo utakoze… Ibi byose bisaba umutima ukomeye, ubuzima bwo mu mutwe bwubatse. Banza wimenye, wimenye neza, ubone guhitamo.”

Ubutumwa bwa Muyango bwakiriwe mu buryo butandukanye. Bamwe baramushimiye bavuga ko yavuze ukuri kudakunda gutangazwa n’abamaze kuba ibyamamare, abandi bamushinja gukina urubuga rwa victim (uwabaye igitambo) mu gihe nawe yigeze kwishimira izina n’ikirere cy’ubwamamare ubwo cyari kikimugwa amahoro.

Uwitwa Nadine Uwimana yagize ati: “Muyango ibyo yavuze ni ukuri. Iyo uri icyamamare nta muntu ugufata nk’umuntu. Baraguca intege, bakaguca urubanza, abandi bakakureshya atari wowe bashaka ahubwo izina ryawe.”

Undi witwa Ishimwe Mugenzi we yanditse ati: “Hari igihe abantu bazinukwa ubwamamare iyo bamaze guhura n’ibibazo. Ariko niba wari ubukunda bikakurenga, ntabwo bikwiye kwigisha abandi ngo babireke.”

Mu gihe urubyiruko rwinshi rw’iki gihe rwifuza kuba ibyamamare binyuze mu mbuga nkoranyambaga, ubutumwa bwa Muyango bwibutsa ko ubwamamare atari inzozi nziza gusa, ahubwo ni inzu ifite igisenge gishaririye—aho umuntu udafite umutima wihangana ashobora no kubihomberamo cyane kurusha uko yabyungukiramo.

Yasoje agira inama urubyiruko:

“Niba uziko ushobora kwihanganira ibitutsi, amazimwe, igitutu, urukundo rwinshi rudafite ishingiro, noneho ujye mu bwamamare. Ariko niba ubona amahoro yawe y’imbere agushimisha kurusha izina, nugumane amahoro yawe. Ni wo mutungo w’ukuri.”

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Davido yongeye kwishongora nyuma yo kugura imodoka ya Lamborghini nshya ihagaze miliyari 1.8 Frw

Next Post

Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

PRINCE

PRINCE

Next Post
Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

July 17, 2025
Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza

Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza

July 17, 2025
Davido yongeye kwishongora nyuma yo kugura imodoka ya Lamborghini nshya ihagaze miliyari 1.8 Frw

Davido yongeye kwishongora nyuma yo kugura imodoka ya Lamborghini nshya ihagaze miliyari 1.8 Frw

July 17, 2025
Ihuriro rya gakondo muri RDC ryareze CENCO na ECC mu rukiko

Ihuriro rya gakondo muri RDC ryareze CENCO na ECC mu rukiko

July 17, 2025

Recent News

Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

July 17, 2025
Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza

Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza

July 17, 2025
Davido yongeye kwishongora nyuma yo kugura imodoka ya Lamborghini nshya ihagaze miliyari 1.8 Frw

Davido yongeye kwishongora nyuma yo kugura imodoka ya Lamborghini nshya ihagaze miliyari 1.8 Frw

July 17, 2025
Ihuriro rya gakondo muri RDC ryareze CENCO na ECC mu rukiko

Ihuriro rya gakondo muri RDC ryareze CENCO na ECC mu rukiko

July 17, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

Bahati yongeye gutungurana: yagaragaye yambaye imyenda y’abagore, bitera urujijo n’impaka

July 17, 2025
Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza

Muyango yaburiye abifuza kuba ibyamamare: ‘Niba ufite umutima woroshye, wibigerageza

July 17, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com