Abaturage batishoboye batujwe mu Kagari ka Katarara, mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza, barasaba inzego bireba kubafasha kubakirwa inzu nyuma yโuko izari zarubatswe mu mudugudu wโicyitegererezo zasenywe nโumuyaga. Kuri ubu aba baturage bavuga ko babayeho mu buzima bubi kuko basigaye bacumbitse mu byahoze ari ibikoni byโizo nzu zasenyutse, aho bigoye kubona uburyo bwo gusinzira neza ndetse nโisuku ikenewe ku buzima bwa buri munsi.
Bamwe muri bo bavuga ko mu gihe cyโimvura babura aho bakinga umusaya, abana bakarara bihebye kandi ntibabone aho bigira amasomo yabo.
Umuturage umwe yagize yagize icyo atangariza Kasuku Media ati: โTwari twishimiye gutuzwa mu Mudugudu, ariko umuyaga wadusenyeye byose. Ubu turi gusaba ko batwubakira kuko nta bushobozi dufite bwo kwiyubakira.โ
Ubuyobozi bwโUmurenge wa Ntyazo bwo bwemera ko iki kibazo gihari, bukavuga ko bwamaze kubigeza ku rwego rwโAkarere kugira ngo hashakishwe igisubizo kirambye. Bavuga ko gahunda ya Leta ari uko umuturage wese abaho neza, atari mu bibanza byโakajagari cyangwa mu buzima butagira icyerekezo.
Aba baturage basaba ko inkunga yatangwa yaba mu buryo bwโibikoresho byo kubaka cyangwa ubufasha bwโamafaranga, kugira ngo bongere kubona inzu zibabereye. Bemeza ko kuba mu buzima bwiza bizabafasha kugira imbaraga zo gukora ibikorwa bibateza imbere, aho guhora bihangayikishijwe nโaho barara.
Nubwo hakiri urugendo, abaturage bafite icyizere ko ubuyobozi buzabumva, bukabafasha gusubirana icyizere cyโubuzima bwiza, bityo bakongera kwiyumva nkโabandi Banyarwanda bose bafite aho gutura hizewe.


















