Paul Biya, Perezida wa Cameroun umaze imyaka irenga 40 ayobora icyo gihugu, yongeye kwegukana intsinzi mu matora ya Perezida yabaye muri 2025, aho yagize amajwi 53,66%, nk’uko byatangajwe n’Akanama gashinzwe kurengera Itegeko Nshinga. Uyu mukambwe w’imyaka 92 y’amavuko akomeje kuba umukuru w’igihugu ukuze kurusha abandi ku Isi uri ku butegetsi.
Uwakurikiye Biya mu majwi ni Issa Tchiroma Bakary, wigeze kuba Minisitiri w’Itangazamakuru, wagize 35,19%. Abandi bakandida batandatu basigaye bagize amajwi make cyane atarenze 5%. Akanama gashinzwe amatora kavuze ko amatora yabaye mu mutuzo, nubwo abatavuga rumwe na Leta bavuga ko habayeho amanyanga n’igitugu cy’abashinzwe umutekano mu turere tumwe.
Paul Biya yagiye ku butegetsi mu 1982, asimbura Ahmadou Ahidjo, akaba ari umwe mu bategetsi bamaze igihe kinini ku butegetsi ku Isi.
Ku myaka 92, akomeje kuba icyitegererezo cy’ubutegetsi bwa kera, aho bamwe bamwita “Umwami utajya ahinduka mu gihe cy’amatora”.
Abasesenguzi bavuga ko intsinzi ye yerekana uburyo ishyaka rye, RDPC (Rassemblement Démocratique du Peuple Camerounais), rikifite imbaraga mu gihugu, ariko hakomeje kwibazwa ku hazaza ha politiki y’iki gihugu gikomeje kugorwa n’imvururu mu Burasirazuba no mu Majyaruguru.
Nubwo bamwe bavuga ko Biya akwiye guha urubyiruko amahirwe, abamushyigikiye bo bavuga ko “ari umuyobozi w’amahoro n’ituze” kandi ko Cameroun ikimukeneye.















