Perezida Paul Kagame yagaragaje impungenge ku burere buke bwa bamwe mu rubyiruko rwβu Rwanda, agaruka ku ngeso mbi zirimo gukwirakwiza amashusho yβurukozasoni ku mbuga nkoranyambaga no kwambara ubusa. Perezida Kagame yavuze ko iyi myitwarire ari ikibazo gikomeye cyβuburere buke nβimyumvire idahwitse, ashimangira ko umuryango Nyarwanda ugomba kugira uruhare mu gukumira ibi bikorwa.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye amasengesho ngarukamwaka azwi nka βNational Prayer Breakfast,β yabereye muri Kigali Serena Hotel, Perezida Kagame yavuze ko imyitwarire nkβiyi idakwiye kubaho mu gihugu gifite indangagaciro nβumurage byubakiye ku muco ukomeye.
Yavuze ko urubyiruko rukwiye kuba imbaraga zβIgihugu, ariko ko ibikorwa nkβibi bigaragaza icyuho mu burezi, ku buryo bamwe batagira nβibitekerezo bifatika byo kwibanda ku buzima bwabo nβahazaza hβIgihugu.
Yagize ati, βIyo ubona umuntu akwirakwiza amashusho nkβariya, ntacyo uba witeze kuri we. Icyo ni ikimenyetso cyβuburere buke ndetse nβimyumvire itajyanye nβindangagaciro dukwiye kugira. Umuryango Nyarwanda ntabwo ugomba kwihanganira ibi. Tugomba gufasha urubyiruko gutekereza neza, kugira icyerekezo, no kwirinda ingeso mbi.β
Perezida Kagame yanagarutse ku ruhare rwβimiryango, abayobozi bβamadini, nβinzego zinyuranye mu guha urubyiruko uburere bwiza bushingiye ku ndangagaciro za kimuntu, umuco, nβukwigirira icyizere.
Yibukije ko inyigisho nziza zihabwa abana nβurubyiruko mu muryango ari ryo shingiro ryβIgihugu cyβahazaza.
Amasengesho yβuyu mwaka yahuje abayobozi baturutse mu nzego zitandukanye, barimo abahagarariye leta, abikorera, abayobozi bβamadini, nβabandi bafatanyabikorwa.
Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimangiye ko ari ngombwa gushyira imbere inyigisho zubaka urubyiruko rwiteguye guhangana nβibibazo, rufite icyerekezo cyubaka Igihugu.
Yanashishikarije urubyiruko rwβu Rwanda guharanira guhindura imibereho yabo, bakirinda ibikorwa bishobora kwangiza icyizere Igihugu kibatezeho. Yasoje ashimangira ko gufasha urubyiruko gukura neza no kugira uburere bukwiye ari inshingano ya buri wese, kandi ko bidakwiye gusigara mu magambo gusa.















