
Kuwa Mbere, tariki ya 7 Mata, Perezida Paul Kagame yatangaje ko abahagarariye igihugu kimwe kitatangajwe izina bagerageje gutera ubwoba Minisitiri wβUbumwe bwβAbanyarwanda nβUbwiyunge, Jean-DamascΓ¨ne Bizimana, bamubwira ko ashobora guhagarikirwa visa kubera amagambo yavuze agaragaza uruhare rwβibihugu nka Bubiligi mu mateka yβivangura ryβamoko mu Rwanda no mu byabaye intandaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, yibasiye abasaga miliyoni mu mezi atatu gusa. Uyu muhango wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, aho hatwitswe Urumuri rwβIcyizere mu rwego rwo kuzirikana abazize Jenoside.
Perezida Kagame yavugaga nyuma yβuko Minisitiri Bizimana agaragaje amateka yβivangura ryashingiwe ku mategeko ya gikoroni yashyizweho na Bubiligi, yatumye Abanyarwanda bacikamo ibice bikomeye byaje kugera kuri Jenoside. Bizimana asanzwe amenyereweho kugaragaza uburyo icyo gihugu cyakomeje guca inyuma u Rwanda mu rugendo rwacyo rwo kwiyubaka no kongera kwigira.

Ati:
βNi ubutwari budafite ubwenge… Bagiye kuri Bizimana, ndetse nβubutumwa bundi banyujije muri Minisiteri yβUbubanyi nβAmahanga, bavuga bati βuyu muntu uri kuvuga ibi…β kandi ntabwo bavugaga ko ibyo avuga atari ukuri; ahubwo baramuhimiraga gusa kuko yabyemeye akabivuga, nβubwo ari ukuri.β
βBamubujije, bavuga ko ashobora kutazabona visa yo kujya mu bihugu bimwe… umuntu wo muri ambasade ahagarika Minisitiri wacu.β
Yakomeje agira ati:
βBizimana yongeye kuvuga ku byo yavuze mbere, bigaruka kuri ba bantu nyine, maze bukeye bwaho abantu bo muri ambasade barongera baramugera amajanja.β
Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba guhora bahangana nββamateka mabiβ ndetse nβββahantu habiβ aho bagomba kwisobanura buri gihe kubera ko bahisemo inzira yabo yo kwiyubaka nyuma ya Jenoside.
Yamaganye imyitwarire irimo agasuzuguro agaragaza na bamwe mu badipolomate bo mu bihugu byβIburengerazuba.
Ati:
βNta nβicyo nabishinja, kuko kuva na kera bafite ayo mateka, abo muri ambasade babona ko baruta Minisitiri.β
Yongeraho ati:
βUwo mudipolomate ntiyigeze abwira Bizimana ati βibyo wavuze si ukuri, cyangwa ni ibinyoma bihabanye nβibimenyetso dufite.β Oya. Yaramubwiye gusa ati βNibyo cyangwa ibinyoma, ntibyakagombye kuvugwa.ββ
βAho ni ho hantu habi turi kubamo ubu. Ariko tugomba guhangana nβibi bihe, kandi tuzabikora, nta gushidikanya.β
Perezida Kagame yasoje yibutsa ko u Rwanda rwamaze kunyura mu bihe bibi kurusha ibindi byose, bityo nta kindi kibi cyarurusha ibyo rwanyuzemo kizongera kubaho.
Ati:
βIbihe bibi cyane twarabinyuzemo. Nta kindi kibi kirenze ibyo cyazongera kubaho. Abanyarwanda ntibagomba kugira ubwoba bwo guharanira ubuzima bwabo no kurengera igihugu cyabo.β















