• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media Shop
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media Shop
No Result
View All Result
Home Ubuzima

Perezida Samia Suluhu Hassan yemeje ko habonetse uburwayi bwa Marburg muri Tanzania

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
January 21, 2025
in Ubuzima
0
Perezida Samia Suluhu Hassan yemeje ko habonetse uburwayi bwa Marburg muri Tanzania
0
SHARES
2
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yemeje ko icyorezo cya Marburg cyagaragaye ku murwayi umwe muri Tanzania. Ni nyuma y’uko ku wa 10 Mutarama 2025, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko hari abantu icyenda bikekwa ko banduye Marburg, aho umunani muri bo bahise bapfa.

Nubwo icyo gihe Tanzania yari yateye utwatsi ibyo birego, ku wa 20 Mutarama Perezida Suluhu yashimangiye ko hari umurwayi umwe wa Marburg wagaragaye mu gihugu.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Perezida Suluhu yavuze ko ibizamini byakorewe muri laboratwari yimukanwa ya Kabaile mu Ntara ya Kagera, byashimangiriwe kandi byemezwa mu Mujyi wa Dar es Salaam.

Yagize ati: “Ibipimo byasuzumwe byagaragaje ko hari umurwayi umwe wanduye virusi ya Marburg. Nta gushidikanya, ariko twiteguye guhangana n’iki cyorezo, nk’uko twabigenje ku bindi byorezo.”

Perezida Suluhu yanatangaje ko inzego z’ubuzima zongerewe ubushobozi bwo gukurikirana ubwandu no gukumira ikwirakwizwa ryacyo.

Yakomeje avuga ko Igihugu cyashyizeho uburyo bwihariye bwo kwita ku barwayi bashobora kugaragaraho ibimenyetso bya Marburg no gushyira mu kato abakekwaho kugira ubwandu.

Virusi ya Marburg ni imwe mu ziteye ubwoba, kuko ifite ubushobozi bwo kwanduza umuntu umwe kugera ku bandi benshi vuba nina ko kandi ifitanye isano ya hafi na virusi itera Ebola, ikaba iterwa n’inyamaswa z’inyamabere nka za sikoke z’ishyamba.

Abantu bayanduye bashobora kugaragaza ibimenyetso birimo umuriro mwinshi, isesemi, kuribwa mu nda, no kuva amaraso bikabije.

Kugeza ubu, abantu 25 baketsweho ubwandu bwa Marburg muri Tanzania bapimwe, ariko ibizamini byabo byagaragaje ko batanduye.

Perezida Suluhu yahumurije abaturage, avuga ko bafite icyizere cyo kugenzura no kurwanya icyorezo. Yagize ati: “Turabizeza ko ubuzima bw’abaturage bacu buzakomeza kuba ikintu cya mbere tubanziriza. Iki cyorezo turagihashya dufatanyije.”

Perezida Suluhu yashishikarije abaturage gukomeza gukurikiza amabwiriza y’ubuzima bwiza no kugirira amakenga abagaragaza ibimenyetso bishobora guhuzwa na Marburg.

Yakomeje asaba abayobozi b’inzego z’ibanze gufatanya n’inzego z’ubuzima mu gukumira ikwirakwira ry’iyi virusi, kugira ngo hirindwe impanuka yakwangiza byinshi mu gihugu.

Iyo virusi yakunze kwibasira cyane Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Afurika, ariko guhagarika ikwirakwizwa ryayo bisaba ubufatanye bukomeye hagati y’abaturage n’inzego zishinzwe ubuzima. Perezida Suluhu yasoje ashimira OMS ku nkunga ikomeje gutanga mu gufasha Ibihugu mu rugamba rwo kurwanya ibyorezo.

ADVERTISEMENT
Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashinje abahoze ari abajyanama be kwica amategeko mu rwego rw’Ubutabera

Next Post

DJ Briane yahamagajwe na RIB bamupima ibiyobyabwenge basanga umubiri we urera

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
DJ Briane yahamagajwe na RIB bamupima ibiyobyabwenge basanga umubiri we urera

DJ Briane yahamagajwe na RIB bamupima ibiyobyabwenge basanga umubiri we urera

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

January 31, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

June 6, 2025
Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

June 6, 2025
Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

June 6, 2025
Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

June 5, 2025

Recent News

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

June 6, 2025
Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

June 6, 2025
Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

June 6, 2025
Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

June 5, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media Shop

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

June 6, 2025
Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

June 6, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com