
Perezida William Ruto yabwiye Abanya-Kenya ko azemera gutsindwa naramuka atsinzwe mu matora rusange ateganyijwe kuba muri Kanama 2027.
Avuga i Othaya, mu Ntara ya Nyeri, ku wa Gatandatu, tariki 5 Mata, Umukuru wβIgihugu yabwiye abaturage ko yiteguye gusubira iwabo agakomeza guhinga naramuka atabashije kuzuza ibyo bari bamwitezeho.
Ruto, wavugaga ubwo yasuraga ibikorwa bitandukanye bya leta mu karere ka Mt Kenya, birimo nβimishinga yo gutuza abantu mu nzu ziciriritse, yagaragaje icyizere cyo gutsinda ayo matora, avuga ko yiteguye guhangana nβabandi baziyamamaza.
Ariko kandi, yasabye abatavuga rumwe nβubutegetsi kumuha umwanya akabanza kurangiza ibyo yasezeranyije Abanya-Kenya, avuga ko igihe cyβamatora yo mu 2027 kitaragera.
βBuri wese akore inshingano ze, maze muri 2027 abaturage bazahitamo. Uwatsinze azakomeza, uwatsinzwe asubire iwabo. Nta mpamvu yo gukomeza kwiyamamaza ubu. Ibikorwa byose nasabwe narabikoze,β Ruto yavuze.
βNzi neza ko igihe nikigera muzampa ikizamini, mukagisuzuma. Nintsinda, nzakomeza akazi. Nintsindwa, nzasubira iwacu mpinge,β yongeyeho.
Ruto, mu kunenga abatavuga rumwe nβubutegetsi, yavuze ko Abanya-Kenya bazamutora bishingiye ku byo amaze kugeraho mu bikorwa byβiterambere hamwe nβabandi bayobozi bo mu butegetsi.
Perezida yari kumwe nβabandi bayobozi bakuru, barimo nβabagize Guverinoma, aho yatangarije abaturage ba Nyeri inyungu zitandukanye bazagenerwa, zirimo kububakira amasoko, kubaha amashanyarazi no kubaka imihanda.
Iri tangazo rye rikomeye rije nyuma yβuko bamwe mu bayobozi bo mu batavuga rumwe na Leta, bayobowe na Visi Perezida wa mbere wacyuye igihe, Rigathi Gachagua, bamunenze ko ahora abeshya abaturage.

Mu kiganiro yahaye abaturage ba Kiserian, mu Ntara ya Kajiado, ku wa Kane tariki 27 Werurwe, Gachagua yashinje Perezida kuba umuntu uhora abeshya no guha abaturage ibyiringiro bidafite ishingiro, anavuga ko yamushutse ngo amushyigikire ndetse anamutorere.
Gachagua, umaze igihe ari mu batavuga rumwe nβubutegetsi kuva yahirikwa ku mirimo na Sena muri Ukwakira umwaka ushize, yavuze ko azakorana nβAbanya-Kenya bose kugira ngo batere utwatsi Ruto.
βNdabasaba imbabazi. Uwo mugabo yaradushutse, aza yitwaje Bibiliya, asa nβuwiyita umukristo, nyamara nyuma nsanga ari intare yambaye uruhu rwβintama. Yaratubeshye, ubu igihugu cyuzuye ibinyoma. Yatubwiye ko azaduha amafaranga, ariko yahinduye umugambi adusubiza nβutwo twari dufite,β Gachagua yavuze.















