
Perezida William Ruto yabwiye Abanya-Kenya ko azemera gutsindwa naramuka atsinzwe mu matora rusange ateganyijwe kuba muri Kanama 2027.
Avuga i Othaya, mu Ntara ya Nyeri, ku wa Gatandatu, tariki 5 Mata, Umukuru wโIgihugu yabwiye abaturage ko yiteguye gusubira iwabo agakomeza guhinga naramuka atabashije kuzuza ibyo bari bamwitezeho.
Ruto, wavugaga ubwo yasuraga ibikorwa bitandukanye bya leta mu karere ka Mt Kenya, birimo nโimishinga yo gutuza abantu mu nzu ziciriritse, yagaragaje icyizere cyo gutsinda ayo matora, avuga ko yiteguye guhangana nโabandi baziyamamaza.
Ariko kandi, yasabye abatavuga rumwe nโubutegetsi kumuha umwanya akabanza kurangiza ibyo yasezeranyije Abanya-Kenya, avuga ko igihe cyโamatora yo mu 2027 kitaragera.
โBuri wese akore inshingano ze, maze muri 2027 abaturage bazahitamo. Uwatsinze azakomeza, uwatsinzwe asubire iwabo. Nta mpamvu yo gukomeza kwiyamamaza ubu. Ibikorwa byose nasabwe narabikoze,โ Ruto yavuze.
โNzi neza ko igihe nikigera muzampa ikizamini, mukagisuzuma. Nintsinda, nzakomeza akazi. Nintsindwa, nzasubira iwacu mpinge,โ yongeyeho.
Ruto, mu kunenga abatavuga rumwe nโubutegetsi, yavuze ko Abanya-Kenya bazamutora bishingiye ku byo amaze kugeraho mu bikorwa byโiterambere hamwe nโabandi bayobozi bo mu butegetsi.
Perezida yari kumwe nโabandi bayobozi bakuru, barimo nโabagize Guverinoma, aho yatangarije abaturage ba Nyeri inyungu zitandukanye bazagenerwa, zirimo kububakira amasoko, kubaha amashanyarazi no kubaka imihanda.
Iri tangazo rye rikomeye rije nyuma yโuko bamwe mu bayobozi bo mu batavuga rumwe na Leta, bayobowe na Visi Perezida wa mbere wacyuye igihe, Rigathi Gachagua, bamunenze ko ahora abeshya abaturage.

Mu kiganiro yahaye abaturage ba Kiserian, mu Ntara ya Kajiado, ku wa Kane tariki 27 Werurwe, Gachagua yashinje Perezida kuba umuntu uhora abeshya no guha abaturage ibyiringiro bidafite ishingiro, anavuga ko yamushutse ngo amushyigikire ndetse anamutorere.
Gachagua, umaze igihe ari mu batavuga rumwe nโubutegetsi kuva yahirikwa ku mirimo na Sena muri Ukwakira umwaka ushize, yavuze ko azakorana nโAbanya-Kenya bose kugira ngo batere utwatsi Ruto.
โNdabasaba imbabazi. Uwo mugabo yaradushutse, aza yitwaje Bibiliya, asa nโuwiyita umukristo, nyamara nyuma nsanga ari intare yambaye uruhu rwโintama. Yaratubeshye, ubu igihugu cyuzuye ibinyoma. Yatubwiye ko azaduha amafaranga, ariko yahinduye umugambi adusubiza nโutwo twari dufite,โ Gachagua yavuze.















