Resitora ya Cristiano Ronaldo na Rafael Nadal, yitwa “Tatel Madrid”, yafunze imiryango burundu nyuma yโimyaka itatu ikorera mu murwa mukuru wa Espagne, Madrid. Iyi resitora yari imwe mu zacuruzaga amafunguro ahambaye kandi yitabirwaga nโabakunzi bโimyidagaduro, abakinnyi bโibihangange ndetse nโabakire batandukanye.
Resitora “Tatel Madrid” yafunguwe muri Werurwe 2022, ikaba yari igice cyโurunani rwโamaresitora ya “Tatel Group”, aho Cristiano Ronaldo na Rafael Nadal bari mu banyamigabane bayo.
Yari iri mu gace kazwiho ubukerarugendo nโubucuruzi bwโamafunguro ahenze, gaherereye i Madrid. Kari agace kazwi cyane ku mafunguro nkโayo mu Butaliyani, harimo Carbonara Pasta, ari nayo mpamvu benshi bayifata nkโiyari igamije gutanga serivisi ku rwego mpuzamahanga.
Ku rundi ruhande, ifungwa rya Tatel Madrid ryatewe ahanini nโihungabana ryโubukungu bwโamasosiyete acuruza ibiribwa ndetse nโizamuka ryโibiciro byโinkwano nโibikoresho byo gutegura amafunguro.
Mu myaka ishize, resitora nyinshi zo ku rwego rwo hejuru mu Burayi zahuye nโicyo kibazo, aho abafatanyabikorwa bamwe bagiye bakuramo imari yabo bitewe nโigihombo cyagiye kigaragara.
Nubwo iyi resitora ifunzwe, Cristiano Ronaldo na Rafael Nadal bakomeje kugira ibikorwa byโubucuruzi mu yindi mijyi.
Aho Cristiano Ronaldo afite amahoteli menshi mu Burayi no muri Aziya, ndetse nโindi mirimo yโubushabitsi irimo ibicuruzwa bijyanye nโimyambarire, ubuzima, nโibiribwa.
Rafael Nadal nawe afite ibikorwa byโubucuruzi birimo ibigo byโimyitozo ya Tennis ndetse nโandi maresitora afitanye isano na “Tatel Group”.
Nubwo bimeze bityo, abafana bโaba bakinnyi bโibihangange nโabakunzi bโiyi resitora bibaza niba bazongera kugerageza kuyifungura mu yindi mijyi cyangwa se bagashora imari mu bindi bikorwa bifitanye isano nโubucuruzi bwโamafunguro.
















