Nyuma y’igihe yari amaze hanze y’ikibuga kubera imvune, rutahizamu w’Umunyapoland Robert Lewandowski yongeye kugaragara mu myitozo ya FC Barcelona, ibintu byishimiwe cyane n’abakunzi b’iyi kipe ndetse n’umutoza Hansi Flick. Nk’uko ikinyamakuru Diario Sport cyabitangaje, Lewandowski yifatanyije n’abandi bakinnyi mu myitozo ya mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, taliki 27 Ukwakira 2025, aho yagaragaye afite imbaraga n’akanyamuneza nyuma yo kumara iminsi atagaragara mu mikino.
Iyi ni inkuru nziza cyane ku mutoza Hansi Flick, nyuma y’umukino wa El Clásico waraye ubaye wahuje Barcelona na Real Madrid, aho Barcelona yagaragaje imbaraga ariko ikabura amahirwe yo gutsinda.
Kugaruka kwa Lewandowski bizatuma ikipe ibona ubunararibonye n’ubushobozi bwo gusatira izamu, cyane ko ari umwe mu bakinnyi bafatiye runini ubusatirizi bwa Barça.
Lewandowski, w’imyaka 37 y’amavuko, amaze kugaragaza ko agifite ubushake bwo gufasha ikipe ye, kandi abakunzi ba Barcelona bamaze igihe bamuhamagara ngo agaruke vuba. Ubu biteganyijwe ko ashobora kwifashishwa mu mukino utaha wa La Liga, bitewe n’uko yitwara mu myitozo ikurikiraho. Uko byagenda kose, kugaruka kwe ni intambwe ikomeye mu rugendo rwa Barcelona rwo gukomeza guhatanira igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka.
















