• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Rocky Kimomo yasinye amasezerano azamufasha kwerekana filime ze kuri StarTimes

Rocky Kimomo yinjiranye imbaraga nshya kuri Ganza TV: Abakunzi b’agasobanuye mwitegure byagatangaza!

PRINCE WAZIEL by PRINCE WAZIEL
April 27, 2025
in Imyidagaduro
0
Rocky Kimomo yasinye amasezerano azamufasha kwerekana filime ze kuri StarTimes
0
SHARES
22
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT
Rocky Kimomo yasinye amasezerano azamufasha kwerekana filime ze kuri StarTimes

Rocky Kimomo, umwe mu basobanuzi b’amafilime bamenyekanye cyane mu Rwanda, yashyize umukono ku masezerano mashya n’ikigo gitanga serivisi z’amashusho cya StarTimes. Ayo masezerano azamwemerera gusakaza filime ze kuri Ganza TV, shene ikorera muri StarTimes. Uyu muhango wo gusinya wabereye ku cyicaro cya StarTimes, tariki 25 Mata 2025.

StarTimes imaze imyaka ibiri itangira gahunda yo gutanga filime z’inyamahanga, ariko zisobanuye mu Kinyarwanda, ku bakunzi bayo. Izi filime zitambuka umunsi wose kuri Ganza TV, shene yashyiriweho gushimisha abifuza kureba filime zisobanuwe mu rurimi rwabo kavukire.

Nyuma yo kubona ko abareba iyi shene bifuzaga ko filime zisobanurwa n’Abanyarwanda bamenyerewe kandi bakunzwe, StarTimes yafashe icyemezo cyo gutera intambwe ikomeye isinyisha amasezerano n’ikigo Rocky Entertainment, kiyobowe na Rocky Kimomo ubwe.

Paruku René Pedro, Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi no Kwamamaza ibikorwa muri StarTimes Rwanda, yemeje iby’aya masezerano, agira ati:

“Twishimiye gutangirana na Rocky Kimomo n’ikigo cye cya Rocky Entertainment. Azajya adufasha gutanga filime zisobanuye mu Kinyarwanda, binyuze kuri Ganza TV. Ni umwe mu bafatanyabikorwa dufitiye icyizere.”

Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi no Kwamamaza ibikorwa muri StarTimes Rwanda Paruku René Pedro

Rocky Kimomo, wari umaze igihe asaba amahirwe yo gukorana n’iki kigo gikomeye, yavuze ko yasinye amasezerano y’igihe cy’umwaka umwe. Yasabye abakunzi be gukomeza kumushyigikira no gukurikira filime azajya abagezaho, abizeza ko bazabona ibyiza byinshi kandi ko batazajya bacibwa n’irungu.

Ku rundi ruhande, Lizzie Lyu, Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri StarTimes Rwanda, yasabye abanyarwanda gufata ifatabuguzi rya StarTimes kugira ngo babashe kubona aya marushanwa mashya n’ibindi birimo, cyane ko na dekoderi zabo zigurwa amafaranga make cyane, agera ku bihumbi 15 by’amanyarwanda gusa. Yanaboneyeho gusaba abatarayigura, kwihutira kuzigura.

Lizzie Lyu, Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri StarTimes Rwanda

Ganza TV iboneka kuri shene ya 460 ku bakoresha ‘antenne’ y’igisahani (dish), naho ku bakoresha ‘antenne’ y’udushami (antenna ordinaire) ni kuri shene ya 103. Iyi shene itambutsa filime z’Afurika, ibiganiro mpuzamahanga, za filime za Kung-Fu, ibiganiro by’urwenya, n’indi myidagaduro inyuranye.

Lizzie Lyu, Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri StarTimes Rwanda ashyira umukono ku masezerano
Rocky Kimomo

ADVERTISEMENT
Previous Post

Akumiro muri Amerika: umwana w’imyaka 2 yirukanywe ku butaka bw’iwabo!

Next Post

Trump ashinje Putin kudashaka amahoro: “Intambara ishobora kudashira!”

PRINCE WAZIEL

PRINCE WAZIEL

Next Post
Trump ashinje Putin kudashaka amahoro: “Intambara ishobora kudashira!”

Trump ashinje Putin kudashaka amahoro: "Intambara ishobora kudashira!"

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025
General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

June 27, 2025
Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

June 27, 2025

Recent News

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025
General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

June 27, 2025
Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

June 27, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com