Rutahizamu wโumunya-Brazil, Rodrygo Silva de Goes, yatangaje ko yishimiye gukinira Real Madrid kandi yifuza kugumana iyi kipe mu gihe kirekire. Ibi yabitangaje mu gihe hari amakuru amuhuza nโamakipe akomeye nka Manchester City ndetse nโamakipe yo muri Arabiya Sawudite ashaka kumugura.
Mu kiganiro yagiranye nโitangazamakuru, Rodrygo yagize ati: โManchester City na Arabiya Sawudite baranshaka? Ibi ni ibintu papa wanjye wanyibyariye yambwiye ati sukajarajare mwana wanjye,”. Ayo ni amagambo yerekana ko atitaye cyane ku makuru amuhuza nโandi makipe, ahubwo yibanda ku rugendo rwe muri Real Madrid.
Yakomeje avuga ko yishimiye uko ubuzima bwe bwifashe muri iyi kipe: โSinzi niba Real Madrid yaranyakiriye neza mu myaka yashize, ariko nishimiye kuba muri iyi kipe byukuri, nizeye ko nzaguma hano indi myaka irimbereโ.
Ibi byatumye abakunzi ba Real Madrid bumva bafite icyizere ko uyu mukinnyi azakomeza kwitangira iyi kipe mu myaka iri imbere.

Rodrygo ni umwe mu bakinnyi bโingenzi ba Real Madrid, aho kuva yagera muri iyi kipe avuye muri Santos FC mu 2019, yagiye agaragaza ubuhanga budasanzwe. Uyu mukinnyi ufite imyaka 24, amaze gutsindira Real Madrid ibitego byinshi byโingenzi, harimo nโibyo yafashije ikipe kugera ku mikino ya nyuma ya UEFA Champions League.
Mu minsi ishize, hari amakuru yavugaga ko Manchester City na Paris Saint-Germain bashobora kugerageza kumwegukana mu mpeshyi itaha, mu gihe amakipe yo muri Arabiya Sawudite nayo yifuza kumujyana mu marushanwa yabo.
Gusa, Rodrygo yagaragaje ko adatekereza kuva muri Santiago Bernabรฉu, ahubwo yifuza gukomeza urugendo rwe muri iyi kipe izwiho kugira amateka akomeye muri ruhago.
Uyu mukinnyi wihariye mu gucenga no gutsinda ibitego yagiye afasha Real Madrid cyane, cyane cyane mu mikino ikomeye.
Mu mwaka ushize wโimikino, Rodrygo yagize uruhare rukomeye mu gufasha Real Madrid kwegukana Copa del Rey ndetse no kugera kure muri Champions League.
Ibi byerekana ko uyu mukinnyi afite icyizere cyโejo hazaza muri Real Madrid, ndetse akaba ashaka gukomeza gukinana nโabandi bakinnyi bakomeye nka Vinรญcius Jr., Jude Bellingham, na Federico Valverde kugira ngo bafashe iyi kipe gukomeza kwigaragaza nkโimwe mu makipe akomeye ku Isi.
Mu gihe Real Madrid ikomeje kubaka ikipe ikomeye igizwe nโabakinnyi bato bafite impano zidasanzwe, abakunzi bayo bazakomeza kwishimira kubona Rodrygo akomeza kuyikinira, kuko ari umwe mu bakinnyi bafite ahazaza heza muri ruhago yโIsi.
















