
Senateri Theresa Hatathlie wo muri leta ya Arizona, ukomoka mu gace ka Tuba City, yikomye bagenzi be mu Nteko Ishinga Amategeko, abashinja kumuvuga nabi no kumushyira mu itegeko atigeze agizemo uruhare, rigamije gucunga neza ibikorwa by’amacumbi afasha abantu bifuza kuva mu biyobyabwenge.
Ibi yabivuze ku wa 16 Mata, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko ya Arizona, mu gihe cy’ibiganiro ku itegeko SB1308. Iri ni itegeko ryari rishyigikiwe cyane na Depite Matt Gress na Senateri Frank Carroll, rikaba rigamije kurushaho gucunga no kugenzura ibyo bigo bivura abantu bafite ibibazo by’ubumuga bwo mu mutwe cyangwa ubusinzi.
Senateri Hatathlie yagaragaje ko yatunguwe n’uko izina rye ryavuzwe nk’iry’umwe mu bateguye iri tegeko. Mu ijwi ryuzuyemo uburakari, yagize ati: “Ni ibinyoma byambaye ubusa. Iyo ibi biba ari ukuri, bari kuba baratumiwe imbere y’inteko bakabazwa ibyo batangaje. Ibyo bavuga byose ni agasuzuguro gakabije.”
Uyu munsi ukurikiyeho, ku wa 15 Mata, iri tegeko ryemejwe n’abadepite 42 kuri 10, nubwo bamwe barimo Myron Tsosie na Mae Peshlakai batari bahari. Itegeko ryavugaga ko Minisiteri y’Ubuzima izajya igenzura ibi bigo, ikareba niba hatabamo ibiyobyabwenge cyangwa ibisindisha, ndetse inafite ububasha bwo kubihagarika igihe binyuranyije n’amategeko.

Iri tegeko rishingiye ku mpungenge zatangiye kugaragazwa guhera mu 2019, ubwo hasozwaga iperereza ku bibazo by’abantu bo mu moko y’Abasangwabutaka baburirwa irengero cyangwa bicwa. Hagati aho, Hatathlie yari yaranatanze ibaruwa y’akababaro ashimira umwuzukuru we wapfuye ari mu kigo nk’icyo, avuga ko ibyo bigo bikomeje guteza igihombo gikabije Leta, kirenga miliyari $2 kubera uburiganya bukorerwa muri gahunda ya Medicaid.
SB1308 kandi iteganya ko abazajya bakorera muri ibyo bigo bose bazajya bafotorwa intoki, ndetse ihazabu ku bigo bisuzugura amategeko ikazamuka iva kuri $500 ikagera kuri $1,000.

Hatathlie yavuze ko mu mwaka ushize, Gress – wahoze ari umujyanama wa Andy Tobin, wahoze ari Komiseri wa Arizona Corporation Commission (ACC) – ari we wahagaritse itegeko yari yateguye kuko yanze ko habamo ibivuga ku bubasha bwa ACC. Hatathlie yashakaga ko ACC igira ijambo rikomeye mu guha ibi bigo uburenganzira bwo gukora.
Mu magambo akomeye, yagize ati: “Aba bantu barajya gukora ibyaha, bagahanwa n’Urwego rw’Ubuzima cyangwa ubushinjacyaha, ariko nyuma y’amasaha make bakaba basubiye gusaba impushya nshya 20. Iyo babonye inyandiko yerekana ko babaye intungane, bahita bagana ACC.”

Nubwo hari abadepite bo mu ishyaka rya Democratic bari bafite impungenge kuba Hatathlie atarafatanyije na Carroll mu itegurwa ry’iryo tegeko, nk’uko byatangajwe na Depite Mariana Sandoval na Quantá Crews, barivuguruje barishyigikira nyuma yo kubona ko ryashimangiwe n’imiryango myinshi y’Abasangwabutaka ndetse n’ishyirahamwe ry’imijyi n’uturere.
Ku wa 17 Mata, Umuyobozi w’Umujyi wa Chandler akaba na Perezida w’iri shyirahamwe, Kevin Hartke, yasohoye itangazo asaba Guverineri Katie Hobbs ko yasinyira iryo tegeko agira ati: “Ni ngombwa cyane ko iri tegeko risinywa, kuko hari abatekamutwe bakomeje kwihisha inyuma y’amazina y’ibigo bivura, bagakoresha abantu bafite intege nke, bakabashyira mu kaga. SB1308 izaha Leta ubushobozi bwo kubahashya.”
Ese iryo tegeko rizasinwa koko?
Guverineri Hobbs yatangaje ko agiye guhagarika gushyira umukono ku mategeko mashya mu gihe hataraboneka ubwumvikane ku bijyanye no gutanga inkunga yihutirwa mu Kigo gishinzwe abafite ubumuga bwo mu mutwe (Division of Developmental Disabilities). Ariko, yavuze ko iryo hagarikwa ritareba amategeko azamugeraho mbere y’iyo tariki, bityo bikaba bishoboka ko SB1308 rizasinywa.