• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Politike

Senateri Van Hollen ashinja ubutegetsi bwa Trump guhungabanya uburenganzira bwa buri muntu

Mu gihe Kilmar Abrego Garcia akiri muri El Salvador nyuma yo koherezwayo binyuranyije n’amategeko, Senateri Van Hollen aratabaza avuga ko kwirengagiza uburenganzira bwe ari ukwibasira Itegeko Nshinga n’uburenganzira bwa buri Munyamerika.

PRINCE WAZIEL by PRINCE WAZIEL
April 21, 2025
in Politike
0
Senateri Van Hollen ashinja ubutegetsi bwa Trump guhungabanya uburenganzira bwa buri muntu
0
SHARES
16
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT
Senateri Chris Van Hollen avuga ko ibyo ubutegetsi bwa Trump bwakoze ku kibazo cya Abrego Garcia bishobora gushyira mu kaga uburenganzira bwa buri wese

Senateri Chris Van Hollen, uherutse guhura na Kilmar Abrego Garcia, yamaganye ubutegetsi bwa Trump ku buryo bwitwaye ku kibazo cy’iyoherezwa ku ngufu ry’uyu mugabo wo muri Maryland, abwira CNN ko ibi bishobora gushyira mu kaga uburenganzira bwa buri wese ufite ubwenegihugu bw’Amerika.

Mu kiganiro cyaciye kuri CNN ku cyumweru, Van Hollen yavuze ko uburenganzira bw’uyu mugabo bwo kuburanishwa mu mucyo burimo kwirengagizwa, kuko kugeza ubu Abrego Garcia agifungiye muri El Salvador nyuma yo koherezwayo ku buryo butemewe n’amategeko.

“Niturenza ingohe uburenganzira bw’itegeko nshinga bw’uyu mugabo umwe, bizaba ari nko gutiza umurindi ko n’uburenganzira bwa buri wese bushobora kwirengagizwa,” ni ko Senateri Van Hollen wo muri Leta ya Maryland yabwiye Dana Bash mu kiganiro State of the Union cya CNN.

Mu gihe Kilmar Abrego Garcia akiri muri El Salvador nyuma yo koherezwayo binyuranyije n’amategeko, Senateri Van Hollen aratabaza avuga ko kwirengagiza uburenganzira bwe ari ukwibasira Itegeko Nshinga n’uburenganzira bwa buri Munyamerika.

Van Hollen yasuye El Salvador mu cyumweru gishize, aho yabanje kwangirwa guhura na Abrego Garcia. Ariko nyuma yaje guhabwa uburenganzira bwo guhura na we ku wa kane nijoro, aho uyu mubyeyi wo muri Maryland yamubwiye ko yahungabanyijwe bikomeye n’ubuzima bwo muri gereza izwiho ubukana ya CECOT, nk’uko Van Hollen yabitangaje.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa gatanu agarutse muri Amerika, Van Hollen yavuze ko Abrego Garcia yimuriwe mu yindi gereza, aho “ibikorwa bihoraho byo kumufunga bikaba bitagikabije cyane nk’aho yari ari mbere.”

Nubwo White House yemeye ko koko Abrego Garcia — Umunyesalvadori wari utuye muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko — yoherejwe mu gihugu cye binyuranyije n’icyemezo cy’urukiko cyari cyaravuze mu 2019 ko atagomba koherezwa kubera impungenge z’ihohoterwa, ubutegetsi bwa Donald Trump n’ubwa El Salvador byatangaje ko atazagarurwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bash abajije Van Hollen niba yemera ko Abrego Garcia yoherezwa igihe cyose yaciye mu nzira z’amategeko, yasubije ati: “Nta kibazo mfite igihe cyose amategeko abigennye.”

Van Hollen yanirengagije kunengwa, harimo no kuva kuri Guverineri wa California Gavin Newsom wo mu ishyaka rya Democratic, uvuga ko ibyo ubutegetsi bwa Trump bwakoze bidakwiye, ariko akanasaba ko iri shyaka ryibanda ku bibazo bifatika nko ku misoro no ku bukungu.

 

Van Hollen yagize ati: “Ntekereza ko nta na rimwe biba ari amakosa kurwanira uburenganzira bw’umuntu umwe, kuko iyo tubiretse, tuba dushyize mu kaga uburenganzira bwa buri wese.” Yongeraho ati: “Umuntu utiteguye kurwanira Itegeko Nshinga ntakwiye kuyobora na gato.”

Ubu ubutegetsi bwa Trump buri mu makimbirane y’amategeko arebana no koherezwa kwa Abrego Garcia, kandi buracyanga rwose kumusubiza muri Amerika.

Senateri Van Hollen avuga ko ubutegetsi bwa Trump bunyuranya n’ibyemezo by’urukiko, ndetse ko White House nta ntambwe iri guterwa ngo ishyigikire isubizwa ry’uyu mugabo.

“Gufasha si ukuvuga kutagira icyo ukora,” Van Hollen yabwiye Bash, avuga ku cyemezo cy’Urukiko Rukuru rwategetse ubutegetsi bwa Trump “gufasha” mu gusubiza Abrego Garcia, ariko rutategetse ko amusubiza ku ngufu.

Van Hollen yakomeje avuga ko abakozi ba Ambasade ya Amerika i San Salvador bamubwiye ko “nta na kimwe bahawe n’ubutegetsi bwa Trump cyerekeye gutanga ubufasha mu kurekura Abrego Garcia.”

White House nayo yashatse kwerekana Abrego Garcia nk’umugizi wa nabi, imushinja ko ari umwe mu bagize itsinda ry’abagizi ba nabi rya MS-13. Gusa umuryango we n’abamwunganira mu mategeko bahakanye izo mpamvu, bavuga ko atigeze abamo.

Bash yamubajije niba Van Hollen yarigeze abaza Abrego Garcia niba koko afite cyangwa yaragize aho ahurira na MS-13, maze asubiza ati: “Oya, sinamubajije kuko nari nzi igisubizo cye.”

Yakomeje agira ati: “Icyo yambwiye ni uko ababaye kandi yahungabanyijwe cyane kuba afunze kandi atigeze akora icyaha na kimwe.”

Senateri Van Hollen yemeje ko ubutegetsi bwa Trump butigeze butanga ibimenyetso mu rukiko bifatika byerekana ko Abrego Garcia yaba afite aho ahuriye na MS-13, ahubwo ko ari amayeri yo “guhindura insanganyamatsiko.”

Yagize ati: “Icyo Donald Trump ashaka ni uguhindura insanganyamatsiko. Iyo dusubiye ku byo dushaka kuganiraho ni uko we n’ubutegetsi bwe barimo kwirengagiza icyemezo cy’urukiko cyategetse ko Abrego Garcia ahabwa uburenganzira bwe bwo kuburanishwa mu mucyo.”

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Umuhungu w’umunyavenezuela yagize icyo avuga nyuma yo guhagarikirwa koherezwa n’uyrukiko rukuru rwa Amerika.

Next Post

Arne Slot yashimangiye agaciro ka Trent Alexander-Arnold muri Liverpool

PRINCE WAZIEL

PRINCE WAZIEL

Next Post
Arne Slot yashimangiye agaciro ka Trent Alexander-Arnold muri Liverpool

Arne Slot yashimangiye agaciro ka Trent Alexander-Arnold muri Liverpool

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025
General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

June 27, 2025
Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

June 27, 2025

Recent News

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025
General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

General Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda mu buryo bwa kivandimwe

June 27, 2025
Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

Urahira iki? Rugezi yasubiye mu makuba y’amasasu

June 27, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

Ruhago mu Rwanda: Amateka kuva mu myaka ya za 1930 kugeza ubu

June 27, 2025
Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

Ivan Perisić yirengagije amahirwe, asinyira PSV Eindhoven

June 27, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com