
Senateri Chris Van Hollen, uherutse guhura na Kilmar Abrego Garcia, yamaganye ubutegetsi bwa Trump ku buryo bwitwaye ku kibazo cyβiyoherezwa ku ngufu ryβuyu mugabo wo muri Maryland, abwira CNN ko ibi bishobora gushyira mu kaga uburenganzira bwa buri wese ufite ubwenegihugu bwβAmerika.
Mu kiganiro cyaciye kuri CNN ku cyumweru, Van Hollen yavuze ko uburenganzira bwβuyu mugabo bwo kuburanishwa mu mucyo burimo kwirengagizwa, kuko kugeza ubu Abrego Garcia agifungiye muri El Salvador nyuma yo koherezwayo ku buryo butemewe nβamategeko.
βNiturenza ingohe uburenganzira bwβitegeko nshinga bwβuyu mugabo umwe, bizaba ari nko gutiza umurindi ko nβuburenganzira bwa buri wese bushobora kwirengagizwa,β ni ko Senateri Van Hollen wo muri Leta ya Maryland yabwiye Dana Bash mu kiganiro State of the Union cya CNN.

Van Hollen yasuye El Salvador mu cyumweru gishize, aho yabanje kwangirwa guhura na Abrego Garcia. Ariko nyuma yaje guhabwa uburenganzira bwo guhura na we ku wa kane nijoro, aho uyu mubyeyi wo muri Maryland yamubwiye ko yahungabanyijwe bikomeye nβubuzima bwo muri gereza izwiho ubukana ya CECOT, nkβuko Van Hollen yabitangaje.
Mu kiganiro nβabanyamakuru kuri uyu wa gatanu agarutse muri Amerika, Van Hollen yavuze ko Abrego Garcia yimuriwe mu yindi gereza, aho βibikorwa bihoraho byo kumufunga bikaba bitagikabije cyane nkβaho yari ari mbere.β
Nubwo White House yemeye ko koko Abrego Garcia β Umunyesalvadori wari utuye muri Amerika mu buryo butemewe nβamategeko β yoherejwe mu gihugu cye binyuranyije nβicyemezo cyβurukiko cyari cyaravuze mu 2019 ko atagomba koherezwa kubera impungenge zβihohoterwa, ubutegetsi bwa Donald Trump nβubwa El Salvador byatangaje ko atazagarurwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Bash abajije Van Hollen niba yemera ko Abrego Garcia yoherezwa igihe cyose yaciye mu nzira zβamategeko, yasubije ati: βNta kibazo mfite igihe cyose amategeko abigennye.β
Van Hollen yanirengagije kunengwa, harimo no kuva kuri Guverineri wa California Gavin Newsom wo mu ishyaka rya Democratic, uvuga ko ibyo ubutegetsi bwa Trump bwakoze bidakwiye, ariko akanasaba ko iri shyaka ryibanda ku bibazo bifatika nko ku misoro no ku bukungu.
Van Hollen yagize ati: βNtekereza ko nta na rimwe biba ari amakosa kurwanira uburenganzira bwβumuntu umwe, kuko iyo tubiretse, tuba dushyize mu kaga uburenganzira bwa buri wese.β Yongeraho ati: βUmuntu utiteguye kurwanira Itegeko Nshinga ntakwiye kuyobora na gato.β
Ubu ubutegetsi bwa Trump buri mu makimbirane yβamategeko arebana no koherezwa kwa Abrego Garcia, kandi buracyanga rwose kumusubiza muri Amerika.
Senateri Van Hollen avuga ko ubutegetsi bwa Trump bunyuranya nβibyemezo byβurukiko, ndetse ko White House nta ntambwe iri guterwa ngo ishyigikire isubizwa ryβuyu mugabo.
βGufasha si ukuvuga kutagira icyo ukora,β Van Hollen yabwiye Bash, avuga ku cyemezo cyβUrukiko Rukuru rwategetse ubutegetsi bwa Trump βgufashaβ mu gusubiza Abrego Garcia, ariko rutategetse ko amusubiza ku ngufu.
Van Hollen yakomeje avuga ko abakozi ba Ambasade ya Amerika i San Salvador bamubwiye ko βnta na kimwe bahawe nβubutegetsi bwa Trump cyerekeye gutanga ubufasha mu kurekura Abrego Garcia.β
White House nayo yashatse kwerekana Abrego Garcia nkβumugizi wa nabi, imushinja ko ari umwe mu bagize itsinda ryβabagizi ba nabi rya MS-13. Gusa umuryango we nβabamwunganira mu mategeko bahakanye izo mpamvu, bavuga ko atigeze abamo.
Bash yamubajije niba Van Hollen yarigeze abaza Abrego Garcia niba koko afite cyangwa yaragize aho ahurira na MS-13, maze asubiza ati: βOya, sinamubajije kuko nari nzi igisubizo cye.β
Yakomeje agira ati: βIcyo yambwiye ni uko ababaye kandi yahungabanyijwe cyane kuba afunze kandi atigeze akora icyaha na kimwe.β
Senateri Van Hollen yemeje ko ubutegetsi bwa Trump butigeze butanga ibimenyetso mu rukiko bifatika byerekana ko Abrego Garcia yaba afite aho ahuriye na MS-13, ahubwo ko ari amayeri yo βguhindura insanganyamatsiko.β
Yagize ati: βIcyo Donald Trump ashaka ni uguhindura insanganyamatsiko. Iyo dusubiye ku byo dushaka kuganiraho ni uko we nβubutegetsi bwe barimo kwirengagiza icyemezo cyβurukiko cyategetse ko Abrego Garcia ahabwa uburenganzira bwe bwo kuburanishwa mu mucyo.β















