Mu Mujyi wa Kigali, imyidagaduro ikomeje gufata indi ntera aho abakunzi bayo bagenda babona ahantu heza ho gusohokera no kuruhukira. Muri Bar&Resto zikunze gutegura ibitaramo harimo Ti’Amo Lounge, ikomeje kwigarurira imitima ya benshi kubera serivisi nziza ihatangwa n’ibitaramo bidasanzwe ihora itegura.
Ku munsi wo ku wa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026, hazaba igitaramo gikomeye cyiswe “FIRST CLASS FRIDAY”, kikazitabirwa n’abahanga mu kuvanga imiziki barimo DJ Caspi, DJ Cyusa, Zebby na Tania. Aba bose bazafatanya gutanga ibyishimo ku bazitabira iki gitaramo, bakabagezaho umuziki uri ku rwego rwo hejuru ujyanye n’igihe.

Si ibyo gusa kuko no ku wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, hazaba habanjirijwe igitaramo cyiswe “THURSDAY HANGOUT”, aho DJ Brian azaba ari we ushinzwe kuvanga imiziki, agashyushya ikirori.

Ti’Amo Lounge iherereye i Remera imbere ya gare, hafi ya station ORXY, ikomeje kuba igicumbi cy’abakunzi b’umuziki, cyane cyane ku bakunda agasembuye ndetse n’abashaka gusohokera ahantu hafite umutekano n’imitunganyirize myiza. Ubuyobozi bwayo buvuga ko buri wese ushaka imyidagaduro irimo ubunyamwuga iyo ahageze ahabonera ibyishimo bidasanzwe.
Niba uri mu bakunda gusohokana n’inshuti, kuruhuka nyuma y’akazi no kwishimira ubuzima umaze kugeraho, Ti’Amo Lounge ni ho hantu hakubereye. Abategura ibi bitaramo barasaba abantu kuza ari benshi, batibagiwe n’inshuti zabo, kugira ngo basangire umunezero udasanzwe.















