
Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida Emmanuel Macron yongeye kugaragaza umuhate wβu Bufaransa mu kugeza imbere yβubutabera abayigizemo uruhare.
Nubwo amagambo nkβaya yakirwa neza, kandi koko u Bufaransa buri mu bihugu bike byo mu burengerazuba bwβIsi bwigeze gukurikirana bamwe mu bayigizemo uruhare, cyane cyane mu myaka ishize, biracyasa nβamagambo adafite ishingiro igihe hakomeje kugaragara uburangare mu gufata bamwe mu bakekwaho Jenoside bakidegembya mu Bufaransa.
Hashize imyaka myinshi u Bufaransa bufatiwe nkβubuhungiro bwβinkoramaraso zizwi cyane zagize uruhare mu itegurwa no gushyira mu bikorwa Jenoside, byβumwihariko abagize Akazu, itsinda rikomeye ryari rigizwe nβabantu bo mu muryango wa Habyarimana nβinshuti ze za hafi, bagize uruhare rukomeye mu itegurwa no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri bo harimo Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana wahoze ari Madamu wa Perezida, akaba nβumuyobozi udasubirwaho wβAkazu. Yari nkβumuhuza wβabagize iri tsinda ryari rigizwe nβabanyapolitiki bakomeye, abasirikare, abacuruzi nβabihaye Imana. Nubwo u Rwanda rwagiye rusaba kenshi ko yoherezwa cyangwa agacirwaho urubanza mu Bufaransa, Kanziga akiri mu gihugu nkβaho nta kibi yakoze.
Hari nβabandi nka Laurent Serubuga, wari umusirikare mukuru wagize uruhare rugaragara mu bwicanyi, nawe ugikomeje kwidegembya mu Bufaransa nta nkomyi.

Niba koko u Bufaransa bufite ubunyangamugayo mu bijyanye nβubutabera no kwibuka, bugomba guhagarika uyu muco wo gukurikirana bamwe no kwirengagiza abandi. Ubutabera ntabwo bugira aho buhagararira, kandi nta muntu nβiyo yaba afite ububasha bungana iki ugomba guhishwa cyangwa kurindwa gukurikiranwa. Buri muntu wese ushinjwa Jenoside agomba gushyikirizwa ubutabera, nta vangura.
Byongeye kandi, u Bufaransa nβibindi bihugu byβu Burayi bigomba guhagurukira byimazeyo abahakana Jenoside nβabayipfobya, bakoresha ubwisanzure bwabo mu mahanga bagamije gusibanganya ukuri no gupfobya imibabaro yβabayirokotse. Guhakana Jenoside ni ugukomeza Jenoside ubwayo, kandi u Burayi ntibugomba kuba isibaniro ryβabagamije gusibanganya amateka no gutesha agaciro abazize Jenoside.
Ubufatanye nyakuri nβabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi busaba ibirenze amagambo yβamarangamutima. Busaba ibikorwa bifatika. Busaba ubutwari. Busaba ko u Bufaransa bwuzuza ibyo bwiyemeje mu rwego rwβubutabera, bukohereza cyangwa bugacira imanza bose bakekwaho uruhare muri Jenoside bari ku butaka bwabwo.
U Rwanda nβIsi yose barareba. Ubutabera buvuyemo igihe si gusa ubutabera bwimye abantu ni ubutabera bwagambaniwe. Ikirenze byose, hashize imyaka 31, ntisigaye myinshi ngo abacyekwaho Jenoside bahabwe amahirwe yo kuburanishwa mu buryo bukwiye.
Ubutabera burakenewe kandi ni ubu.
















