Ku itariki ya 21 Nyakanga 2025, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ibinyujije kuri Minisitiri wβUmutekano, Jaquemin Shabani, wari mu bitabiriye ibiganiro byβi Doha, yagiranye ikiganiro nβabanyamakuru i Kinshasa.
Muri icyo kiganiro, Shabani yatangaje ko Minisitiri wβUbubanyi nβAmahanga wβu Rwanda, Dr. Vincent Biruta, yitabiriye ibiganiro byβi Doha nka kimwe mu bayobozi bβumutwe wa AFC/M23, ndetse anavuga ko nawe ubwe yabigiyemo nkβushigikiye intumwa za RDC.
Aya magambo yahise yamaganwa nβu Rwanda, binyuze kuri Minisitiri wβUbubanyi nβAmahanga, Olivier Nduhungirehe, wavuze ko ari ibinyoma bidafite ishingiro.
Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye ko ku itariki ya 27 Kamena 2025, ubwo u Rwanda na RDC byahuriraga i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikemeza amasezerano yβamahoro, Umunyamabanga wa Leta ya Qatar ushinzwe ububanyi nβamahanga yasabye impande zombi nβababashyigikiye ko bahurira kuri Ambasade ya Qatar i Washington DC, kugira ngo baganire ku ntambwe ikurikiraho.
Ati: βMuri ibyo biganiro byitabiriwe na ba Minisitiri bβUbubanyi nβAmahanga ba RDC, u Rwanda na Togo, hamwe na Massad Boulos, Umunyamabanga Wihariye wa Amerika, Minisitiri wa Qatar yasabye impande zombi kohereza intumwa zikurikirana ibiganiro bya Doha, hashingiwe ku kuba izi gahunda zombi zuzuzanya.β
Yakomeje avuga ko u Rwanda rwitabiriye ibyo biganiro ku busabe bwβigihugu cya Qatar, kandi ko rwabyitabiriye nkβindorerezi kimwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse nβUmuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ibi rero ngo biratandukanye n’ibivugwa na Minisitiri Shabani.
Ikindi cyagarutsweho ni uko no mu biganiro byabanjirije ibi biheruka, byitabiriwe na Minisitiri Biruta nβuwo wa RDC Jaquemin Shabani. Ariko bitandukanye nβuko byagombaga kumera, Shabani ngo yari yagiye nkβushyigikiye uruhande rwa RDC aho kwitwara nkβindorerezi, nkβuko byari biteganyijwe.















