Umuhanzi nyarwanda Djazmir, uba muri Leta Zunze Ubumwe zβAmerika, ari mu bahanzi bakomeje gukora cyane kugira ngo batere imbere mu rugendo rwabo rwa muzika. Nubwo ari kure yβiwabo, ntibimubuza gukomeza kwibanda ku nganzo ishingiye ku muco nyarwanda ndetse no gutanga ubutumwa bwubaka sosiyete.
Djazmir yakuriye mu Rwanda, igihugu cyamutoje gukunda umuco nβubuhanzi. Mu biganiro atanga, akunze kuvuga ko uko imyaka yagendaga ishira, yagiye arushaho kwagura impano ye, kugeza ubwo yiyemeje kuririmba nk’uwabigize umwuga.
Amaze imyaka itari mike aba muri Leta Zunze Ubumwe zβAmerika, aho akorera umuziki we. Nubwo ari kure yβu Rwanda, ntiyibagirwa inkomoko ye.
Ahanini ibihangano bye bikubiyemo indirimbo zivuga ku rukundo, ubuzima, kwihangana, ndetse nβicyizere. Avuga ko ari ingenzi gukoresha impano umuntu yahawe mu guteza imbere sosiyete nβigihugu cye, kabone nβiyo yaba ari hanze yacyo.
Djazmir yatangiye kumenyekana cyane binyuze mu ndirimbo ze zagiye zigera ku bantu benshi biciye kuri YouTube nβizindi mbuga nkoranyambaga ze. Yifashisha amajwi meza, amagambo yβubwenge nβubuhanga bwo gutunganya indirimbo mu buryo bugezweho.
Aherutse gusohora indirimbo nshya yise βCashβ, aho agaragaza ko nβiyo ubuzima bugoye, abantu badakwiye gucika intege, ahubwo bakwiye gukora cyane kugira ngo bagororerwe.
Mu gihe benshi mu bahanzi baba hanze bagerageza gukurikira ibigezweho byo mu bihugu barimo, Djazmir ahitamo kugumana umwimerere wβumuco nyarwanda mu bihangano bye, nubwo avangamo mu nganzo indimi z’amahanga agerageza gushyiramo ururimi rwe gakongo ‘Ikinyarwanda’.
Aririmba mu Kinyarwanda, rimwe na rimwe agashyiramo nβicyongereza cyangwa igifaransa, bigafasha ubutumwa bwe kugera ku bantu benshi bo mu bice bitandukanye byβIsi.
Mu biganiro bitandukanye yagiye atanga, Djazmir ashimangira ko ari inshingano ye nkβumuhanzi nyarwanda uba hanze yβigihugu, gukomeza kwamamaza umuco we no kurushaho gutanga icyizere cyβuko umuziki nyarwanda ushobora kugera kure mu ruhando mpuzamahanga.
Yabwiye Kasuku Media Ati: βNzi aho mva, nzi naho nerekeza. Umuziki ni ururimi mpuzamahanga kandi ni uburyo bwiza bwo kubwira Isi uwo uri we nβicyo wizeye. Nkunda u Rwanda kandi igihe cyose ndirimba, mba numva nkiri iwacu.β
Ubu ari gutegura umushinga munini wβindirimbo zizaba zigizwe nβalbum ye ya mbere, aho ateganya gukorana nβabandi bahanzi nyarwanda, harimo nβabari mu gihugu cy’u Rwanda. Yizera ko ubufatanye nkβubwo bushobora guteza imbere uruganda rwβimyidagaduro nyarwanda.
Djazmir ni urugero rwiza rwβuko impano nyarwanda ishobora kumvikana no gutera imbere ku rwego mpuzamahanga. Abahanzi bagenzi be, ndetse nβurubyiruko rufite inzozi zo gukorana umuziki, bashobora kumwigiraho byinshi byerekeye k’ubwitange, gukunda ibikorerwa mu gihugu no kwihangira udushya mu nganzo.


















