Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, akomeje kwerekana ko ari umwe mu bahanzi nyarwanda bafite izina rikomeye ku Mugabane w’u Burayi, nyuma y’uko hamenyekanye ko agiye kongera gutaramira mu Bubiligi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.
Iki gitaramo giteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena 2026, kizabera mu Mujyi wa Bruxelles, kikaba cyateguwe na Team Production, kompanyi imenyerewe mu gutegura ibitaramo bikomeye by’abahanzi b’indirimbo zo kuramya Imana mu bihugu by’i Burayi. Biteganyijwe ko iki gitaramo kizitabirwa n’abantu b’ingeri zitandukanye, barimo Abanyarwanda n’inshuti zabo batuye mu Bubiligi no mu bindi bihugu byegereyeho.
Israel Mbonyi agiye gusubira mu Bubiligi ashingiye ku mateka meza yasize mu bitaramo yabahaye, cyane cyane icyo yakoze mu 2024, cyabereye ahazwi nka Docks (Dome Events Hall), cyari cyitabiriwe n’abantu benshi cyane ku buryo aho cyari cyabereye hari huzuye. Icyo gitaramo cyabaye ikimenyetso gikomeye cy’uko umuziki wo kuramya Imana ukomeje gukundwa n’Abanyarwanda baba mu mahanga.
Muri icyo gitaramo, Mbonyi yanakiriwe ku rubyiniro na Burugumesitiri wa Bruxelles, Philippe Close, wagaragaje ko uyu muhanzi ari umwe mu bahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba bafite izina rikomeye ku Mugabane w’u Burayi. Yanahawe kandi ishimwe ryashimiye umusanzu atanga mu kumenyekanisha umuco nyarwanda n’indirimbo zo kuramya Imana.
Iki gitaramo gishya kitezweho gukomeza gusiga amateka, by’umwihariko nyuma y’uko Israel Mbonyi aherutse gushyira ku isoko Album ye ya Gatanu, yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki we hirya no hino ku Isi.

















