Amazina ye nyakuri ni Karomba Gael, ariko azwi cyane ku izina rya Coach Gael. Yavutse ku itariki ya 12 Nyakanga 1988 mu gihugu cyโu Burundi, aho yamazeyo imyaka myinshi mbere yo kwimukira mu Rwanda. Kugeza ubu, afite imyaka 37 yโamavuko.
Coach Gael akomoka mu muryango wโabana batanu. Mu bavandimwe be, umwe uzwi cyane ni Kenny, bakunze no gukorana ibiganiro binyura kuri YouTube Channel yabo yitwa โAba VIP TVโ, imaze kwamamara cyane.
Uyu mugabo ni umwe mu bantu bake bazwi mu Rwanda bafite ubushobozi bwo guhuza ubucuruzi nโimiyoborere, cyane cyane mu byerekeye imyidagaduro, siporo, ubujyanama mu buzima (coaching), nโishoramari mu bukungu bwifitemo icyerekezo.
Amashuri abanza yayize mu gihugu cyโu Burundi, Nyuma yaje kwimukira mu gihugu cy’u Rwanda ari naho yize amashuri yisumbuye ayasoza neza. Nyuma yaje gukomereza Kaminuza muri Uganda muri Makerere University, aho yize ibijyanye nโubucuruzi nโimiyoborere.
Ibyo ntibyarangiriye aho, kuko yahise yerekeza mu gihugu cyโu Buhinde, aho yakuye impamyabumenyi yโikirenga (Masterโs Degree) mu ishami ryโibarurishamibare (Statistics), ayisoza mu mwaka wa 2013. Ni umwe mu Banyarwanda bake babashije gukomeza kwiga, bakarangiza amashuri makuru yโikirenga.
Nyuma yo gusoza amasomo ye, Coach Gael yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yatangiye ubuzima bushya.
Atangira akazi gasanzwe, akora amasaha ahoraho ku mushahara wa $7 ku isaha. Nubwo atari menshi, yari afite intego imwe gusa: kubyaza ayo mafaranga ubundi bushobozi bwo gutera imbere. Yakoze imirimo itandukanye, ariko we yari afite icyerekezo.
Nyuma yโigihe gito, yaje kwiyubaka buhoro buhoro. Yashinze imishinga yโubucuruzi yagiye imuhesha izina nโicyizere, ndetse ubu ni umwe mu bantu bafite ibikorwa bikomeye mu Rwanda mu bijyanye nโimyidagaduro, ibikorwa remezo bya siporo, amasosiyete yโubujyanama no gutegura inama, ndetse nโibikorwa byโikoranabuhanga.
Coach Gael kandi akunzwe cyane nโurubyiruko kuko akenshi agira ibiganiro byโinyigisho (motivational talks) kuri YouTube, abwira urubyiruko uburyo ashobora kuva ku busa akagera ku rwego rwo hejuru. Avugamo amagambo yโinkomezi ati: “Ntabwo ari aho utangiriye, ahubwo ni aho ushaka kugera.โ
Uyu mugabo yashinze kandi imishinga yโimari igamije gufasha urubyiruko rufite ibitekerezo byโubucuruzi. Yagaragaye mu bikorwa byinshi byo guteza imbere siporo, harimo nโishoramari mu makipe nka basketball aho yanashoye imari mu ikipe ya UGB.
Nubwo afite ubutunzi, Coach Gael azwiho kwicisha bugufi, kugira umutima wโimpuhwe, nโukwigisha abandi kugera ku nzozi zabo atabaciye intege.



