Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwafashe umwanzuro ntakuka wo gukatira igifungo cya burundu Sgt Minani Gervais, wari wajuririye icyemezo cyโUrukiko rwa Gisirikare cyari cyaramuhamije icyaha cyo kwica abantu batanu abarashe.
Ibi byabereye mu Murenge wa Karambi, mu Karere ka Nyamasheke, aho uyu musirikare yashinjwaga kuba yarakoresheje imbunda mu buryo bunyuranyije nโamategeko, bikaviramo abo bantu gupfa urupfu rubi.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwagaragaje ko Sgt Minani yakoze icyaha kandi kigahanishwa ibihano bikomeye,
bishingiye ku mategeko yโu Rwanda. Mu rukiko, ubushinjacyaha bwatanze ibimenyetso simusiga byagaragazaga uko icyaha cyakozwe, ndetse nโuburyo bwagaragaye ko nta mpamvu nโimwe yari yemewe yatuma uyu musirikare afata icyemezo cyo kurasa abo bantu.
Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa 7 Gashyantare 2025, inteko y’abacamanza yasanze nta shingiro ku bujurire bwa Sgt Minani Gervais, kuko ibyaha yari akurikiranyweho byari bifite ibimenyetso bifatika.
N’ubwo uregwa we yari yasabye kugabanyirizwa igihano, urukiko rwategetse ko igifungo cya burundu gihama uko cyari cyemejwe n’Urukiko rwa Gisirikare rwa mbere.
Iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukumira ibyaha nkโibi no gutanga ubutumwa bukomeye ko nta muntu uri hejuru yโamategeko, cyane cyane mu gisirikare aho igihango hagati yโigisirikare nโabaturage kigomba kuba gishingiye ku mutekano, si ku guhohotera abasivile.
Mu gihe cyโiburanisha, abari bitabiriye urubanza bagaragaje ibyiyumviro bitandukanye. Bamwe mu muryango wโabishwe bagaragaje ko banyuzwe nโiki cyemezo, kuko kibahaye ubutabera bari bategereje.
Gusa hari nโabandi bababajwe nโuko ubujurire bwa Sgt Minani bwateshejwe agaciro, bavuga ko yageragezaga gusobanura impamvu zamuteye gukora icyaha.
Iyi nkuru yabaye kimomo mu baturage bo muri Nyamasheke, aho benshi bagaragaje ko batewe ubwoba nโicyo gikorwa cyโubwicanyi, ariko bakavuga ko bishimiye kubona ubutabera butanzwe uko bikwiye.
Uyu mwanzuro wa nyuma wโurukiko ukaba uciye amarenga ko ibyaha byโubwicanyi bikozwe nโabasirikare batazihanganirwa, ahubwo bazahanwa byโintangarugero kugira ngo bateze imbere amahoro nโumutekano ku baturage bose.

















