Urukiko rwo muri Kenya rwatanze iminsi 21 ku bapolisi kugira ngo bafate abantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Campbell Scott, wari ufite imyaka 58. Umurambo we wagaragaye tariki ya 22 Gashyantare, nyuma yโiminsi mike ageze muri Kenya aho yari yitabiriye inama.
Abayobozi batangaje ko Scott yaherukaga kugaragara avuye muri hoteri ari kumwe nโumugabo utaramenyekana, mbere yo gufata tagisi yerekeza mu gace ka Nairobi.
Nyuma yaho, umurambo we wabonetse mu birometero 110 uvuye mu murwa mukuru, aho byakekwaga ko yishwe mbere yo kujugunywa.

Mu iperereza rikomeje gukorwa, umushoferi wa tagisi bivugwa ko yagize uruhare muri uru rubanza ubu ari mu maboko yโinzego zโumutekano, aho akomeje gufasha abagenzacyaha mu gushakisha amakuru yโukuri.
Kugeza ubu, ibizamini bya toxicology birakomeje mu rwego rwo kugenzura niba Scott yaba yarahawe uburozi cyangwa indi miti yateje urupfu rwe.
Ibimenyetso byโibanze byerekana ko hashobora kuba harabayeho iyicwarubozo cyangwa ubundi bugizi bwa nabi bwakorewe Scott mbere yโuko yicwa. Gusa, inzego zโumutekano ntiziratangaza amakuru arambuye ku bakekwaho uruhare muri ubu bwicanyi.
Biteganyijwe ko urubanza ruzakomeza tariki ya 24 Werurwe, aho urukiko ruzasuzuma ibimenyetso bishya bizaba byabonetse no guha uburenganzira inzego zโumutekano bwo gukomeza iperereza.
Abantu benshi barimo abanyamakuru nโimiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bategereje kureba uko uru rubanza ruzagenda, kuko ari kimwe mu byagaragaje ikibazo cyโumutekano wโabanyamahanga basura Kenya.
Ibihugu byโamahanga, cyane cyane Ubwongereza, byagaragaje impungenge ku mutekano wโabaturage babo basura Kenya, basaba ko habaho iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri ku cyateye urupfu rwa Scott.
Inzego zโumutekano muri Kenya nazo zavuze ko zitazihanganira ubugizi bwa nabi no gukorera urugomo abanyamahanga bari mu gihugu cyabo.
