Vietnam iri mu nzira zo kwandika amateka muri siporo mpuzamahanga, nyuma yo gutangaza umushinga wo kubaka stade izaba ari yo nini ku Isi mu zakira abantu benshi bicaye neza. Iyi stade izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera ku 135,000, igashyirwa ku rutonde rwβibikorwaremezo bikomeye byubatswe muri Aziya mu myaka ya vuba.
Stade izitwa Trong Dong Stadium, ikaba imirimo yo kuyubaka yaratangiye mu Ukuboza 2025. Nkβuko byatangajwe nβabayobozi bβiki gihugu, biteganyijwe ko izafungurwa ku mugaragaro mu mwaka wa 2028, ikazaba yiteguye kwakira amarushanwa nβibitaramo bikomeye ku rwego mpuzamahanga.
Uyu mushinga ni igice cyβicyerekezo kinini cya Leta ya Vietnam kigamije guteza imbere siporo, ubukerarugendo nβubukungu bushingiye ku bikorwa mpuzamahanga. Abayobozi bemeza ko iyi stade izubakwa mu buryo bugezweho, ikubahiriza ibisabwa nβamashyirahamwe akomeye arimo FIFA, AFC ndetse nβInama Nkuru ya Siporo muri Aziya.
Iyo myiteguro izaha Vietnam amahirwe yo guhatanira kwakira amarushanwa akomeye ku Isi, arimo Imikino ya ASIAD, Imikino Olempike ndetse nβIgikombe cyβIsi mu mupira wβamaguru nβandi marushanwa akomeye.
Abasesenguzi bemeza ko mu gihe uyu mushinga wazaba usohojwe uko wateganyijwe, Vietnam izahinduka imwe mu nkingi za mwamba za siporo muri Aziya, yiyongera ku bihugu byamaze kumenyekana mu kwakira amarushanwa nβibirori bikurura imbaga ku rwego rwβIsi.

















