Xabi Alonso yiteguye kuvuga yego agasinyira Real Madrid ndetse akarangiza kwimukira muri iyi kipe ya rutura yo muri Espagne igihe gusa urugendo rwa Carlo Ancelotti ruzaba rwarangiye.
Nkโuko amakuru abitangaza, uyu mutoza wagiye yigaragaza mu buryo budasanzwe muri Bundesliga, yamaze kumva neza ko Real Madrid ishobora kumugenera inshingano mu minsi iri imbere, bitarenze igihe cyโumwaka utaha.
Ibi byose bishingiye ku mpinduka zitegerejwe muri Real Madrid, aho Ancelotti, umutoza wubatse amateka akomeye mu mupira wโi Burayi, ashobora kuva ku nshingano ze nyuma yโirangiza rya shampiyona ya La Liga.
Ancelotti wagiye anavugwaho amahirwe yo gutoza ikipe yโigihugu ya Brazil, bivugwa ko ashobora gutangaza icyemezo cye nyuma yโumukino wa nyuma wa shampiyona.
Ku rundi ruhande, Bayer Leverkusen, ikipe Xabi Alonso ayoboye ubu kandi yagejeje ku ntsinzi ya mbere ya shampiyona kuva yabaho, yatangiye gahunda yo gushaka umusimbura we.
Ibiganiro hagati yโiyi kipe nโabatoza batandukanye birakomeje, kuko bateganya ko igihe cyo gutandukana na Xabi kigeze.
Umwuka uri mu buyobozi bwa Leverkusen ugaragaza ko bemera ko Alonso afite amahirwe menshi yo kwerekeza ku ntebe yโabatoza muri Santiago Bernabรฉu.
Xabi Alonso wahoze akinira Real Madrid, Liverpool na Bayern Munich, amaze kwerekana ubushobozi budasanzwe nkโumutoza, bituma yishimirwa cyane na Perez nโubuyobozi bwโiyi kipe yo muri Espagne.
Kuba yarabashije kwegukana Bundesliga na Leverkusen, ndetse bakagera muri finale ya Europa League, ni kimwe mu bintu byamushimangiye ku rwego mpuzamahanga.
Uko ibintu bihagaze, hasigaye gutegereza gusa icyemezo cya Ancelotti, ariko byose bisa nโaho inzira ifunguye kuri Xabi Alonso ngo azasimbure uyu mugabo wโimyaka 65, agatangira amateka mashya nkโumutoza mukuru wa Real Madrid.

