Xabi Alonso yiteguye kuvuga yego agasinyira Real Madrid ndetse akarangiza kwimukira muri iyi kipe ya rutura yo muri Espagne igihe gusa urugendo rwa Carlo Ancelotti ruzaba rwarangiye.
Nkβuko amakuru abitangaza, uyu mutoza wagiye yigaragaza mu buryo budasanzwe muri Bundesliga, yamaze kumva neza ko Real Madrid ishobora kumugenera inshingano mu minsi iri imbere, bitarenze igihe cyβumwaka utaha.
Ibi byose bishingiye ku mpinduka zitegerejwe muri Real Madrid, aho Ancelotti, umutoza wubatse amateka akomeye mu mupira wβi Burayi, ashobora kuva ku nshingano ze nyuma yβirangiza rya shampiyona ya La Liga.
Ancelotti wagiye anavugwaho amahirwe yo gutoza ikipe yβigihugu ya Brazil, bivugwa ko ashobora gutangaza icyemezo cye nyuma yβumukino wa nyuma wa shampiyona.
Ku rundi ruhande, Bayer Leverkusen, ikipe Xabi Alonso ayoboye ubu kandi yagejeje ku ntsinzi ya mbere ya shampiyona kuva yabaho, yatangiye gahunda yo gushaka umusimbura we.
Ibiganiro hagati yβiyi kipe nβabatoza batandukanye birakomeje, kuko bateganya ko igihe cyo gutandukana na Xabi kigeze.
Umwuka uri mu buyobozi bwa Leverkusen ugaragaza ko bemera ko Alonso afite amahirwe menshi yo kwerekeza ku ntebe yβabatoza muri Santiago BernabΓ©u.
Xabi Alonso wahoze akinira Real Madrid, Liverpool na Bayern Munich, amaze kwerekana ubushobozi budasanzwe nkβumutoza, bituma yishimirwa cyane na Perez nβubuyobozi bwβiyi kipe yo muri Espagne.
Kuba yarabashije kwegukana Bundesliga na Leverkusen, ndetse bakagera muri finale ya Europa League, ni kimwe mu bintu byamushimangiye ku rwego mpuzamahanga.
Uko ibintu bihagaze, hasigaye gutegereza gusa icyemezo cya Ancelotti, ariko byose bisa nβaho inzira ifunguye kuri Xabi Alonso ngo azasimbure uyu mugabo wβimyaka 65, agatangira amateka mashya nkβumutoza mukuru wa Real Madrid.

















