Xabi Alonso yiteguye kuvuga yego agasinyira Real Madrid ndetse akarangiza kwimukira muri iyi kipe ya rutura yo muri Espagne igihe gusa urugendo rwa Carlo Ancelotti ruzaba rwarangiye.
Nk’uko amakuru abitangaza, uyu mutoza wagiye yigaragaza mu buryo budasanzwe muri Bundesliga, yamaze kumva neza ko Real Madrid ishobora kumugenera inshingano mu minsi iri imbere, bitarenze igihe cy’umwaka utaha.
Ibi byose bishingiye ku mpinduka zitegerejwe muri Real Madrid, aho Ancelotti, umutoza wubatse amateka akomeye mu mupira w’i Burayi, ashobora kuva ku nshingano ze nyuma y’irangiza rya shampiyona ya La Liga.
Ancelotti wagiye anavugwaho amahirwe yo gutoza ikipe y’igihugu ya Brazil, bivugwa ko ashobora gutangaza icyemezo cye nyuma y’umukino wa nyuma wa shampiyona.
Ku rundi ruhande, Bayer Leverkusen, ikipe Xabi Alonso ayoboye ubu kandi yagejeje ku ntsinzi ya mbere ya shampiyona kuva yabaho, yatangiye gahunda yo gushaka umusimbura we.
Ibiganiro hagati y’iyi kipe n’abatoza batandukanye birakomeje, kuko bateganya ko igihe cyo gutandukana na Xabi kigeze.
Umwuka uri mu buyobozi bwa Leverkusen ugaragaza ko bemera ko Alonso afite amahirwe menshi yo kwerekeza ku ntebe y’abatoza muri Santiago Bernabéu.
Xabi Alonso wahoze akinira Real Madrid, Liverpool na Bayern Munich, amaze kwerekana ubushobozi budasanzwe nk’umutoza, bituma yishimirwa cyane na Perez n’ubuyobozi bw’iyi kipe yo muri Espagne.
Kuba yarabashije kwegukana Bundesliga na Leverkusen, ndetse bakagera muri finale ya Europa League, ni kimwe mu bintu byamushimangiye ku rwego mpuzamahanga.
Uko ibintu bihagaze, hasigaye gutegereza gusa icyemezo cya Ancelotti, ariko byose bisa n’aho inzira ifunguye kuri Xabi Alonso ngo azasimbure uyu mugabo w’imyaka 65, agatangira amateka mashya nk’umutoza mukuru wa Real Madrid.

