
Umuhanzi A Pass yavuze ko ashobora kuba afite ubuhanga mu miririmbire n’imivugo buruta ubw’icyamamare nyakwigendera Mowzey Radio, umwe mu bahanzi b’ibyamamare cyane muri Uganda mu kuririmba no kwandika indirimbo.
Ikiganiro cyatangiye ubwo umwe mu bafana kuri X (Twitter) yabazaga ati: “Ni nde uri hejuru mu buhanga bw’amagambo hagati ya A Pass na Mowzey Radio?” Mu gusubiza, A Pass yemeye ko Radio yari afite impano idasanzwe, ariko agaragaza icyizere gikomeye mu bushobozi bwe bwihariye.
Yagize ati:
“Biragoye kugereranya ibihangano n’abahanzi kuko byose biterwa n’uko umuntu abyumva. Ikindi kandi, byari kuba byiza iyo Radio aba akiriho. Yari umunyabuhanga udasanzwe mu kuvuga inkuru no kuririmba mu buryo bw’imivugo. Ariko njye ndi uwihariye kuko nshobora gukora indirimbo zifite inkuru cyangwa imivugo, ariko nanone nkazihuza n’ibintu byinshi bya rap. Ntabwo ushobora kugereranya ibyo. Nta muhanzi wo muri Uganda ushobora kungereranywa na njye. Ibyo bakora byose ndabishoboye, kandi nkagira n’ibindi byinshi bo batabasha gukora.”
Mowzey Radio, witabye Imana mu 2018, azwi cyane kubera ijwi rye ryoroshye ryiza, amagambo yuzuye ubuhanga n’ubuvanganzo, ndetse n’uruhare rwe nk’umwe mu bagize itsinda rya Goodlyfe Crew aho yaririmbanye na Weasel.
Kugeza n’ubu, abahanzi benshi bo muri Uganda bakomeje kumufata nk’umwanditsi w’indirimbo n’umuririmbyi w’ibihe byose igihugu cyagize.