Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, umutwe w’Abadepite, yemeje ku buryo bwa nyuma umushinga w’itegeko uzemerera abantu bakuru barwaye indwara zidakira kandi zidashobora gukira gusaba ubufasha bwo gusoza ubuzima bwabo mu buryo bwemewe n’amategeko.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’imyaka myinshi y’impaka hagati y’abanyapolitiki, abaganga n’imiryango iharanira uburenganzira bw’abarwayi. Abashyigikiye iri tegeko bavuga ko ritanga uburenganzira ku bantu bafite ububabare bukomeye bwo kwihitiramo iherezo ry’ubuzima bwabo, mu gihe abarirwanya bavuga ko rishobora kuvutsa agaciro ubuzima bwa muntu.
Perezida Emmanuel Macron yashimye icyemezo cyafashwe n’Abadepite, avuga ko ibiganiro byabaye byagaragaje demokarasi ishingiye ku bwubahane no kumva ibitekerezo bitandukanye. Yibukije ko gushyiraho iri tegeko biri mu byo yari yarasezeranyije abaturage ubwo yiyamamazaga mu 2022.
Mu matora yabaye, Abadepite 291 batoye bashyigikira umushinga, mu gihe 241 bawutoye bawurwanya. Nyuma y’uko Sena yari yanze kuwemeza, Guverinoma yakoresheje ububasha buyemerera gusubiza umushinga mu Nteko y’Abadepite kugira ngo ifate icyemezo cya nyuma.
Iri tegeko riteganya ko ubufasha bwo gusoza ubuzima buzahabwa gusa umurwayi wujuje ibisabwa birimo kuba afite ubushobozi bwo kwifatira icyemezo, azi neza ingaruka zacyo kandi afite ububabare bukabije budashobora kugabanywa n’ubuvuzi.
Mbere y’uko ubusabe bwemerwa, abaganga bazabanza gusuzuma neza dosiye y’umurwayi, kandi azagumana uburenganzira bwo kwisubiraho igihe cyose atarahabwa ubu bufasha. Icyakora, iri tegeko riracyategereje gusuzumwa n’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga mbere y’uko ritangira kubahirizwa mu Bufaransa.















