Video yerekana abagabo bakekwaho kwinjira mu muyoboro w’imyanda i Brooklyn
Abagabo batatu baregwa icyaha cyo kwinjira ahantu hatemewe nyuma y’uko Polisi ivuze ko bafashwe ku mashusho binjira mu mwobo w’imyanda (manhole) mu gace ka Brooklyn. Polisi ikaba ishobora no kuba iri gushakisha abandi bakekwa.
Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere, mu muhanda wa 17 hafi y’iyo wa 82 muri Bensonhurst.
Abagabo bane bafashwe ku mashusho binjira mu mwobo w’imyanda i Brooklyn
Amashusho agaragaza abantu batanu bambaye imyambaro y’ubwirinzi (gilet fluorescents) bafite n’ibikoresho. Bafungura umwobo uri hagati y’umuhanda, hanyuma umwe ku wundi – bane bose – baramanuka.
Ukuboko kugaragara kivuye hasi gifunga uwo mwobo, hanyuma wa muntu wa gatanu ashyira intebe ku ruhande rw’umuhanda, yicara nk’uwisanzuye.
Polisi yahise ihamagarwa itangira iperereza mu muyoboro w’imyanda.
NYPD (Polisi ya New York) nyuma yaho yafashe abantu batatu bafite hagati y’imyaka 25 na 39. Bashinjwa kwiba no kwangiza.
Amakuru ya polisi yatangarije CBS News New York ko umwe mu bakekwa yabwiye abapolisi ati: “Nakodeshejwe ngo nzimure imyanda mu muyoboro.” Undi na we ati: “Twashakaga ubukire (ubutunzi) bwahishweyo.”
Ibyo bikekwa ntabwo byari bikorwa ku izina ry’ikigo cyangwa ku bw’amasezerano n’Umujyi, nk’uko polisi ibitangaza.
“Igihe giheruka numvise nk’ibi ni muri filime ya ‘Ninja Turtles'”
Mu gihe abapolisi bagikora iperereza ku cyari kigambiriwe, abatuye ako gace bari mu rujijo, bamwe bavuga ko bashakaga impeta cyangwa andi mabya yaguyemo, abandi bakeka ko bariho bafata amashusho yo gushyira kuri internet.
“Polisi yari kuri uriya mwobo, hanyuma baza no kuri uyu handi. Ntekereza ko bakekaga ko bashobora kuba banyuze munsi hagati y’iyo myobo,” nk’uko byavuzwe na Janine Vitiello utuye Bensonhurst. “Ntabwo nzi ibiri hariya munsi, wenda zahabu cyangwa ikindi.”
“Igihe giheruka numvise ibintu nk’ibi ni muri ‘Ninja Turtles’,” Lou Venturelli na we utuye Bensonhurst yavuze. “Aha duturanye duhora twitahana. Iyo ubonye abantu bane binjira mu muyoboro hanyuma umwe agakubitaho igifuniko, ntabwo biba bisanzwe. Nta n’uburinzi (barrière) bahashyira.”
Hari amashusho akwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga y’ibikorwa byitwa “urban exploring” aho abantu binjira ahantu hatagikora cyangwa mu byobo biri munsi y’umujyi wa New York, bitabifitiye uburenganzira.
“Ntaho biba byoroshye. Ushobora gutekereza ko ari ukwinjira mu nzu y’undi (burglary) bisanzwe, ariko ushobora gusanga hari ikindi kibi bari barimo,” nk’uko Vitiello yabisobanuye.