• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media Shop
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media Shop
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Abakunzi ba Davido na Wizkid baracyiteze indirimbo y’isezerano itarasohoka nyuma y’imyaka 10

Imyaka icumi irashize Davido asezeranyije abafana be ko we na Wizkid bagiye gushyira hanze indirimbo bahuriyemo, ariko amaso yaheze mu kirere.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
February 26, 2025
in Imyidagaduro
0
Abakunzi ba Davido na Wizkid baracyiteze indirimbo y’isezerano itarasohoka nyuma y’imyaka 10
0
SHARES
0
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Imyaka 10 irashize Davido yijeje abafana be ko we na Wizkid bagiye gushyira hanze indirimbo bahuriyemo, ariko amaso yaheze mu kirere. Ubwo yayitangazaga mu 2015, yavuze ko izasohoka mu kwezi gukurikiyeho, ariko kugeza n’uyu munsi, ntibigeze bayishyira hanze.

Ibi Davido yabivuze nyuma y’uko Wizkid yari amaze kwegukana igihembo cya ‘Best Male Artist’ muri MTV Africa Music Awards 2015. Icyo gihe, aba bahanzi bombi bari ku gasongero k’umuziki wa Afrobeats, bafite indirimbo zikunzwe cyane ku mugabane wa Afurika no hanze yawo.

By’umwihariko, Wizkid yari amaze gushyira hanze album ye Ayo, igizwe n’indirimbo zakunzwe nka Ojuelegba na Show You the Money, mu gihe Davido na we yari ahagaze neza mu ndirimbo zirimo Aye na Tchelete yakoranye na Mafikizolo. Abafana bari bafite amatsiko yo kumva aba bahanzi bombi bakorana, cyane ko bari mu bahanzwe amaso mu muziki wa Afurika.

Ubushyamirane bwa Davido na Wizkid bwatumaga abakunzi babo barushaho gukomezanya amatsiko y’iyo ndirimbo, kuko iyo ndirimbo yashoboraga kuba igikorwa gikomeye mu muziki wa Afrobeats ndetse no kuvugurura umubano w’aba bahanzi bombi. Nubwo bagiye bagaragaza ko bashobora gukorana mu bihe bitandukanye, indirimbo yabo ntiyigeze ibona izuba.

Mu bihe bitandukanye, aba bahanzi bagiye bagaragaza ko badacana uwaka, haba mu butumwa bandikiranye ku mbuga nkoranyambaga cyangwa mu magambo bagiye batangaza mu bitangazamakuru. Gusa, uko imyaka yagiye ihita, bagiye bagaragaza ko babanye neza, ndetse hari ubwo bagaragaraga barimo gusabana mu birori no mu bitaramo bikomeye.

Muri 2022, Wizkid yatangaje ko we na Davido bagiye gukorana igitaramo gikomeye, ariko kugeza ubu nticyigeze kiba. Ibi byakomeje kongera icyizere mu bakunzi babo, bibwira ko byanze bikunze iyo ndirimbo izasohoka. Gusa nubwo ibyo byagiye bivugwa inshuro nyinshi, ntacyigeze gikorwa ngo bayishyire hanze.

Ubu muri 2025, Davido na Wizkid bamaze kuba ibyamamare ku rwego mpuzamahanga, bakora ibitaramo bikomeye kandi bakorana n’abahanzi bazwi ku Isi nka Chris Brown, Drake, na Future. Wizkid amaze gusohora album zakunzwe nka Made in Lagos na More Love, Less Ego, naho Davido aherutse gusohora Timeless yaciye uduhigo dutandukanye.

Nubwo aba bahanzi bakomeje kwagura ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga, abakunzi babo baracyafite icyizere ko indirimbo yabo izasohoka umunsi umwe. Bamwe mu bakunzi b’umuziki ba Afrobeats bavuga ko yaba ari intambwe ikomeye yo kwereka Isi ko umuziki wa Afurika ukomeje gutera imbere kandi ko hari umubano mwiza hagati y’aba bahanzi bakomeye.

Ese iyo ndirimbo izasohoka cyangwa se ni imwe mu ndirimbo zizakomeza kuba igihombo ku muziki wa Afurika? Ibi ni ibibazo abakunzi ba Davido na Wizkid bakomeje kwibaza. Nubwo igihe gishize, icyizere ntikirashira.

Mu bihe bitandukanye, Davido na Wizkid bagiye bagaragara bari kumwe, basangira ibihe byiza ndetse bakagirana ibiganiro bigaragara ko byari byiza.
Aba bahanzi bombi bari ku gasongero k’umuziki wa Afrobeats, bafite indirimbo zicengera imitima ya benshi, ndetse bakomeje gukundwa n’abafana babo.
ADVERTISEMENT
Previous Post

Ngoma: Abagizi ba nabi batemaguye inka esheshatu, zimwe zirapfa izindi bazica amaguru

Next Post

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Ukraine batangaje ko bemeranyije ku masezerano akomeye arebana n’umutungo kamere wa Ukraine no gusana igihugu nyuma y’ingaruka z’intambara.

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Ukraine batangaje ko bemeranyije ku masezerano akomeye arebana n’umutungo kamere wa Ukraine no gusana igihugu nyuma y’ingaruka z’intambara.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Ukraine batangaje ko bemeranyije ku masezerano akomeye arebana n'umutungo kamere wa Ukraine no gusana igihugu nyuma y'ingaruka z'intambara.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

January 31, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

June 6, 2025
Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

June 6, 2025
Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

June 6, 2025
Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

June 5, 2025

Recent News

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

June 6, 2025
Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

June 6, 2025
Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

Umuramyi Bosco Nshuti yasohoye indirimbo nshya ‘Jehovah’ mu gihe yitegura igitaramo gikomeye i Kigali

June 6, 2025
Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

Marcelin Cishambo yakiriwe muri AFC/M23 nk’umunyapolitiki mushya

June 5, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media Shop

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

AFC yahamagaje intumwa zayo zari i Doha muri Qatar

June 6, 2025
Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

Tshisekedi yakiriye Fayulu nyuma yo kunenga Kabila

June 6, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com