Cristiano Ronaldo yongeye kwerekana ko akiri mu cyiciro cyโabakinnyi bakomeye ku isi, nyuma yo gutsinda ibitego bibiri mu mukino wahuje ikipe ye ya Al Nassr na Al Hilal, byatumye agera ku bitego 931 amaze gutsinda mu rugendo rwe rwโumupira wโamaguru.
Uyu mukino wari ukomeye ndetse wari uhanzwe amaso na benshi mu bakunzi ba ruhago, aho Al Nassr yashakaga kwihimura kuri Al Hilal isanzwe ibarusha cyane amanota muri shampiyona ya Saudi Pro League.
Ronaldo, wahoze akinira amakipe akomeye nka Manchester United, Real Madrid na Juventus, yerekanye ko ubunararibonye bwe nโubuhanga mu gutsinda bugikenewe cyane.
Ibitego yatsinze byatumye agira 20 muri shampiyona yโuyu mwaka, bikaba ari inshuro ya 15 mu buzima bwe ageze kuri uyu mubare wโibitego mu mwaka umwe wa shampiyona ibintu bidashoborwa n’umukinnyi uwo ari we wese usanzwe.
Ibi byerekana urwego rwo hejuru amaze kugumaho mu gihe kingana nโimyaka irenga 20 ari ku rwego mpuzamahanga.
Ni urugero rukomeye rwโubwitange, imyitozo ihoraho, ndetse nโirari ryโumutsinzi. Ronaldo wโimyaka 40 y’amavuko akomeje kwandika amateka, ndetse abasesenguzi benshi bavuga ko azarenza ibitego 950 mbere yโuko asezera umupira wโamaguru.
Mu bitego 931 amaze gutsinda, harimo ibitego yatsinze mu makipe yose yakiniye, mu marushanwa atandukanye, haba muri shampiyona, ibikombe byโigihugu, imikino ya UEFA Champions League, ndetse no mu ikipe yโigihugu yโu Buperesi bw’Ibihugu (Portugal).
Ku bakunzi ba ruhago, kubona Ronaldo agikina ku rwego rwo hejuru ni umugisha, ndetse bitanga icyizere ko azakomeza gutanga ibyishimo byinshi mbere yโuko asezera umupira w’amaguru burundu.


















