• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media Shop
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media Shop
No Result
View All Result
ADVERTISEMENT
Home Amakuru

Havana: Resitora ikomeje kuvugisha benshi bitewe n’ikoranabuhanga riyirimo

Mu mujyi wa Havana uzwi cyane kubera imodoka za kera aho kumenyekana ku ikoranabuhanga rigezweho

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
April 17, 2025
in Amakuru
0
Havana: Resitora ikomeje kuvugisha benshi bitewe n’ikoranabuhanga riyirimo
0
SHARES
2
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Mu mujyi wa Havana uzwi cyane kubera imodoka za kera aho kumenyekana ku ikoranabuhanga rigezweho, resitora imwe iri gutuma abantu bayivugaho cyane ndetse ikanibazwaho ku mbuga nkoranyambaga kubera umukozi mushya wihariye: robot itanga amafunguro.

Doña Alicia, resitora iherereye mu murwa mukuru wa Cuba, yamamaye kubera serivisi zayo zidasanzwe. Nubwo mu gihugu hakunze kuboneka ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ndetse no kugorwa no kubona ikoranabuhanga rihanitse, iyi resitora yafashe icyemezo gikomeye cyo kwiyungura mu ikoranabuhanga, buhoro buhoro itangira gukoresha ibikoresho bya digitale mu gutanga serivisi ku bakiriya.

Mu mujyi wa Havana uzwi cyane kubera imodoka za kera aho kumenyekana ku ikoranabuhanga rigezweho

Iyi ntambwe yatangiriye ku gushyira ku meza ndetse no gukoresha Alexa ya Amazon ifasha mu gukorana n’amajwi. Ubu, robot inyura mu resitora, ikazanira abantu ibyo bateguye, igasuhuza ndetse ikanabasezeraho.

Sonia Pérez, umukiriya, yaratangaye cyane.

“Robot igiye kunzanira ibyo nategetse! Nayibonye mvuga nti ibi ni nko muri filime,” yavuze. “Inzanira amafunguro, ikambwira ngo urakoze, nkayisubiza nti murakaza neza, tukasuhuzanya, ikambwira ngo murabeho, nanjye nkayisubiza nti urabeho.”

Iyi nkuru idasanzwe yatumye resitora ikurura abantu benshi b’ingeri zitandukanye, barimo abaturage baho ndetse n’abashyitsi baturutse mu bihugu bitandukanye.

“Rimwe na rimwe mba nananiwe cyane,” yavuze Mariko Ohata, umukerarugendo wo mu Buyapani. “Sinshobora kuvugana n’Umunya-Cuba mu rurimi rw’Icyesipanyolo, ariko niba nshaka ikintu, biroroshye cyane! Nkoraho gato kuri tablette nkabona ibyo nshaka byose.”

Umuyobozi wa Doña Alicia, Yadiel Hernández, yavuze ko uwo mwanzuro wari umuhate ariko uteguye neza.

“Byari igitekerezo kidasanzwe kuzana robot muri Cuba. Byadufashije kugera ku bwoko butandukanye bw’abakiriya no kubatungura kuko ari ikintu gishya.”

Nubwo robot zitanga serivisi mu maresitora zisanzwe mu bihugu nka Japani na Koreya y’Epfo, ni ibintu bidakunze kuboneka muri Cuba, aho imbogamizi ziri mu bikorwaremezo zidakunze korohereza udushya tw’ikoranabuhanga.

Havana: Resitora ikomeje kuvugisha benshi bitewe n’ikoranabuhanga riyirimo

Gusa uko bigaragara, iyo gahunda iri gutanga umusaruro kuko iyo robot iri gukurura abakiriya benshi kandi ikanavugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Cuba imaze gutera intambwe ishimishije mu bijyanye no gukoresha ikoranabuhanga. Nubwo internet yatangiye kuboneka kuri telefone ngendanwa muri 2018, ubu abarenga 70% by’abaturage bakoresha internet ibi bikaba ari byo bifungura amarembo ku mishinga y’ikoranabuhanga nk’iyi.

ADVERTISEMENT
Previous Post

Mikel Arteta ashima Pep Guardiola: “kuba ndi hano, ni kubera we”

Next Post

Mj. Gen. Alengbia Nyatetessya Dieu Genti yapfuye ari mu buroko nyuma yo gushinjwa guhunga urugamba na M23

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Mj. Gen. Alengbia Nyatetessya Dieu Genti yapfuye ari mu buroko nyuma yo gushinjwa guhunga urugamba na M23

Mj. Gen. Alengbia Nyatetessya Dieu Genti yapfuye ari mu buroko nyuma yo gushinjwa guhunga urugamba na M23

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Zihagaritse Gutunganya Bimwe mu Bisaba Green Card

March 27, 2025
Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

Semuhungu Eric yirukanye General Benda muri Crue ye yaba Traffic Jam

January 31, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Frank Gashumba yahawe impanuro na Pasiteri Ssempa ku mubano we na Mutoni Patience Malaika

Frank Gashumba yahawe impanuro na Pasiteri Ssempa ku mubano we na Mutoni Patience Malaika

May 18, 2025
A Pass atangaje ko arusha Mowzey Radio ubuhanga mu buvanganzo.

A Pass atangaje ko arusha Mowzey Radio ubuhanga mu buvanganzo.

May 18, 2025
Dean Huijsen yasinye amasezerano y’imyaka 5 muri Real Madrid, nyuma yo gusoza ibizamini by’ubuzima i Londres

Dean Huijsen yasinye amasezerano y’imyaka 5 muri Real Madrid, nyuma yo gusoza ibizamini by’ubuzima i Londres

May 17, 2025
Wazalendo bahawe ibikoresho bya gisirikare n’amafaranga nyuma yo guhura n’abakuru b’ingabo za RDC n’u Burundi

Wazalendo bahawe ibikoresho bya gisirikare n’amafaranga nyuma yo guhura n’abakuru b’ingabo za RDC n’u Burundi

May 17, 2025

Recent News

Frank Gashumba yahawe impanuro na Pasiteri Ssempa ku mubano we na Mutoni Patience Malaika

Frank Gashumba yahawe impanuro na Pasiteri Ssempa ku mubano we na Mutoni Patience Malaika

May 18, 2025
A Pass atangaje ko arusha Mowzey Radio ubuhanga mu buvanganzo.

A Pass atangaje ko arusha Mowzey Radio ubuhanga mu buvanganzo.

May 18, 2025
Dean Huijsen yasinye amasezerano y’imyaka 5 muri Real Madrid, nyuma yo gusoza ibizamini by’ubuzima i Londres

Dean Huijsen yasinye amasezerano y’imyaka 5 muri Real Madrid, nyuma yo gusoza ibizamini by’ubuzima i Londres

May 17, 2025
Wazalendo bahawe ibikoresho bya gisirikare n’amafaranga nyuma yo guhura n’abakuru b’ingabo za RDC n’u Burundi

Wazalendo bahawe ibikoresho bya gisirikare n’amafaranga nyuma yo guhura n’abakuru b’ingabo za RDC n’u Burundi

May 17, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media Shop

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Frank Gashumba yahawe impanuro na Pasiteri Ssempa ku mubano we na Mutoni Patience Malaika

Frank Gashumba yahawe impanuro na Pasiteri Ssempa ku mubano we na Mutoni Patience Malaika

May 18, 2025
A Pass atangaje ko arusha Mowzey Radio ubuhanga mu buvanganzo.

A Pass atangaje ko arusha Mowzey Radio ubuhanga mu buvanganzo.

May 18, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Karabaye
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com