Ku wa 8 Ukwakira 2019, ku rukuta rwe rwa Instagram, rutazwiho kuvugirwaho ibintu byinshi, Sadio ManΓ© icyo gihe yakiniraga ikipe ya Liverpool FC yatangaje ikintu cyatunguye benshi. Uyu mukinnyi mpuzamahanga ukomoka muri SΓ©nΓ©gal yagaragaje ko ari umukunzi ukomeye wβumuhanzi Meddy, uwo benshi bafata nkβumwe mu bahanzi bakomeye cyane u Rwanda rwagize mu muziki wa Secular, ati: βNubwo mba ndi mu byβimikino, hari umuhanzi numva arampumuriza iyo ndambiwe cyangwa ndi mu modoka ni Meddy. Umuziki we uranyubaka.β
Ibi byahise bikwira hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga, benshi batangara uko umuziki wa Meddy wageze no mu mitima yβibyamamare ku rwego rwa Premier League, icyo gihe Mane agikina muri Liverpool, doreko ubu akina mu Barabu mu ikipe ya Al Nassr.

Taliki ya 6 Nzeri 2025, undi munyabigwi mu mupira wβamaguru Bacary Sagna, wahoze akinira Arsenal na Γquipe de France, nawe yatunguye abantu ubwo yemezaga ko ari umufana ukomeye wa Meddy. Yagize ati: βNkunda umuziki cyane, ariko Meddy afite ikintu cyihariye. Indirimbo ye βBurinde Bucyaβ niyo ncuranga cyane mu modoka yanjye, indi nkunda ni βDowntownβ, βBlessedβ, nβizindi nyinshi ariko iyβingenzi ni Burinde Bucya.βΒ
Ibyo byashimangiye ukuntu Meddy atari gusa umuhanzi wβu Rwanda, ahubwo ari intumwa yβumuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, umuntu ushobora gukundwa nβabakinnyi bβibihangange batigeze banamenya Ikinyarwanda.

Ndetse nβumwe mu basore barindwi bagize itsinda rya BTS, rimwe mu matsinda akunzwe cyane ku Isi, Park Jimin, nawe yagaragaje ko akunda indirimbo ya Meddy yitwa βSlowlyβ.
Uyu muhanzi wβUmunyakoreya yigeze gukora post kuri TikTok ye ifite miliyoni nyinshi zβabamukurikira, akoresha iyi ndirimbo nka soundtrack yβiyo video. Icyo gihe, Abanyarwanda benshi bari bafite amarangamutima menshi, bibaza bati: βEse koko Jimin wa BTS yifashishije indirimbo ya Meddy?β

Nibyo rwose! Ibyo byabaye ukuri, bikaba byarashimangiye uburyo umuziki wa Meddy ufashe intambwe ikomeye, ugafata imitima yβabantu batandukanye baturutse ku migabane itandukanye.
Meddy yakoresheje ubuhanga mu miririmbire, amagambo afite ubutumwa, nβijwi ryuje amarangamutima kugeza ubwo umuziki we utagisaba kumva Ikinyarwanda kugira ngo uwishimire. Aba bantu bose kuva kuri Sadio ManΓ© wo kumugabane w’Afurika, Bacary Sagna wo ku mugabane w’IBurayi, kugeza kuri Park Jimin wa Aziya bose bahuriye ku kintu kimwe: gukundira Meddy uburyo atambutsa amarangamutima mu ndirimbo ze.















