• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Ibyamamare ku Isi bizwiho gukunda indirimbo za Meddy

Meddy indirimbo ze ntabwo zigisaba kuba wumva Ikinyarwanda kugira ngo wishimire umuziki we.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
October 24, 2025
in Imyidagaduro
0
Ibyamamare ku Isi bizwiho gukunda indirimbo za Meddy
0
SHARES
20
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Ku wa 8 Ukwakira 2019, ku rukuta rwe rwa Instagram, rutazwiho kuvugirwaho ibintu byinshi, Sadio Mané icyo gihe yakiniraga ikipe ya Liverpool FC yatangaje ikintu cyatunguye benshi. Uyu mukinnyi mpuzamahanga ukomoka muri Sénégal yagaragaje ko ari umukunzi ukomeye w’umuhanzi Meddy, uwo benshi bafata nk’umwe mu bahanzi bakomeye cyane u Rwanda rwagize mu muziki wa Secular, ati: “Nubwo mba ndi mu by’imikino, hari umuhanzi numva arampumuriza iyo ndambiwe cyangwa ndi mu modoka ni Meddy. Umuziki we uranyubaka.”

Ibi byahise bikwira hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga, benshi batangara uko umuziki wa Meddy wageze no mu mitima y’ibyamamare ku rwego rwa Premier League, icyo gihe Mane agikina muri Liverpool, doreko ubu akina mu Barabu mu ikipe ya Al Nassr.

“Nubwo mba ndi mu by’imikino, hari umuhanzi numva arampumuriza iyo ndambiwe cyangwa ndi mu modoka ni Meddy. Umuziki we uranyubaka.”

Taliki ya 6 Nzeri 2025, undi munyabigwi mu mupira w’amaguru Bacary Sagna, wahoze akinira Arsenal na Équipe de France, nawe yatunguye abantu ubwo yemezaga ko ari umufana ukomeye wa Meddy. Yagize ati: “Nkunda umuziki cyane, ariko Meddy afite ikintu cyihariye. Indirimbo ye ‘Burinde Bucya’ niyo ncuranga cyane mu modoka yanjye, indi nkunda ni ‘Downtown’, ‘Blessed’, n’izindi nyinshi ariko iy’ingenzi ni Burinde Bucya.” 

Ibyo byashimangiye ukuntu Meddy atari gusa umuhanzi w’u Rwanda, ahubwo ari intumwa y’umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, umuntu ushobora gukundwa n’abakinnyi b’ibihangange batigeze banamenya Ikinyarwanda.

“Nkunda umuziki cyane, ariko Meddy afite ikintu cyihariye. Indirimbo ye ‘Burinde Bucya’ niyo ncuranga cyane mu modoka yanjye, indi nkunda ni ‘Downtown’, ‘Blessed’, n’izindi nyinshi ariko iy’ingenzi ni Burinde Bucya.”

Ndetse n’umwe mu basore barindwi bagize itsinda rya BTS, rimwe mu matsinda akunzwe cyane ku Isi, Park Jimin, nawe yagaragaje ko akunda indirimbo ya Meddy yitwa “Slowly”.

Uyu muhanzi w’Umunyakoreya yigeze gukora post kuri TikTok ye ifite miliyoni nyinshi z’abamukurikira, akoresha iyi ndirimbo nka soundtrack y’iyo video. Icyo gihe, Abanyarwanda benshi bari bafite amarangamutima menshi, bibaza bati: “Ese koko Jimin wa BTS yifashishije indirimbo ya Meddy?”

Uyu muhanzi w’Umunyakoreya yigeze gukora post kuri TikTok ye ifite miliyoni nyinshi z’abamukurikira, akoresha iyi ndirimbo nka soundtrack y’iyo video

Nibyo rwose! Ibyo byabaye ukuri, bikaba byarashimangiye uburyo umuziki wa Meddy ufashe intambwe ikomeye, ugafata imitima y’abantu batandukanye baturutse ku migabane itandukanye.

Meddy yakoresheje ubuhanga mu miririmbire, amagambo afite ubutumwa, n’ijwi ryuje amarangamutima kugeza ubwo umuziki we utagisaba kumva Ikinyarwanda kugira ngo uwishimire. Aba bantu bose kuva kuri Sadio Mané wo kumugabane w’Afurika, Bacary Sagna wo ku mugabane w’IBurayi, kugeza kuri Park Jimin wa Aziya bose bahuriye ku kintu kimwe: gukundira Meddy uburyo atambutsa amarangamutima mu ndirimbo ze.

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Ukwezi k’Ukwakira 2025 kwabaye ukwezi kudasanzwe

Next Post

Imodoka ‘Cybertruck’ zisaga ibihumbi 63 zagaragaweho ikibazo cy’amatara

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Imodoka ‘Cybertruck’ zisaga ibihumbi 63 zagaragaweho ikibazo cy’amatara

Imodoka ‘Cybertruck’ zisaga ibihumbi 63 zagaragaweho ikibazo cy'amatara

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joško Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

July 31, 2026
Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

July 31, 2026

Recent News

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

Ghana yemeje ivugurura ry’Itegeko Nshinga: Aho manda ya Perezida ishobora kuba imyaka itanu

July 31, 2026
Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

Uli Hoeneß yavuze ko Real Madrid idashobora kumutwara Michael Olise

July 31, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

AFC/M23 yasabye Loni gusuzuma bundi bushya ibihano byafatiwe abayobozi bayo

July 31, 2026
Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

Liberia yatwitse cocaine ihagaze akayabo ka miliyoni 336$ mu gukaza urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge

July 31, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com