
Ku wa Kabiri, tariki ya 11 Werurwe 2020, Ishami ryβUmuryango wβAbibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko icyorezo cya COVID-19 cyabaye icyorezo mpuzamahanga. Uyu munsi, hashize imyaka itanu kuva icyo gihe, kandi ni ngombwa gusubiza amaso inyuma tukareba uko u Rwanda rwahanganye nβiki cyorezo, ingaruka cyagize ku gihugu, ndetse nβamasomo twakuyemo.
Ku wa 14 Werurwe 2020, nibwo umuntu wa mbere yagaragayeho COVID-19 mu Rwanda. Uyu murwayi yari umuturage wβUmuhinde wageze mu gihugu ku itariki ya 8 Werurwe avuye i Mumbai mu Buhinde. Nyuma yβiminsi mike, abandi bantu bane baranduye, bituma umubare wβabanduye ugera kuri batanu.
Nyuma yo kubona ko icyorezo gitangiye gukwirakwira, Guverinoma yβu Rwanda yafashe ingamba zikomeye zo kugikumira. Ku wa 18 Werurwe 2020, ingendo zose ziva cyangwa zijya mu mahanga zarahagaritswe mu gihe cyβiminsi 30. Nyuma yβiminsi ibiri, ku wa 21 Werurwe 2020, hatangajwe gahunda ya “Guma mu Rugo” mu gihe cyβibyumweru bibiri, aho abakozi ba Leta nβabikorera basabwe gukorera mu ngo zabo, imipaka yose irafungwa, ndetse ingendo zitari ngombwa zirahagarikwa. Iyi gahunda yakomeje kongerwa inshuro nyinshi hagamijwe gukumira ikwirakwira rya virusi.
COVID-19 yagize ingaruka zikomeye ku buzima bwβAbanyarwanda. Raporo yo mu mwaka wa 2023 yagaragaje ko abantu 1,468 bapfuye bazize iki cyorezo mu Rwanda, mu gihe abanduye bari 133,172. Mu rwego rwβuburezi, amashuri yose yarafunzwe mu gihe cyβamezi atandatu, ibintu byagize ingaruka ku myigire yβabana nβurubyiruko.
Ubukungu bwβigihugu nabwo bwahuye nβingaruka zikomeye. Ibikorwa byinshi byβubucuruzi byarahagaze, ibigo bito nβibiciriritse birahomba, ndetse nβabakozi benshi baratakaza akazi. Leta yashyizeho ingamba zitandukanye zo gufasha ubukungu kuzahuka, harimo gushyiraho ikigega cyo kuzahura ubukungu, gufasha ibigo byβubucuruzi kubona inguzanyo ziciriritse, ndetse no guteza imbere ikoranabuhanga mu bucuruzi.
Icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka ku mibereho myiza yβabaturage. Gahunda ya “Guma mu Rugo” yatumye abantu benshi batakaza imirimo, bikaba byarateje ibibazo byβubukene. Leta yagerageje gufasha abatishoboye binyuze mu gutanga ibiribwa nβibindi bikoresho byβibanze, ariko ibibazo byβimibereho myiza byakomeje kuba byinshi.
U Rwanda rwashyize imbaraga nyinshi mu gukingira abaturage bacyo. Nkβuko bitangazwa na RBC, igihugu cyashoye arenga miliyari 100 zβamafaranga yβu Rwanda mu kugura inkingo za COVID-19. Muri miliyoni 13 zβabaturage, miliyoni 11 bakingiwe, hakoreshejwe doze zigera kuri miliyoni 28. Iyi gahunda yo gukingira yatumye igihugu kibasha kugabanya ikwirakwira rya virusi no kugabanya umubare wβabahitanwa na yo.
Mu rwego rwo kongera ubushobozi bwβubuvuzi, Leta yatangije imishinga itandukanye yo kwagura no kuvugurura ibitaro. Ku wa 22 Nyakanga 2024, Perezida Paul Kagame yatangije imirimo yo kwagura Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal. Iyi gahunda izatuma umubare wβibitanda wiyongera ukava kuri 167 ukagera kuri 567, ndetse hanongerwe serivisi zitangirwa muri ibyo bitaro. Perezida Kagame yavuze ko iyi ari intambwe ikomeye izafasha igihugu kuba igicumbi cyβubuvuzi mu karere.
Mu gihe cya “Guma mu Rugo”, ikoranabuhanga ryakoreshejwe mu buryo bwagutse mu itumanaho no kwigisha. Amashuri yifashishije uburyo bwβiyakure mu gukomeza gahunda zβamasomo, ibigo byβimirimo nabyo byakoresheje inama zβikoranabuhanga mu gukomeza ibikorwa byabyo. Ibi byatumye igihugu gikomeza gutera imbere mu bijyanye nβikoranabuhanga, ndetse byerekana ko ari ngombwa gukomeza gushora imari muri uru rwego.
Icyorezo cya COVID-19 cyerekanye ko ubufatanye nβubumwe ari ingenzi mu guhangana nβibibazo bikomeye. Abaturage, inzego za Leta, abikorera, nβimiryango itegamiye kuri Leta bose bakoranye mu buryo bushimishije mu guhangana nβiki cyorezo. Ibi byerekana ko iyo dushyize hamwe dushobora guhangana nβibibazo byose byadukomerera.
Icyorezo cyagaragaje ko ari ngombwa gushora imari mu rwego rwβubuvuzi no mu ikoranabuhanga. Kwagura ibitaro, kongera abakozi bβinzobere mu buvuzi, ndetse no guteza imbere ikoranabuhanga mu itumanaho no kwigisha, ni bimwe mu byafashije igihugu guhangana nβicyorezo cya Covid 19


















