Mu cyumweru gishize, ingabo za Sudani (SAF) zongereye ibikorwa bya gisirikare bigamije kwigarurira ibice bikomeye byโumurwa mukuru Khartoum, birimo Ingoro ya Perezida nโikibuga cyโindege, aho mbere byari bikiri mu maboko yโumutwe wa Rapid Support Forces (RSF).
Raporo zโabaturage ba Khartoum zivuga ko ku wa Gatatu abarwanyi ba RSF batangiye gusimburwa nโingabo za leta mu duce dutandukanye twโumujyi, bikaba byarafatwaga nkโintambwe ikomeye ku ruhande rwโigisirikare cyโigihugu mu ntambara imaze imyaka ibiri ishegeshe Sudani.
Intambara yatangiye muri Mata 2023, ubwo habaga ukutumvikana gukomeye hagati yโingabo za leta na RSF ku bijyanye nโubutegetsi. Kuva icyo gihe, imirwano yakwiriye hirya no hino mu gihugu, cyane cyane mu murwa mukuru Khartoum na Darfur.
Kuva RSF yagira ijambo rikomeye mu gihugu, yabashije kwigarurira ibice bikomeye birimo Ingoro ya Perezida, ikibuga cyโindege cya Khartoum ndetse nโutundi duce turi hafi yโumurwa mukuru.
Ku wa Gatatu, igisirikare cya Sudani cyatangaje ko cyafashe inkambi yitwaga Teiba al-Hasnab, imwe mu nkingi za RSF muri Khartoum. Ku rundi ruhande, RSF ntiyahise itanga igisobanuro kuri ibyo byatangajwe.
Minisitiri wโItangazamakuru wa Sudani, Khalid Aleiser, unavugira guverinoma igenzurwa nโingabo, yanditse kuri X (yahoze ari Twitter) ati: “Iki ni igihe gikomeye kandi kidasanzwe mu mateka ya Sudani. Khartoum yongeye kuba iyโAbanya-Sudani nk’uko bikwiye.”
Gutsinda kwa gisirikare kwa SAF bishobora kugira ingaruka zikomeye ku ntambara ihanganishije impande zombi. Mu gihe SAF yaba igaruriye byimazeyo umurwa mukuru, byafasha guverinoma kugerageza kugarura umutekano no gukuraho ibihome byโimitwe yitwaje intwaro mu mujyi.
Ariko, gufata Khartoum ntibivuze iherezo ryโintambara, kuko RSF ikomeje kugenzura ibice binini byo mu burengerazuba bwa Darfur, hamwe nโutundi turere twโigihugu.
Uretse ingaruka za gisirikare, intambara yatumye Sudani ihura nโakaga gakomeye kโimibereho mibi yโabaturage. Imiryango itabara imbabare ivuga ko imirwano yahungishije abarenga miliyoni 14, benshi muri bo bakaba babaye impunzi mu bihugu bituranye na Sudani.
Muri icyo gihe, abagera kuri 28,000 bamaze kumenyekana ko bishwe, nubwo umubare nyawo ushobora kuba urenze uwo.
Kuba ingabo za Sudani zafashe ibice bikomeye bya Khartoum bishobora gufungura imiryango ku miryango itanga imfashanyo, kugira ngo ibashe kugeza ibiribwa, imiti, nโibindi bikenerwa ku baturage bari mu kaga. Ibi bishobora kugabanya inzara yugarije abaturage bโuturere twasigaye mu ntambara.
Nubwo ingabo za leta ziri gutsinda muri Khartoum, RSF ntiratsindwa burundu, kandi amahirwe yo kubona amahoro arambye mu gihugu aracyari make, kuko impande zombi zanze ibiganiro byโamahoro inshuro nyinshi. Haracyarebwa niba igisirikare cya Sudani kizabasha kurandura RSF burundu cyangwa niba iyo ntambara izakomeza gukwira no mu bindi bice byโigihugu.
















