• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Amakuru

Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z’abantu zimaze gupfa kubera inzara

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
November 24, 2025
in Amakuru, Karabaye, Politike
0
Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z’abantu zimaze gupfa kubera inzara
0
SHARES
5
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuzamukirwa n’icyorezo cy’inzara cyibasiye abaturage hirya no hino mu gihugu, ijwi ry’abaturage n’abasesenguzi rirushaho kuvuga ritabaza ku micungire mibi y’umutungo wa Leta, birushijeho gukara nyuma y’amakuru y’uko miliyari z’amafaranga akomeje kujya mu gushyigikira amakipe y’umupira w’amaguru akomeye kandi akize kurusha abaturage basanzwe.

Raporo z’inzego z’ubuzima n’imirire zigaragaza ko abaturage barenga miliyoni 28 bugarijwe n’inzara ikabije, naho abana bato basaga miliyoni 5 bahanganye n’imirire mibi ikomeje kwiyongera ubutitsa. Ibi bituma RDC ishyirwa ku rutonde rw’ibihugu biri mu kaga gakomeye ku rwego rw’Isi mu bijyanye n’umutekano w’ibiribwa.

Icyakora mu gihe abaturage basaba ubufasha bwihutirwa, raporo ziravuga ko Leta ikomeje gushyira amafaranga menshi mu bikorwa bitarimo ubuzima bw’abaturage, birimo n’inkunga igenerwa amakipe ya ruhago afite ubushobozi bwinshi kurusha benshi mu baturage basanzwe. Ibi byateye impaka nyinshi ndetse n’umujinya mu baturage bavuga ko Leta itarimo gutekereza ku mibereho yabo.

Umwe mu bakozi bashinzwe ubuzima n’imirire, utuye i Kinshasa, yabwiye ibitangazamakuru byo muri Congo ati: “Ni ibintu biteye ubwoba. Umuturage apfa ku bw’inzara buri munsi, ariko igihugu gifite ubushobozi gikomeza gushyira miliyari mu bikorwa bitihutirwa. Ibi ntibyumvikana na gato.”

Abasesenguzi b’ubukungu n’imiyoborere bemeza ko ibi bigaragaza icyuho gikomeye mu micungire y’imari ya Leta, ndetse bikaba bishobora gukomeza guteza ubwigunge, umujinya n’imvururu mu baturage bumva ahubwo barimo kwibagirana.

Abaturage barasaba ko hakoherezwa igenzura ryimbitse ku micungire y’umutungo wa Leta, bityo amafaranga akajya ashyirwa mu bikorwa by’ingenzi: ubuzima, uburezi, imirire, amahoro n’umutekano aho kurenza imbere ibikorwa by’imyidagaduro bitagira uruhare mu guhangana n’ibibazo bikomeye igihugu kirimo.

Ibi bibazo byageze no mu ngabo. Hari amakuru yemeza ko bamwe mu barwanyi b’umutwe wa Wazalendo, bafatanya bya hafi n’ingabo za FARDC, basabye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (WFP) kubaha ubufasha bw’ibiribwa birimo ibishyimbo n’ifu. Ngo ubwo busabe ntibwahawe agaciro, bituma bamwe mu barwanyi barara barashe amasasu mu kirere nk’ikimenyetso cy’uburakari, ibintu byatunguye abaturage ndetse bikabatera impungenge.

Muri iyi minsi, urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje bikomeje kumvikana mu gace ka Uvira, aho imirwano ikomeje guca ibintu mu ijoro ryose, mu gihe FARDC yasabye abahuza ko baganiriza umutwe wa AFC/M23 kugira ngo bahagarike ibitero bikomeje guhungabanya ubuzima bw’abaturage.

Kugeza ubu, ikibazo cy’imicungire y’umutungo wa Leta kiracyibazwaho ku rwego mpuzamahanga, mu gihe ubukene, inzara n’imirwano bikomeje kurushaho gukomeretsa abaturage ba RDC bari mu bihe bidasanzwe byo gupfusha umunsi k’uwundi.

Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z’abantu zimaze gupfa kubera inzara
ADVERTISEMENT
Previous Post

Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwerekana ubukaka bwayo

Next Post

RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

“Uzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

Blandine Uwajeneza: Umukobwa wambara inkweto ndende zo ku rubyiniro agakiza ubuzima bwa bantu mu bitaro

June 10, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Iduka ‘Rujama Phones Shop’ rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro

Iduka ‘Rujama Phones Shop’ rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro

November 24, 2025
RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

November 24, 2025
Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z’abantu zimaze gupfa kubera inzara

Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z’abantu zimaze gupfa kubera inzara

November 24, 2025
Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwerekana ubukaka bwayo

Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwerekana ubukaka bwayo

November 24, 2025

Recent News

Iduka ‘Rujama Phones Shop’ rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro

Iduka ‘Rujama Phones Shop’ rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro

November 24, 2025
RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

November 24, 2025
Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z’abantu zimaze gupfa kubera inzara

Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z’abantu zimaze gupfa kubera inzara

November 24, 2025
Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwerekana ubukaka bwayo

Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwerekana ubukaka bwayo

November 24, 2025
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Iduka ‘Rujama Phones Shop’ rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro

Iduka ‘Rujama Phones Shop’ rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro

November 24, 2025
RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y’abakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

November 24, 2025
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

© 2024 KasukuMedia.com