• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imikino

Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

Ibi bivuze ko Kiplimo yamurenzeho amasegonda 10, ibintu byongeye kwerekana ko ari umwe mu bakinnyi badasanzwe mu gusiganwa ku maguru mu ntera ndende.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
March 9, 2026
in Imikino
0
Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon
0
SHARES
0
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Umunya-Uganda Jacob Kiplimo yongeye kwigaragaza mu mateka y’imikino ngororamubiri ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo gushyiraho agahigo gashya ku Isi mu gusiganwa intera ya Half-Marathon. Ibi yabigezeho kuri iki Cyumweru ubwo hasozwaga irushanwa ryabereye mu mujyi wa Lisbon muri Portugal, rikaba ari rimwe mu masiganwa akomeye akurikirwa n’abakunzi b’iyi siporo ku Isi.

Kiplimo w’imyaka 25 y’amavuko yasoje iri siganwa rya kilometero 21.097 akoresheje iminota 57 n’amasegonda 20, bituma aca agahigo kari kamaze igihe gito gashyizweho n’Umunya-Ethiopia Yomif Kejelcha. Uyu Kejelcha yari yashyizeho aka gahigo mu mwaka wa 2024 mu isiganwa ryabereye i Valencia muri Espagne, aho yari yakoresheje iminota 57 n’amasegonda 30.

Ibi bivuze ko Kiplimo yamurenzeho amasegonda 10, ibintu byongeye kwerekana ko ari umwe mu bakinnyi badasanzwe mu gusiganwa ku maguru mu ntera ndende.

Si ubwa mbere uyu mukinnyi agaragaza ubuhanga budasanzwe muri Half-Marathon, kuko no mu 2021 ari we wari warashyizeho agahigo ku Isi muri iyi ntera. Icyo gihe ntabwo yari yakoreye amateka muri uyu mujyi wa Lisbon, asoza isiganwa akoresheje iminota 57 n’amasegonda 31.

Kiplimo kandi si mushya mu gutsindira ibikombe bikomeye ku Isi. Uyu mukinnyi yamaze kwegukana inshuro eshatu irushanwa rya World Cross Country Championships, riba rimwe mu marushanwa akomeye mu gusiganwa ku maguru ku rwego mpuzamahanga.

Abakurikiranye iri siganwa bavuga ko kuva ryatangira, Kiplimo yagaragazaga ko afite imbaraga n’umuvuduko udasanzwe. Yatangiye asiganwa ku muvuduko uri hejuru, agenda asiga abandi bakinnyi buhoro buhoro kugeza ubwo asoje ari wenyine ku murongo wa nyuma.

Ibi byatumye abakunzi b’imikino ngororamubiri n’impuguke muri siporo batangaza ko Kiplimo ari umwe mu bakinnyi bafite ejo hazaza heza cyane muri marato n’andi masiganwa akomeye.

Agahigo yashyizeho i Lisbon gashobora gukomeza kumuhesha icyubahiro ku rwego mpuzamahanga, ndetse bigaha icyizere abakunzi b’iyi siporo ko ashobora kongera kugahindura mu gihe kiri imbere.

Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

ADVERTISEMENT
Previous Post

Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero HincapiΓ©

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
β€œUzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

β€œUzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumva”

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
JoΕ‘ko Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

JoΕ‘ko Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

March 9, 2026
Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero HincapiΓ©

Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero HincapiΓ©

March 9, 2026
Rihanna n’umuryango we basimbutse urupfu

Rihanna n’umuryango we basimbutse urupfu

March 9, 2026
Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube

Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube

March 9, 2026

Recent News

Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

March 9, 2026
Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero HincapiΓ©

Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero HincapiΓ©

March 9, 2026
Rihanna n’umuryango we basimbutse urupfu

Rihanna n’umuryango we basimbutse urupfu

March 9, 2026
Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube

Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube

March 9, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

Jacob Kiplimo yaciye agahigo mu gusiganwa intera ya Half-Marathon

March 9, 2026
Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero HincapiΓ©

Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero HincapiΓ©

March 9, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

Β© 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

Β© 2024 KasukuMedia.com