• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Kasuku Media yifatikanyije gusangira Noheli n’abana bo ku mihanda

Kuri uyu wa 25 Ukuboza 2024, Kasuku Media hamwe na bamwe mu byamamare byo mu Rwanda bifatanyije mu gikorwa cyo gusangira umunsi mukuru wa Noheli n'abana bo ku mihanda.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
December 25, 2024
in Imyidagaduro
0
Kasuku Media yifatikanyije gusangira Noheli n’abana bo ku mihanda
0
SHARES
98
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy, mu kiganiro yagiranye n’abana bitabiriye ibi birori, yaganiriye n’umwana wโ€™imyaka 12 umaze imyaka itanu mu muhanda.

Umwana witwa Irambona Irene yavuze ko ubuzima bwe bugoye kubusobanura, aho rimwe na rimwe amara iminsi itanu atarya ngo ahage.

Yongeyeho ko kuryama ku muhanda ari ibigoranye cyane kubera kubura aho aba. Yabajijwe niba afite icyifuzo cyihariye, avuga ko yifuza gusubira mu rugo, ariko bigoye kubera ibibazo biri mu muryango we dore ko Se yajyaga abwira Nyina ko azamwica, maze Nyina arahunga, nuko nwe niko kuva murugo.

Undi mwana yavuze ko amaze imyaka myinshi mu muhanda, ndetse ashobora kuba atakibukwa na se kubera igihe amaze batari kumwe.

Mugisha Issac, umwana wโ€™imyaka 13, umaze imyaka itatu mu muhanda, yasobanuye agahinda ko gusabiriza aho rimwe bamutuka cyangwa bakamwita umujura, kandi adafite icyo yakoze kibi. Mugisha yasubije ikibazo cyโ€™ubumenyi busanzwe yiri abajijwe icyo Noheli ivuze, nuko nawe yabisubije atazuyaje avuga ati: “Noheli ariย  umunsi Yesu yavukaga bundi bushya.”

Undi mwana witabiriye ibi birori yavuze ko yagiye mu muhanda bitewe nโ€™ubuzima bubi iwabo barimo icyo gihe, aho afite nyina gusa.

Yagize ati: “Ndi umwana wa gatatu mu bana bane. Ndifuza kuva mu muhanda nkajya kwiga. Imana ihe umugisha Kasuku Media kuba baradutekerejeho.”

Abeddy Biramahire, umukinnyi wโ€™ikipe yโ€™igihugu yโ€™umupira wโ€™amaguru Amavubi, yasobanuye icyamuteye kwifatanya nโ€™iki gikorwa, ati: “Jay Wamipango yangejejeho igitekerezo sinigeze nzuyaza kuko nanjye nsanzwe mfasha abana badafite ubushobozi. Bibabaje kubona abana babaku mihanda, ariko dukwiye gukora ibishoboka byose ngo bagire ubuzima bwiza.” Yongeyeho ko afite umuryango ufasha abana badafite uubushobozi doreko uragira imbaraga kubera ubushobozi witwa ‘ABM’ Foundation wita ku bana badafite ubushobozi kandi yifuza gukomeza gubafasha uko ashoboye.

Shangazi Jane, umunyamakuru wa BTN TV mu kiganiro Umuryango Tuzubake, yavuze ko yafashije abana bagera kuri 400, agaragaza impamvu abana benshi bajya mu muhanda, cyane cyane amakimbirane yo mu miryango yabo. Yongeye gushimira abaterankunga bateye inkunga iki gikorwa.

Jay Squeezer Wamipango, umuyobozi mukuru wa Kasuku Media, yavuze ko igitekerezo cyo gusangira nโ€™abana bo ku muhanda cyaje ubwo bari mu rugendo bavuye i Kayonza. Yagize ati: “Twatekereje gusangira Noheli nโ€™abana bo ku mihanda, kandi buri wese wagize uruhare muri iki gikorwa yatanze umusanzu udasanzwe.” Ku bijyanye nโ€™igiteranyo cyโ€™amafaranga byatwaye, yabitangaje atebya ati: “Byadutwaye miliyoni 6,000,800 Frw.”

Ibi birori byagaragaje urukundo nโ€™ubumuntu byโ€™umwihariko kuri aba bana bari barajwe ishinga nโ€™uko bagira ubuzima bwiza nโ€™amahirwe yo kwiga no kugera ku nzozi zabo.

Wamipango yagize ati: “Kugira ubuntu nicyo cyambere.”

Umwe mu bana bari bitabiriye yavuze ko burya ku Isi haracyari abantu bafite ubuntu bw’Imana.

Shangazi Jane umunyamakuru wa BTN TVย  weย  yababajwe n’ubuzima bw’ababana baba ku mihanda.

Umukinnyi wa Mavubi Abeddy Biramahire, yatanze amakayi yo gufasha abana, muri ibi birori.

Mugisha Issac, umwana wโ€™imyaka 13, umaze imyaka itatu mu muhanda.

Imbamutima yaranzwe n’abamwe mu bari bitabiriye ikirori.

Kasuku Media yasangiye umunsi mukuru n’abana bo ku mihanda.

Abana bo ku mihanda banejejwe no guhabwa umunsi mukuru wa Noheli.ย 

 

 

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Kuki abagore batwite bakunze kugira umushiha ukabije?

Next Post

Mu Karere ka Kirehe hanenzwe imyitwarire itari myiza y’abamotari batwara banyoye ibisindisha

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Mu Karere ka Kirehe hanenzwe imyitwarire itari myiza y’abamotari batwara banyoye ibisindisha

Mu Karere ka Kirehe hanenzwe imyitwarire itari myiza y'abamotari batwara banyoye ibisindisha

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
โ€œUzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumvaโ€

โ€œUzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumvaโ€

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Joลกko Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joลกko Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco

CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco

January 28, 2026
Rubavu: Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho babayemo, nyuma yo gutuzwa mu nzu zidafite ibikoni

Rubavu: Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho babayemo, nyuma yo gutuzwa mu nzu zidafite ibikoni

January 28, 2026
Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United

Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United

January 28, 2026
Bruce Melodie yafashe rutemikirere yerekeza muri Tanzania aho ari mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo Pom Pom

Bruce Melodie yafashe rutemikirere yerekeza muri Tanzania aho ari mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo Pom Pom

January 28, 2026

Recent News

CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco

CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco

January 28, 2026
Rubavu: Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho babayemo, nyuma yo gutuzwa mu nzu zidafite ibikoni

Rubavu: Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho babayemo, nyuma yo gutuzwa mu nzu zidafite ibikoni

January 28, 2026
Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United

Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United

January 28, 2026
Bruce Melodie yafashe rutemikirere yerekeza muri Tanzania aho ari mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo Pom Pom

Bruce Melodie yafashe rutemikirere yerekeza muri Tanzania aho ari mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo Pom Pom

January 28, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco

CAF yasesenguye ibyabaye ku mukino wa nyuma wa AFCON hagati ya Senegal na Morocco

January 28, 2026
Rubavu: Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho babayemo, nyuma yo gutuzwa mu nzu zidafite ibikoni

Rubavu: Abatujwe i Gora baravuga ko batishimiye imibereho babayemo, nyuma yo gutuzwa mu nzu zidafite ibikoni

January 28, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

ยฉ 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

ยฉ 2024 KasukuMedia.com