Umuraperi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kendrick Lamar, yagaragaje ko akomeje kuba umwe mu bahanzi bafite ingufu mu njyana ya Hip-Hop, aho yegukanye umwanya wa mbere mu baraperi bumviswe cyane ku rubuga rwa Spotify mu kwezi k’Ukuboza 2024.
Uyu muraperi wโibihe byose yagejeje ku buryohe bwโabakunzi bโumuziki indirimbo zitandukanye, aho abumvise indirimbo ze bagera kuri miliyari imwe na miliyoni n’ibihumbi maganinani mu gihe cyโukwezi kumwe gusa.
Ubushobozi bwe bwo gukora umuziki ufite ubutumwa bwimbitse bwatumye akundwa nโabantu bโingeri zitandukanye, haba ku Isi yose no muri Amerika byโumwihariko.
Indirimbo ze zagiye zigira uruhare mu gutanga ubutumwa butandukanye bwibanda ku buzima bwโabantu, uburinganire, nโibibazo byโimibereho myiza y’abaturage.
Abakurikiranira hafi umuziki we bavuga ko ibi atari ubwa mbere uyu muraperi agaragara mu myanya y’imbere ku rutonde rwa Spotify, kuko ari umwe mu bahanzi bagira ubukaka bwโibihe byose. Indirimbo nka HUMBLE., DNA., nโizindi nyinshi zigaragaza ubuhanga bwe mu magambo no mu buryo bwโimyandikire yโindirimbo.
Ku rubuga rwa Spotify, abakunzi bโumuziki we bakomeje kugaragaza ko indirimbo ze zibahumuriza ndetse zigakomeza ku bashishikariza kudacika intege mu buzima bwa bur’umwe.
Kuba yarageze kuri uru rwego bituma yongera kuba icyitegererezo mu njyana ya rap ndetse no mu muziki muri rusange.
Benshi mu bakunda umuziki we bavuga ko imyandikire ye yihariye, inaturutse ku buryo abasha kwinjira mu buzima bwโabantu bakumva ko afite ubutumwa bujyanye nโibyo banyuramo. Ibi byatumye akomeza kugumana umwanya w’icyubahiro mu njyana ya rap ku Isi hose.
Muri rusange, uku kugaragara ku isonga kwa Kendrick Lamar ku rubuga rwa Spotify mu Ukuboza 2024 byashimangira ko akomeje kugenda yongera umubare wโabakunzi bโumuziki we kandi ko afite ubushobozi bwo guhanga ibihangano bikomeza gusiga ikimenyetso gikomeye mu mateka ya Hip-Hop.















