Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yongeye kugaragaza urukundo n’ishimwe afitiye Pep Guardiola wamubereye umutoza mwiza, inshuti ndetse n’umujyanama mu rugendo rwe rw’ubutoza. Arteta yavuze ko impamvu ageze ku rwego ariho ubu ari ukubera ubufasha n’inyigisho yagize igihe bari kumwe muri Manchester City.
“Nahamagawe na Pep mu gitondo, niba ndi hano, ku rwego nk’uru, ni kubera we,”
Yakomeje avuga ati: “Ni kubera Pep, mu buryo bukomeye. Nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza, yabaye inspirasiyo yanjye. Yambaye hafi mu buryo butangaje. Ni we muntu wampaye amahirwe yo kwinjira mu mwuga w’ubutoza, akanyinjiza nk’umutoza wa kabiri muri Manchester City.”
Mikel Arteta yamaze imyaka ine i Manchester City, aho yakoranye bya hafi na Guardiola kuva mu 2016 kugeza mu 2019, mbere y’uko ahabwa akazi nk’umutoza mukuru wa Arsenal.
“Iyo myaka ine twamaranye i Man City ni ingenzi cyane mu buzima bwanjye. Nahakuye byinshi byubaka. Pep yanyigishije kureba umukino mu buryo butandukanye. Yanyeretse uko umutoza agomba gutekereza, uko ashyira hamwe ikipe, uko aganira n’abakinnyi, ndetse n’uburyo bwo guhangana n’igitutu cy’imikino ikomeye.”
Arteta yemeza ko n’ubu agifata Guardiola nk’inkingi y’ingirakamaro mu rugendo rwe, ndetse akamugisha inama.
“Nzahora mushimira, kuko ntaba ndi hano ku rwego nk’uru rwiza. Pep ni umuntu wihariye, umunyabwenge, wicisha bugufi kandi ufite umutima wo gufasha abandi kuzamuka.”
Ubu, Arteta amaze kwandika amateka ye bwite muri Arsenal aho ayoboye ikipe iri guhatanira igikombe cya Premier League, binagaragaza ko amasomo yavanye kuri Guardiola atamubanye ubusa.
