Mbere y’uko Isi irushaho kwegerana binyuze mu ikoranabuhanga n’umuco wo gusabana, buri gihugu cyari gifite uburyo bwihariye bwo kugaragaza amarangamutima. Mu Rwanda, umuntu wishimye arabigaragaza aseka, akabyina, agakoma amashyi cyangwa akaririmba. Ariko se wakumva ute ugiye mu birori ugasanga abantu batangiye kumenagura amasahani hasi, nta makimbirane cyangwa uburakari burimo? Kuri benshi byaba bitangaje, nyamara mu Bugiriki byigeze kuba umwe mu mico yubahwaga cyane.
Mu muco gakondo w’Abagereki, kumena amasahani byafatwaga nk’ikimenyetso cy’umunezero ukomeye n’ibyishimo bisendereye. Byakorwaga cyane mu bukwe, mu birori by’imiryango, no mu bitaramo byaririmbwagamo indirimbo gakondo. Iyo umuziki warushagaho gushyuha, abari mu birori bashoboraga gufata amasahani bakayamenagura hasi mu rwego rwo gushyigikira abaririmbyi no kwerekana ko bishimiye ibirori.
Uyu muco wanajyanaga n’urusaku rwinshi, imbyino n’ubusabane bwihariye, ku buryo kumena amasahani bitafatwaga nk’isesagura ahubwo byabaga uburyo bwo kwizihiza ibihe byiza no kwifurizanya amahirwe. Nubwo muri iki gihe uyu muco utagikorwa cyane nk’uko byahoze kubera impungenge z’umutekano n’igihombo cy’ibikoresho, hari aho usigaye ukorwa hakoreshejwe amasahani yabugenewe cyangwa ibindi bikoresho bitagira uwo bikomeretsa.
Ibi bigaragaza ko koko “agahugu umuco, akandi uwako.” Icyo bamwe babona nk’igikorwa kidasanzwe cyangwa cyangiza ibintu, ahandi kiba ari ikimenyetso cy’ibyishimo, urukundo n’ubusabane. Kumenya no kubaha imico y’ibihugu bitandukanye bidufasha gusobanukirwa neza uko isi iteye n’uburyo abantu batandukaniye mu kugaragaza amarangamutima yabo.
















