
Nibura abantu 98 barapfuye naho abandi barenga 150 barakomereka nyuma yβuko igisenge cyβurusengero (nightclub) cyagwiriye abantu mu murwa mukuru wa Dominican Republic, Santo Domingo, nkβuko byatangajwe nβinzego zibishinzwe.
Muri abo bapfuye harimo Guverineri wβintara nβuwahoze ari umukinnyi wa Major League Baseball, Octavio Dotel, wari ufite imyaka 51. Yitabye Imana ari mu nzira ajyanwa kwa muganga nyuma yo gukurwamo mu bisigazwa byβinzu.
Iyo mpanuka yabaye mu masaha yβigitondo cyo ku wa Kabiri, ubwo habaga igitaramo cyβumuhanzi wβicyamamare mu njyana ya merengue, Rubby PΓ©rez, cyaberaga muri Jet Set nightclub. Umujyanama we yatangaje ko Rubby PΓ©rez nawe ari mu bapfiriye muri iyo mpanuka.
Icyo gihe, abantu amagana bari muri icyo kigo, naho abashakisha abarokotse bageze ku 400. Haracyari ubwoba ko umubare wβabapfuye ushobora kwiyongera.
Umuyobozi wβIkigo gishinzwe ibikorwa byβubutabazi byihuse (COE), Juan Manuel MΓ©ndez, yavuze ko afite icyizere ko hari benshi bagihumeka mu bagwiriwe nβigisenge.
Jet Set ni ahantu hazwi cyane muri Santo Domingo, hakunda kubera ibitaramo byβumuziki wβimbyino ku mugoroba wo ku wa Mbere. Icyo gitaramo cyari cyitabiriwe nβabanyapolitiki, abakinnyi bβimikino itandukanye nβabandi bantu bazwi cyane.
Muri abo bapfuye harimo na Nelsy Cruz, guverineri wβintara ya Monte Cristi, nkβuko byemejwe na Perezida Luis Abinader. Nelsy Cruz yari mushiki wa Nelson Cruz, wahoze akinira Major League Baseball incuro zirindwi mu ikipe yβabakinnyi bahize abandi.
Octavio Dotel, umwe mu bapfuye, yatangiye gukinira ikipe ya New York Mets mu 1999, ndetse yanakiniye izindi nka Houston Astros, Oakland A’s, New York Yankees, Chicago White Sox, na Detroit Tigers kugeza mu 2013.
Amashusho yafashwe imbere muri urwo rusengero agaragaza abantu bicaye ku meza imbere yβicyo stage, abandi babyina mu gice cyβinyuma ubwo Rubby PΓ©rez yaririmbaga.
Hari kandi nβirindi shusho ryo kuri telefone rigaragaza umugabo wari hafi yβicyo stage uvuga ati: “Hari ikintu cyaguye hejuru”, anerekana nβurutoki hejuru aho cyagwiriye.
Muri ayo mashusho, Rubby PΓ©rez nawe agaragara areba aho uwo mugabo yerekanaga.
Hashize amasegonda atarenga 30, humvikana urusaku rukomeye maze amashusho arahagarara, hagakurikira ijwi ryβumugore urira ati: βDawe, byakugendekeye bite?β

Umwe mu baririmbyi baririmbana na Rubby PΓ©rez yabwiye itangazamakuru ryo muri ako gace ko urwo rusengero rwari rwuzuyemo abantu igihe cyβiyo mpanuka, “mu masaha ya saa saba zβijoro”.
Yagize ati: “Natekereje ko ari umutingito”
Umukobwa wa Rubby PΓ©rez nawe yatangaje ko se ari mu bantu bagwiriwe nβinzu.
Perezida Luis Abinader yihanganishije imiryango yβababuze ababo.

















