Ubutegetsi bwa Perezida FΓ©lix Tshisekedi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwafashe icyemezo kidasanzwe cyo kwemerera abanyeshuri batwite gukomeza amashuri yabo, nubwo hari itegeko rimaze igihe ribuza abatwite kwiga.
Minisiteri yβUburezi yβiki gihugu ni yo yatangaje iri tegeko rishya, ivuga ko rifashwe mu rwego rwo kwimakaza ihame ryβuburezi budaheza no guha amahirwe angana abana bose, nβubwo baba bahuye nβinzitizi zirimo no gutwita bakiri bato.
Ibiro byβUmunyamabanga Mukuru muri Minisiteri yβUburezi byasobanuye ko ku wa 14 Nyakanga 2025, abashinzwe uburezi ku rwego rwβintara bahawe amabwiriza yo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryβiri tegeko, ndetse banagenzura niba koko abakobwa batwite bemererwa kwiga nta nkomyi.
Ibi byatewe nβuko ubushakashatsi bwagaragaje ko hari abana benshi bβabakobwa bari baravuye mu mashuri kubera gutwita, bikabagiraho ingaruka mbi zirimo gutakaza amahirwe yo kuzubaka ejo hazaza heza no gukomeza gushyigikira ubusumbane mu burezi.
Uyu mwanzuro mushya washyizwe mu bikorwa mu rwego rwo gusana icyuho mu burezi no kurengera uburenganzira bwa muntu, cyane cyane ubwa banyeshuri bβabakobwa bahura nβingaruka zishingiye ku mibereho yabo bwite.
















