Nyuma y’amagambo yuje ikuzo Cristiano Ronaldo aherutse kuvuga kuri Lionel Messi, kuri ubu na Messi yohereje ubutumwa bukomeye bwuzuyemo icyubahiro ku mukinnyi bahatanaga igihe kirekire.
Mu kiganiro yagiranye na DSports, Messi yagize ati: “Mfite ibyubahiro, mfite ibyuzuzanye kuri Cristiano Ronaldo no ku rugendo rwe nk’umukinnyi yaranzwe narwo kandi akirimo kurugaragarizamo. Cristiano aracyari mu marushanwa akomeye ku rwego rwo hejuru.”
Yongeraho ati “Guhatana kwe natwe byabaga mu kibuga, ariko buri umwe muri twe yashakaga gukora ibyiza ku ikipe ye. Byari bigaragara ko byose byagumaga mu kibuga.”
Messi kandi yagarutse ku mubano wabo hanze y’ikibuga: “Hanze y’ikibuga, turi abantu basanzwe. Ntidukundana nk’inshuti kuko ntitujya tumarana igihe, ariko twagiye twubahana cyane igihe cyose.”
Ibi bivuze byinshi ku mibanire hagati y’aba bakinnyi babiri b’ibihe byose, bamwe bafata nk’intwari z’amateka ya ruhago.

