Ku wa 22 Gashyantare 2025, Vatican yatangaje ko Papa Francis, umaze icyumweru arwariye mu bitaro bya Gemelli i Roma, ari mu bihe bikomeye kubera uburwayi bwβubuhumekero bwamusabye kongererwa umwuka wβinyongera ku gipimo cyo hejuru.
Papa Francis, wβimyaka 88, yibasiwe nβumusonga wafashe ibihaha byombi, aho abaganga bamwitaho batangaje ko ubu yanasabye kongererwa amaraso. Nubwo akiri maso kandi afite ubushake bwo gukomeza imirimo ye, uburibwe afite bukomeje kwiyongera, ndetse abaganga bagaragaza impungenge ko uburwayi bwe bushobora gukomera kurushaho.
Vatican yatangaje ko ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, Papa Francis atazayobora isengesho rya Angelus kubera ubuzima bwe butifashe neza.
Ibibazo byβubuzima kwa Papa Francis byakomeje kwiyongera mu myaka ishize, aho yagize ibibazo byβamatwi, uruti rwβumugongo, ndetse akaza no kubagwa urura runini.
Nβubwo atigeze agaragaza ubushake bwo kwegura ku buyobozi bwa Kiliziya Gatolika, inkubiri yβibibazo byβubuzima byamugarije isize icyuho gikomeye mu miyoborere ye.
Mu minsi ishize, Vatican yashyizeho uburyo bwihariye bwo gukomeza ibikorwa byβUbupapa mu gihe ubuzima bwa Nyirubutungane butifashe neza.
Ibi byatumye abasesenguzi batangira kwibaza niba Kiliziya itagomba gutangira gutekereza ku hazaza hβubuyobozi bwayo.
Ku rundi ruhande, abakirisitu Gatolika hirya no hino ku Isi bakomeje gusengera Papa Francis, bamusabira gukira vuba no gukomeza umurimo we wo kuyobora Kiliziya Gatolika nβIsi yose muri rusange.
















