• Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us
Kasuku Media
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection
No Result
View All Result
Kasuku Media
No Result
View All Result
Home Imyidagaduro

Uko byari byifashe muri BK Arena mu gitaramo cya The Ben “The New Year Groove”

Umwaka mushya wa 2025 watangijwe neza nโ€™igitaramo cyโ€™ubuhanga, "The New Year Groove & Launch Album," cyabaye ku wa 1 Mutarama muri BK Arena, cyitabiriwe nโ€™abantu benshi baturutse imbere no hanze yโ€™u Rwanda.

Prince Mutabazi by Prince Mutabazi
January 2, 2025
in Imyidagaduro
0
Uko byari byifashe muri BK Arena mu gitaramo cya The Ben “The New Year Groove”
0
SHARES
19
VIEWS
WhatsAppShare on FacebookShare on Twitter
ADVERTISEMENT

Umwaka Mushya wa 2025! Mu ijoro ryashize, ku wa 1 Mutarama 2025, KASUKU MEDIA yabagereye mu gitaramo โ€œThe New Year Groove & Launch Albumโ€ cyโ€™umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka [The Ben]. Iki gitaramo cyabereye muri BK Arena cyitabiriwe nโ€™abantu benshi baturutse mu bice bitandukanye byโ€™igihugu ndetse nโ€™abandi baturutse hanze yโ€™u Rwanda.

Ushatse wavuga ko ari cyo gitaramo bwite cya mbere The Ben akoze mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2009. Ubusanzwe, uyu muhanzi yajyaga agaragara mu bitaramo bitandukanye nkโ€™umushyitsi aho yahuriraga nโ€™abandi bahanzi. Nyamara kuri iyi nshuro, yahisemo guhimbaza umwaka mushya yifatanije nโ€™abakunzi bโ€™umuziki we kandi anamurikira Album ye nshya ya gatatu yise โ€˜Plenty Loveโ€™. Iyi Album iriho indirimbo 12 zirimo izifite umwimerere nโ€™ubutumwa bwโ€™urukundo bujyanye nโ€™insanganyamatsiko yโ€™igitaramo.

Mu mwanya utari muto, abakunzi ba The Ben bari bamaze igihe kinini bamutegereje ku rubyiniro rwโ€™imbere mu gihugu bagaragaje ibyishimo byinshi. Muri iki gitaramo, The Ben yerekanye umwihariko mu buryo yateguye imyidagaduro nโ€™uburyo yaganiraga nโ€™abakunzi be, bikagaragaza isano ikomeye afitanye nโ€™abamukunda. Hari umwihariko mu mashusho yโ€™urubyiniro, uburyo butatse neza bugaragaza urwego rwo hejuru rwo gutegura igitaramo.

Igitaramo cyatangijwe nโ€™abandi bahanzi bโ€™ibyamamare barimo Yampano, Shemi, Kevin Kade nabandi batandukanye, nabo bagize uruhare rukomeye mu gushyushya urubyiniro. Uko iminota yโ€™igitaramo yagendaga yicuma, abakunzi ba muzika basusurukijwe nโ€™indirimbo za The Ben zakanyujijeho ndetse nโ€™izo muri Album nshya zirimo โ€˜Plenty Loveโ€™, โ€˜Whyโ€™, na โ€˜Ndajeโ€™.

The Ben yashimye abafana be mu gitaramo cyar’inzozi muri BK Arena

Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye igitaramo, The Ben yashimye byimazeyo abafana be, avuga ko kuba ari kumwe nabo muri BK Arena mu gitaramo nkโ€™iki ari inzozi zibaye impamo. Yagize ati: โ€œMufite uruhare rukomeye mu rugendo rwanjye rwโ€™umuziki. Iyi Album nโ€™impano yanjye ku bakunzi banjye, kandi mbijeje ko uyu mwaka wa 2025 uzaba uwo gukomeza kubaha ibihangano byiza.โ€

Iki gitaramo cya The Ben cyabereye muri BK Arena cyari kimwe mu bitaramo byahuruje imbaga nyamwinshi, aho abafana bari buzuye urukumbuzi rwo kongera kumva ijwi rye rikurura, ndetse no kureba abahanzi bโ€™abahanga bagombaga kumufasha ku munsi wejo.

Ubwo amasaha yari ageze ku isaha ya 22:15, ibyishimo byari byarenze urugero mu bari bateraniye muri BK Arena. Kuri icyo gihe, The Ben yari amaze kuririmba zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe, ariko yifashishije iturufu yo guhamagara abahanzi bagenzi be ku rubyiniro. Ni bwo Kivumbi King yabanje kuza kumufasha kuririmba indirimbo yabo nshya “My Name.” The Ben yasabye abafana gutera Kivumbi amashyi ‘adasanzwe,’ nkโ€™ikimenyetso cy’ishimwe ku buhanga bwe mu guhimba no kuririmba. Kivumbi na The Ben bafatanyije kuri iyi ndirimbo mu buryo bwโ€™icyizere gikomeye, bishimangira ko ubushuti bwabo no gukorana bitanga umusaruro wihariye.

Igitaramo cya The Ben cyar kirangajwe imbere na Abahanzi Bakomeye mu Muziki Nyarwanda

Kivumbi King akimara gusohoka ku rubyiniro, hahise hagera undi muhanzi ukomeye, Kevin Kade. Uyu nawe yatunguye benshi ubwo yafatanyaga na The Ben kuririmba indirimbo yabo “Sikosa.” Iyi ndirimbo yari yitezwe na benshi kubera uburyo ikozwe mu njyana y’umwimerere, kandi ikoranye ubuhanga mu ntonde n’amajwi. Kevin Kade, wagaragaye afite imbaraga nโ€™ibyishimo, yinjije abafana mu munezero udasanzwe, abafasha kuririmba buri jambo ryโ€™iyo ndirimbo, cyane ko yari iri mu zakunzwe cyane mu mwaka ushize wa 2024.

Icyatunguranye kurushaho ni uko ku rubyiniro hiyongereye Element Eleeeh, waje yambaye isengeri, ibintu byagaragaje umwihariko wo gukomeza kwerekana agaciro kโ€™umuco mu muziki nyarwanda. Element Eleeeh yafatanyije na The Ben na Kevin Kade, bakora umwanya udasanzwe wuzuyemo kuririmba mu buryo bwa live, byajyanye no gususurutsa abakunzi bโ€™umuziki bari buzuye urukundo rwabo ku ndirimbo โ€œSikosa.โ€

Iminota yari igenda isimburana, ariko ubushyuhe muri BK Arena bwakomezaga kwiyongera. Uko aba bahanzi bakoraga ku rubyiniro, abafana bari mu byishimo, baririmba, bacinya akadiho ndetse basangiza abandi amashusho ku mbuga nkoranyambaga, bigaragaza uburyo iki gitaramo cyari ikimenyetso cyโ€™ubudasa mu myidagaduro yโ€™u Rwanda.

Mu ndirimbo ye ya gatandatu,ย  ubwo ku isaha ya saa 21:39: Yageze aho aricara “True Love”, The Ben yatuje cyane. Yatangiriye ku ntebe, aririmba mu bwitonzi, nyuma agenda ahaguruka buhoro buhoro. Abitabiriye igitaramo bishimiye uburyo yitwaye mu ndirimbo ifite umudiho ugaragaza urukundo.

Naho Bushali yageze ku rubyiniro, mu gutungurana n’ibyishimo byinshi, The Ben yatangiye kuririmba “Nkufite ku mutima” yakoranye na Zizou Al Pacino. Nyuma yโ€™akanya gato, Bushali nawe yahise aza ku rubyiniro bafatanya kuyiririmba. Uko Bushali yitwaye, byashimishije abafana cyane.

Ubwo ku isaha ya 21:53: Tuff Gang yahawe umwanya Ku rubyiniro haje abahanzi ba Tuff Gang barimo P-Fla, Green P, na Fireman. Baririmbanye na The Ben indirimbo “Kwicuma”. Mu rwego rwo guha icyubahiro Jay Polly witabye Imana mu 2021, ifoto ye yerekanywe kuri screen. Iki gikorwa cyagaragaje urukundo nโ€™ubusabane hagati yโ€™abahanzi nโ€™abakunzi babo.

Ku isaha ya 21:59: Inkuba yazamuye K8 Kavuyo, The Ben yaririmbye indirimbo “Inkuba” ya Riderman, asubiranyemo na K8 Kavuyo na NPC. Mu gihe abafana bari mu byishimo, K8 yahise azamuka ku rubyiniro, afasha abafana kujyana nโ€™umudiho. Yasoje baririmbana “Ndi Uwโ€™i Kigali” yakoranye na Meddy.

Saa 22:04: The Ben na Otile Brown ku rubyiniro, Igitaramo cyakomeje gushyushya imitima yโ€™abafana ubwo Otile Brown yazaga ku rubyiniro. Yambaye umutuku, Otile yikuye ikote rirerire yari yambaye maze atangira kuririmba “Dusuma” yakoranye na Meddy. Nyuma, The Ben na Otile baririmbye indirimbo “Canโ€™t Get Enough”, bishimwa cyane nโ€™abari aho.

Mugisha Benjamin (The Ben cyangwa Tiger B nkโ€™uko abakunzi be bamwita) yageze ku rubyiniro nyuma yโ€™iminota itandatu hazimijwe amatara

Ubwo yari agiye kurubyiniraho, haje ababyinnyi benshi barushaho gushyushya ikirere, haboneka nโ€™amashusho yโ€™amatara yihariye avangavangwa mu buryo butamenyerewe. Mugisha yazamutse yambaye imyenda yโ€™umweru nkโ€™umupadiri, ababyinnyi bapfukama nkโ€™abamuramya. Yatangiye aririmba ati: “Iyaba mfite amababa…”

BK Arena, yari yuzuye abafana, bari bacanye amatoroshi ya telefoni zabo mu mwijima wโ€™amatara yazimijwe, bituma haba umucyo wihariye. Ibyo byose byajyanaga nโ€™ibivugwa na ba MCs, abafana nabo barimo basubiramo amagambo agira ati: “Tiger, we wanna party.”

DJ Brianne yahawe iminota itanu yo gushyushya abantu akoresheje umuziki

Yakoresheje indirimbo enye, zirimo iya mbere yโ€™icyo gihe cyitwa โ€œBella Ciaoโ€ yakiranywe ibyishimo bidasanzwe nโ€™ibihumbi byโ€™abari muri BK Arena. Uyu mwanya wagenewe DJ Brianne wari urimo gususurutsa abitabiriye igitaramo cya The Ben, mbere yโ€™uko uyu muhanzi ukumbuwe cyane agera ku rubyiniro.

Mu masaha atatu yari ashize kuva saa kumi nโ€™ebyiri, ibikorwa byโ€™abahanzi nka Yampano na Sherrie Silver Foundation ni byo byagarutsweho cyane. DJ Brianne nawe yahereyeho aririmba, anabyina, ndetse akora ikimenyetso cyโ€™ikirangirire cya Balthazar wo muri Afurika yโ€™Iburengerazuba.

Ku isaha ya saa 20:11, Anita Pendo, umunyamakuru wa Kiss FM akaba nโ€™umushyushyarugamba wโ€™imena ndetse na Dj, yagaragaye ku rubyiniro yambaye imyambaro idasanzwe. Yakiriwe nkโ€™umwe mu ba MC bafatanya na Lucky Nzeyimana muri uyu muhango.

Ku isaha ya saa 19:23: Hari abandi bahanzi bahabwa umwanya muri iki gitaramo

Luckman Nzeyimana, umwe mu bagize uruhare mu gutegura igitaramo cya The Ben muri BK Arena, yatangaje ko mbere yโ€™uko uyu muhanzi aririmba, hafashwe icyemezo cyo guha umwanya ku rubyiniro abandi bahanzi barimo abakizamuka.

Mu bahanzi bageze ku rubyiniro harimo Yampano, Kevin Kade, na Kivumbi. Uyu mwanzuro wagaragaje uburyo igitaramo cyateguwe kigamije no guteza imbere impano nshya ziri kwigaragaza mu ruhando rwโ€™umuziki.

Mu gihe abari muri BK Arena bari bategereje gutaramirwa na The Ben, DJ Flixx na DJ Wayz bakomeje kuvanga imiziki. Mu buryo bwihariye, banavanga indirimbo zโ€™abahanzi bitabye Imana barimo Yvan Buravan na Jay Polly. Indirimbo nka “VIP” ya Buravan afatanyije na Ish-Kevin ndetse na “Kumusenyi” ya Jay Polly, zashimishije benshi mu bari aho, ndetse bamwe bahaguruka bayibyina bishimye.

Iki gitaramo cyongeye kugaragaza akamaro ko guhuriza hamwe ibihangano bimaze igihe ndetse n’ibishya mu rwego rwo guha agaciro umuco wo kwibuka no guteza imbere umuziki nyarwanda.

 

 

 

ADVERTISEMENT
Previous Post

Urukiko rwa Gisirikare rwa RDC rwakatiye igihano cyโ€™urupfu abasirikare 13 bahamwe nโ€™ibyaha byo kwica, kwiba no guhunga urugamba.

Next Post

Rodri yasubije Cristiano Ronaldo wavuze ko yatwaye Ballon d’Or yari ikwiye Vinicius

Prince Mutabazi

Prince Mutabazi

Next Post
Rodri yasubije Cristiano Ronaldo wavuze ko yatwaye Ballon d’Or yari ikwiye Vinicius

Rodri yasubije Cristiano Ronaldo wavuze ko yatwaye Ballon d'Or yari ikwiye Vinicius

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IFOTO Y’UMUNSI



  • Trending
  • Comments
  • Latest
โ€œUzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumvaโ€

โ€œUzacyena iteka nuramuka ukomereje aha: Ukuri guteye ubwoba abagabo benshi banga kwumvaโ€

April 17, 2025
Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ikuyeho Uburenganzira bw’Agateganyo ku Bimukira barenga 530,000

March 22, 2025
Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

Arsenal yatangiye ibiganiro byo gushaka Eberechi Eze

June 30, 2025
Joลกko Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

Joลกko Gvardiol wa Manchester City yasubije Jurgen Klopp watutse irushanwa rya FIFA Club World Cup

July 1, 2025
Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

Atletico Mineiro na Botafogo,ni nde uhesha ishema Brezil?

9
Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

Urugendo rwa Perezida Joe Biden muri Angola rwibanze ku ngingo eshatu z’ingenzi

4
Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

Uyu munsi haraca uwambaye hagati y’ikipe ya Arsenal Fc na Manchester United

3
Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

Ishyamba si ryeru kwa Kanye West na Bianca Censori

2
Impano ikiri nto ishobora kuva muri FC Barcelona yerekeza i Paris

Impano ikiri nto ishobora kuva muri FC Barcelona yerekeza i Paris

January 17, 2026
Nduhungirehe yihanije RDC ku birego byโ€™ubujura ishinja u Rwanda na AFC/M23

Nduhungirehe yihanije RDC ku birego byโ€™ubujura ishinja u Rwanda na AFC/M23

January 17, 2026
Urukiko rwโ€™Ikirenga rwemeye kwakira ikirego cya Ingabire ku ngingo ya 106

Urukiko rwโ€™Ikirenga rwemeye kwakira ikirego cya Ingabire ku ngingo ya 106

January 16, 2026
Menya byinshi ku gitaramo ‘UNTAMED SATURDAY’ kitezwemo umunezero udasanzwe

Menya byinshi ku gitaramo ‘UNTAMED SATURDAY’ kitezwemo umunezero udasanzwe

January 16, 2026

Recent News

Impano ikiri nto ishobora kuva muri FC Barcelona yerekeza i Paris

Impano ikiri nto ishobora kuva muri FC Barcelona yerekeza i Paris

January 17, 2026
Nduhungirehe yihanije RDC ku birego byโ€™ubujura ishinja u Rwanda na AFC/M23

Nduhungirehe yihanije RDC ku birego byโ€™ubujura ishinja u Rwanda na AFC/M23

January 17, 2026
Urukiko rwโ€™Ikirenga rwemeye kwakira ikirego cya Ingabire ku ngingo ya 106

Urukiko rwโ€™Ikirenga rwemeye kwakira ikirego cya Ingabire ku ngingo ya 106

January 16, 2026
Menya byinshi ku gitaramo ‘UNTAMED SATURDAY’ kitezwemo umunezero udasanzwe

Menya byinshi ku gitaramo ‘UNTAMED SATURDAY’ kitezwemo umunezero udasanzwe

January 16, 2026
ADVERTISEMENT
Kasuku Media

Tubagezaho amakuru acukumbuye avugwa mu Rwanda, mu karere no mu mahanga mbere y'abandi!

Ibirimo

  • Amakuru
  • Ibindi
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Iyobokamana
  • Karabaye
  • Kasuku Breakfast
  • Politike
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Uncategorized
  • Urukundo
  • World

Amakuru Mashya

Impano ikiri nto ishobora kuva muri FC Barcelona yerekeza i Paris

Impano ikiri nto ishobora kuva muri FC Barcelona yerekeza i Paris

January 17, 2026
Nduhungirehe yihanije RDC ku birego byโ€™ubujura ishinja u Rwanda na AFC/M23

Nduhungirehe yihanije RDC ku birego byโ€™ubujura ishinja u Rwanda na AFC/M23

January 17, 2026
  • Love Connection
  • About Us
  • Services
  • Privacy Policy
  • Terms and Conditions
  • Team Members
  • TV
  • Advertise With Us
  • Contact Us

ยฉ 2024 KasukuMedia.com

No Result
View All Result
  • Home
  • Amakuru
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Politike
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • KASUKU MEDIA TV
  • AGASOBANUYE
  • Love Connection

ยฉ 2024 KasukuMedia.com