Umwaka Mushya wa 2025! Mu ijoro ryashize, ku wa 1 Mutarama 2025, KASUKU MEDIA yabagereye mu gitaramo βThe New Year Groove & Launch Albumβ cyβumuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka [The Ben]. Iki gitaramo cyabereye muri BK Arena cyitabiriwe nβabantu benshi baturutse mu bice bitandukanye byβigihugu ndetse nβabandi baturutse hanze yβu Rwanda.
Ushatse wavuga ko ari cyo gitaramo bwite cya mbere The Ben akoze mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2009. Ubusanzwe, uyu muhanzi yajyaga agaragara mu bitaramo bitandukanye nkβumushyitsi aho yahuriraga nβabandi bahanzi. Nyamara kuri iyi nshuro, yahisemo guhimbaza umwaka mushya yifatanije nβabakunzi bβumuziki we kandi anamurikira Album ye nshya ya gatatu yise βPlenty Loveβ. Iyi Album iriho indirimbo 12 zirimo izifite umwimerere nβubutumwa bwβurukundo bujyanye nβinsanganyamatsiko yβigitaramo.
Mu mwanya utari muto, abakunzi ba The Ben bari bamaze igihe kinini bamutegereje ku rubyiniro rwβimbere mu gihugu bagaragaje ibyishimo byinshi. Muri iki gitaramo, The Ben yerekanye umwihariko mu buryo yateguye imyidagaduro nβuburyo yaganiraga nβabakunzi be, bikagaragaza isano ikomeye afitanye nβabamukunda. Hari umwihariko mu mashusho yβurubyiniro, uburyo butatse neza bugaragaza urwego rwo hejuru rwo gutegura igitaramo.
Igitaramo cyatangijwe nβabandi bahanzi bβibyamamare barimo Yampano, Shemi, Kevin Kade nabandi batandukanye, nabo bagize uruhare rukomeye mu gushyushya urubyiniro. Uko iminota yβigitaramo yagendaga yicuma, abakunzi ba muzika basusurukijwe nβindirimbo za The Ben zakanyujijeho ndetse nβizo muri Album nshya zirimo βPlenty Loveβ, βWhyβ, na βNdajeβ.
The Ben yashimye abafana be mu gitaramo cyar’inzozi muri BK Arena
Mu butumwa yagejeje ku bitabiriye igitaramo, The Ben yashimye byimazeyo abafana be, avuga ko kuba ari kumwe nabo muri BK Arena mu gitaramo nkβiki ari inzozi zibaye impamo. Yagize ati: βMufite uruhare rukomeye mu rugendo rwanjye rwβumuziki. Iyi Album nβimpano yanjye ku bakunzi banjye, kandi mbijeje ko uyu mwaka wa 2025 uzaba uwo gukomeza kubaha ibihangano byiza.β
Iki gitaramo cya The Ben cyabereye muri BK Arena cyari kimwe mu bitaramo byahuruje imbaga nyamwinshi, aho abafana bari buzuye urukumbuzi rwo kongera kumva ijwi rye rikurura, ndetse no kureba abahanzi bβabahanga bagombaga kumufasha ku munsi wejo.
Ubwo amasaha yari ageze ku isaha ya 22:15, ibyishimo byari byarenze urugero mu bari bateraniye muri BK Arena. Kuri icyo gihe, The Ben yari amaze kuririmba zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe, ariko yifashishije iturufu yo guhamagara abahanzi bagenzi be ku rubyiniro. Ni bwo Kivumbi King yabanje kuza kumufasha kuririmba indirimbo yabo nshya “My Name.” The Ben yasabye abafana gutera Kivumbi amashyi ‘adasanzwe,’ nkβikimenyetso cy’ishimwe ku buhanga bwe mu guhimba no kuririmba. Kivumbi na The Ben bafatanyije kuri iyi ndirimbo mu buryo bwβicyizere gikomeye, bishimangira ko ubushuti bwabo no gukorana bitanga umusaruro wihariye.
Kivumbi King akimara gusohoka ku rubyiniro, hahise hagera undi muhanzi ukomeye, Kevin Kade. Uyu nawe yatunguye benshi ubwo yafatanyaga na The Ben kuririmba indirimbo yabo “Sikosa.” Iyi ndirimbo yari yitezwe na benshi kubera uburyo ikozwe mu njyana y’umwimerere, kandi ikoranye ubuhanga mu ntonde n’amajwi. Kevin Kade, wagaragaye afite imbaraga nβibyishimo, yinjije abafana mu munezero udasanzwe, abafasha kuririmba buri jambo ryβiyo ndirimbo, cyane ko yari iri mu zakunzwe cyane mu mwaka ushize wa 2024.
Icyatunguranye kurushaho ni uko ku rubyiniro hiyongereye Element Eleeeh, waje yambaye isengeri, ibintu byagaragaje umwihariko wo gukomeza kwerekana agaciro kβumuco mu muziki nyarwanda. Element Eleeeh yafatanyije na The Ben na Kevin Kade, bakora umwanya udasanzwe wuzuyemo kuririmba mu buryo bwa live, byajyanye no gususurutsa abakunzi bβumuziki bari buzuye urukundo rwabo ku ndirimbo βSikosa.β
Iminota yari igenda isimburana, ariko ubushyuhe muri BK Arena bwakomezaga kwiyongera. Uko aba bahanzi bakoraga ku rubyiniro, abafana bari mu byishimo, baririmba, bacinya akadiho ndetse basangiza abandi amashusho ku mbuga nkoranyambaga, bigaragaza uburyo iki gitaramo cyari ikimenyetso cyβubudasa mu myidagaduro yβu Rwanda.
Mu ndirimbo ye ya gatandatu,Β ubwo ku isaha ya saa 21:39: Yageze aho aricara “True Love”, The Ben yatuje cyane. Yatangiriye ku ntebe, aririmba mu bwitonzi, nyuma agenda ahaguruka buhoro buhoro. Abitabiriye igitaramo bishimiye uburyo yitwaye mu ndirimbo ifite umudiho ugaragaza urukundo.
Naho Bushali yageze ku rubyiniro, mu gutungurana n’ibyishimo byinshi, The Ben yatangiye kuririmba “Nkufite ku mutima” yakoranye na Zizou Al Pacino. Nyuma yβakanya gato, Bushali nawe yahise aza ku rubyiniro bafatanya kuyiririmba. Uko Bushali yitwaye, byashimishije abafana cyane.
Ubwo ku isaha ya 21:53: Tuff Gang yahawe umwanya Ku rubyiniro haje abahanzi ba Tuff Gang barimo P-Fla, Green P, na Fireman. Baririmbanye na The Ben indirimbo “Kwicuma”. Mu rwego rwo guha icyubahiro Jay Polly witabye Imana mu 2021, ifoto ye yerekanywe kuri screen. Iki gikorwa cyagaragaje urukundo nβubusabane hagati yβabahanzi nβabakunzi babo.
Ku isaha ya 21:59: Inkuba yazamuye K8 Kavuyo, The Ben yaririmbye indirimbo “Inkuba” ya Riderman, asubiranyemo na K8 Kavuyo na NPC. Mu gihe abafana bari mu byishimo, K8 yahise azamuka ku rubyiniro, afasha abafana kujyana nβumudiho. Yasoje baririmbana “Ndi Uwβi Kigali” yakoranye na Meddy.
Saa 22:04: The Ben na Otile Brown ku rubyiniro, Igitaramo cyakomeje gushyushya imitima yβabafana ubwo Otile Brown yazaga ku rubyiniro. Yambaye umutuku, Otile yikuye ikote rirerire yari yambaye maze atangira kuririmba “Dusuma” yakoranye na Meddy. Nyuma, The Ben na Otile baririmbye indirimbo “Canβt Get Enough”, bishimwa cyane nβabari aho.
Mugisha Benjamin (The Ben cyangwa Tiger B nkβuko abakunzi be bamwita) yageze ku rubyiniro nyuma yβiminota itandatu hazimijwe amatara
Ubwo yari agiye kurubyiniraho, haje ababyinnyi benshi barushaho gushyushya ikirere, haboneka nβamashusho yβamatara yihariye avangavangwa mu buryo butamenyerewe. Mugisha yazamutse yambaye imyenda yβumweru nkβumupadiri, ababyinnyi bapfukama nkβabamuramya. Yatangiye aririmba ati: “Iyaba mfite amababa…”
BK Arena, yari yuzuye abafana, bari bacanye amatoroshi ya telefoni zabo mu mwijima wβamatara yazimijwe, bituma haba umucyo wihariye. Ibyo byose byajyanaga nβibivugwa na ba MCs, abafana nabo barimo basubiramo amagambo agira ati: “Tiger, we wanna party.”
DJ Brianne yahawe iminota itanu yo gushyushya abantu akoresheje umuziki
Yakoresheje indirimbo enye, zirimo iya mbere yβicyo gihe cyitwa βBella Ciaoβ yakiranywe ibyishimo bidasanzwe nβibihumbi byβabari muri BK Arena. Uyu mwanya wagenewe DJ Brianne wari urimo gususurutsa abitabiriye igitaramo cya The Ben, mbere yβuko uyu muhanzi ukumbuwe cyane agera ku rubyiniro.
Mu masaha atatu yari ashize kuva saa kumi nβebyiri, ibikorwa byβabahanzi nka Yampano na Sherrie Silver Foundation ni byo byagarutsweho cyane. DJ Brianne nawe yahereyeho aririmba, anabyina, ndetse akora ikimenyetso cyβikirangirire cya Balthazar wo muri Afurika yβIburengerazuba.
Ku isaha ya saa 20:11, Anita Pendo, umunyamakuru wa Kiss FM akaba nβumushyushyarugamba wβimena ndetse na Dj, yagaragaye ku rubyiniro yambaye imyambaro idasanzwe. Yakiriwe nkβumwe mu ba MC bafatanya na Lucky Nzeyimana muri uyu muhango.
Ku isaha ya saa 19:23: Hari abandi bahanzi bahabwa umwanya muri iki gitaramo
Luckman Nzeyimana, umwe mu bagize uruhare mu gutegura igitaramo cya The Ben muri BK Arena, yatangaje ko mbere yβuko uyu muhanzi aririmba, hafashwe icyemezo cyo guha umwanya ku rubyiniro abandi bahanzi barimo abakizamuka.
Mu bahanzi bageze ku rubyiniro harimo Yampano, Kevin Kade, na Kivumbi. Uyu mwanzuro wagaragaje uburyo igitaramo cyateguwe kigamije no guteza imbere impano nshya ziri kwigaragaza mu ruhando rwβumuziki.
Mu gihe abari muri BK Arena bari bategereje gutaramirwa na The Ben, DJ Flixx na DJ Wayz bakomeje kuvanga imiziki. Mu buryo bwihariye, banavanga indirimbo zβabahanzi bitabye Imana barimo Yvan Buravan na Jay Polly. Indirimbo nka “VIP” ya Buravan afatanyije na Ish-Kevin ndetse na “Kumusenyi” ya Jay Polly, zashimishije benshi mu bari aho, ndetse bamwe bahaguruka bayibyina bishimye.
Iki gitaramo cyongeye kugaragaza akamaro ko guhuriza hamwe ibihangano bimaze igihe ndetse n’ibishya mu rwego rwo guha agaciro umuco wo kwibuka no guteza imbere umuziki nyarwanda.







































